Ahagana saa munani z’umugoroba wo kuwa 03/11/2014, mu mudugudu wa Mpogora, mu kagari ka Gatsiro, mu murenge wa Gihundwe ho mu karere ka Rusizi, umukobwa witwa Nyirabahinzi Beatha w’imyaka 28 yiyahuye akoresheje umugozi ahita yitaba Imana.
Bamwe mu baturage bahawe akazi n’akarere ka Rusizi ko gucunga abinjira n’abasohoka banyuze ku byambu by’ikiyaga cya Kivu n’imigezi, baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo gukora badahembwa aho ngo bamaze amazi 8 basaba guhembwa, abayobozi b’imirenge babakoresha bakababwira ko batarashyirwa mu ngengo y’imari.
Aba baturage bo ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi baravuga ko bamerewe nabi n’imvura ibanyagirira ku byambu bibahuza n’indi mirenge kuko aho biri hitaruye amazu bashobora kugamamo.
Mu gihe kitarenze amezi atanu imirimo yo kwagura uruganda rukora sima rwa CIMERWA ruri mu karere ka Rusizi mu Murenge wa Muganza iraba ishojwe. Gahunda yo kwagura uruganda rwa Cimerwa igamije kurwongerera ubushobozi ku buryo ruzajya rukora sima igera kuri toni ibihumbi 600 mu gihe rwakoraga toni ibihumbi 100 gusa mu mwaka.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 01/11/2014, abahagarariye ibihugu bitandukanye mu Rwanda barakorera uruzinduko mu karere ka Rusizi aho biteganijwe ko bazasura ibikorwa binyuranye.
Abaturage bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi bakoreshejwe na Rwiyemezamirimo witwa Evariste bakunze kwita Surambaya bubaka amazu ya Guest house yo ku Nkombo yubakishwa n’akarere ka Rusizi, bazindukiye ku biro by’akarere kuwa 28/10/2014, basaba ubuyobozi ko bwabishyuriza uwo rwiyemezamirimo amafaranga bakoreye kuko (…)
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu (BNR), John Rwangombwa aratangaza ko kugira ngo iyo banki irusheho guha serivisi nziza ibigo by’imari ikomeje gahunda yayo yo kwegereza amashami ibigo by’imari hirya no hino mu gihugu, ibi bikazafasha korohereza imirimo amabanki y’ubucuruzi no kuyashishikariza kwegera abaturage.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu, John Rwangombwa, wari uri mu karere ka Rusizi tariki 28/10/2014 yagiranye inama n’abayobozi batandukanye bacunga amafaranga ya rubanda mu turere twa Rusizi, Karongi na Nyamasheke abasaba kudakoresha amafaranga y’abaturage babitse mu nyungu zabo bwite.
Bwa mbere mu mateka y’akarere ka Rusizi, hagaragaye abana bize amashuri atatu y’incuke. Umuhango wo kubaha impamyabumenyi ibemerera ko umwaka utaha w’amashuri bagomba gutangira kwiga amashuri abanza wabaye 26/10/2014.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burasabwa gukomeza gushyira imbere umuco w’imiyoborere myiza barangwa no kumurikira abaturage ibibakorerwa kugira ngo babashe kubigiramo uruhare. Ibi akarere ka Rusizi kabisabwe mu muhango wo gusoza imurikabikorwa ry’akarere wabaye tariki ya 24/10/2014.
Umushinga REACH-T (Rwanda education alternatives for children tea growing areas) ushinzwe kurwanya imirimo ivunanye ikoreshwa abana urasaba inzego za Leta, abikorera n’abandi bose gukumira abakoresha abana imirimo y’ingufu kubwumwihariko abakoreshwa mu mirima y’ibyayi.
Abaturage bo mu karere ka Rusizi barasabwa kwigira kuri bagenzi babo bakanoza ibyo bakora kugira ngo babashe gutera imbere.
Mu murenge wa Bugarama mu kagari ka Ryankana ho mu karere ka Rusizi, umwana w’imyaka 13 y’amavuko yaraye yitabye Imana arohamye mu mugezi wa Ruhwa.
Abaturage bo mu murenge wa Bugarama mu kagari ka Ryankana ho mu karere ka Rusizi bishe imvubu yari ivuye mu mugezi wa Ruhwa bahita bayibaga barayirya.
Nyuma yo kubona ko koperative Abakundana yo mu murenge wa Kamembe ikomeje gukorera mu gihombo abayobozi bayo bafashe icyemezo cyo kuyihagarika basaba ubuyobozi bw’umurenge wa Kamembe ikoreramo kubafasha kumenya igitera icyo gihombo.
Hashize igihe kinini imodoka z’amakamyo ziparika rwagati mu mujyi w’akarere ka Rusizi. Izi modoka ahanini zabaga zizanye ibicuruzwa zibivana mu bice bitandukanye ariko nyuma yo kubipakurura zikahaguma mu gihe zitegereje ibindi.
Abaturage bo mu murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi baravuga ko bakumirwa mu kurema isoko (abacuruzi n’abaguzi) bazira ko bataratanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.
Ababyeyi batuye mu kibaya cya Bugarama baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abana b’abakobwa bagenda batwara inda zidateganyijwe kandi batarageza igihe cyo kubyara. Aba baturage bavuga ko ikibitera ari ubukene n’irari ryo gukunda amafaranga.
Ahagana mu ma saa cyenda n’igice z’umugoroba wo kuwa 09/10/2014, mu mirenge ya Nzahaha na Rwimbogo yo mu karere ka Rusizi haguye imvura nyinshi yiganjemo inkubi y’umuyaga n’urubura rwinshi maze yangiza inyubako n’imyaka by’abaturage.
Abanyamuryango b’impuzamakoperative y’abarobyi bakorera mu kiyaga cya kivu mu karere ka Rusizi bongeye gutora Ugirashebuja Remy wari usanzwe abayobora nyuma y’amezi 6 bavugwamo amakimbirane ashingiye ku kurwanira ubuyobozi.
Abahinzi bakorera mu kibaya cya Bugarama giherereye mu karere ka Rusizi by’umwihariko abo mu murenge wa Muganza, baravuga ko biteze impinduka igaragara mu musaruro wabo kuko urugomero rwa Katabuvuga rwasanwe nyuma y’imyaka ibiri rwarangiritse bikadindiza umusaruro wabo.
Umwana w’imyaka ine y’amavuko witwaga Niyivugabikaba Josué, wo mu murenge wa Bugarama, Akarere ka Rusizi yitabye Imana abandi bantu bo mu muryango we bagera kuri 7 nabo bajya mu bitaro ku kigo nderabuzima cya Islamique, intandaro y’urupfu rw’uwo mwana n’uburwayi bwabo mu muryango we bagakeka ko baba barariye ubugari (…)
Ibibazo byinshi byugarije amakoperative akorera mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi birimo gusesagura umutungo wa rubanda ibyo bibazo ahanini ngo biterwa n’ubumenyi buke bw’acunga amakoperative baba badafite bigatuma habaho ibihombo.
Minisitiri w’umutungo, Vicent Biruta, arasaba inzego z’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi gufatanya n’abaturage kuvugurura imiturire y’akajagari ikiboneka hirya no hino mu mujyi w’aka karere no munkengero zawo.
Umwe mu bagabo batatu batawe muri yombi bacyekwaho kwica umugore nyuma yo kumusambanya aremera ko bagize uruhare mu kwica uwo mugore bamunigishije igitenge n’umwenda we w’imbere bamushize mu kanywa kugirango atavuza induru.
Ikibuga cy’indege cya Kamembe kiri mu karere ka Rusizi kigiye gufungwa by’agateganyo mu gihe cy’amezi atanu kugirango gisanwe uhereye tariki yambere z’ukwezi kwa 11 uyu mwaka wa 2014.
Abakozi 40 ba company yitwa CAPUSCINE ikora isuku mu bitaro bya Gihundwe bashinja umukoresha wabo kubakata amafaranga ibihumbi bitatu bikurwa kuri buri mukozi bizezwa ko bayabashyirira mu isanduku y’ubwiteganyirize yabo nyamara bagerayo bagasanga ntayo.
Umushinga w’amazi meza witwa PEPP (Programme Eau Potable pour la Population des Grands Lacs) igihugu cy’Ubusuwisi giteramo inkunga mu turere twa Rusizi na Nyamasheke ngo waheze mu mpapuro nk’uko byagaragajwe mu nama yahuje abarebwa n’uwo mushinga kuwa 24/09/2014.
Mukandabasanze Dorothee w’imyaka 34 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Renga, akagari ka Muhehwe mu Murenge wa Rwimbogo yishwe n’abagizi ba nabi mu ijoro rishyira tariki 23/09/2014 aho bamwishe bamunigishije igitenge yari yambaye nyuma yo kumusambanya.
Imvura nyinshi ivanze n’urubura yaguye mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi yangije bikomeye imyaka mu murima, inyubako n’indi mitungo by’abatuye uwo murenge, harimo by’umwihariko urutoki rubarirwa agaciro ka miliyoni 354 z’amafaranga y’u Rwanda.