Urukiko rwa Gisirikare rwaburanishirije imbere y’abaturage bo mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza tariki 04 Werurwe 2015 abantu batandatu barimo n’abasirikare bari mu mugambi wo kwiba SACCO bakoresheje intwaro maze ubushinjacyaha bwa gisirikare bubasabira igifungo cya burundu.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza yaguye gitumo umugabo witwa Gatera Aloys atekeye ikiyobyabwenge cya Kanyanga iwe mu rugo, ahita ajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Rwotso ko mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza, Gasanganwa Félix yari yivuganye umugore we Kayitesi Solange amukubise ifuni kubera amakimbirane yo mu muryango bafitanye.
Urwego rw’abinjira n’abasohoka mu Karere ka Nyanza, ku wa 28/02/2015 rwatangaje ko hari abasore batanu n’umukobwa umwe bo muri aka karere bari bashowe mu icuruzwa ry’abantu ariko uwo mugambi ukaburizwamo utaragerwaho.
Abaturage bo mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza batumye umuyobozi wabo ngo ababwirire Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ko bamusaba kuziyamamariza manda ya gatatu mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu muri 2017.
Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite (PAC), kuri uyu wa 23 Gashyantare 2015 bashimye intambwe imaze guterwa n’Akarere ka Nyanza mu gukosora amakosa kari kanenzwe muri raporo y’umugenzuzi mukuru w’Imali ya Leta ya 2012-2013.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwakatiye Munyangabe Chrysostome na Hishamunda François imyaka itandatu y’igifungo n’ihazabu ya miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda kuri buri wese , bazira guha umupolisi ruswa y’ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda ngo abakorere ibibujijwe n’amategeko ariko we arayanga.
Umusore wamenyekanye ku izina rya Christian ariko ngo ukunze kwiyita François mu Mujyi wa Nyanza, yateshejwe na Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza ari mu biciro n’umukiriya ashaka kugurisha ishyamba rya Leta.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwaburanishije Munyangabe Chrysostome na Hishamunda François bafashwe baha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 300, kugira ngo harekurwe imodoka y’umwe muri bo yari yafashwe ipakiwemo ibiti by’imisheshe.
Kayirere Marie Claire ushinjwa n’abantu banyuranye ko yabatetseho imitwe akabacucura ibyabo yagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Busasamana tariki 19/02/2015, asubikisha urubanza nyuma yo kubura umwunganira mu mategeko kubera ikibazo cy’amikoro make.
Mukagahima Marguerite, umuturage wo mu Mudugudu wa Murambi mu Kagari ka Rwesero ho mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza arashinja ubuyobozi bw’aka karere kumwangiriza imyaka no kumunyuriza umuhanda mu murima batamuteguje.
Umugabo w’imyaka 38 utuye mu Mujyi wa Nyanza mu Karere ka Nyanza avuga ko nyuma yo gufata umugore we asambana bari bamaranye imyaka 10 banafitanye abana batatu byatumye azinukwa iby’urukundo akiyemeza kutazongera gukunda ukundi.
Mukanyarwaya Libératha umugore utuye mu gace k’icyaro cyo mu Mudugudu wa Mukindo mu Kagari ka Kibinja mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza avuga ko kuboha agaseke mu buryo bw’umwuga byatumye yurira indege akerekeza ku mugabane w’i Burayi mu gihugu cy’u Budage aho yita ko ari “ibwotamasimbi” kutumurikayo.
Niyomugabo Jean de Dieu w’imyaka 21 uvuka mu Mudugudu wa Mugonzi mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yiyahuye yishyize mu kagozi arapfa, nyuma yo kwibwa ibihumbi 80 by’amafaranga y’u Rwanda n’umuntu wamutetseho umutwe.
Umugore witwa Kayirere Marie Claire w’imyaka 35 y’amavuko wari ukunze kwiyita amazina atandukanye ndetse akanahisha aho atuye yafashwe na Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza ashinjwa kwambura abantu bo mu turere dutandukanye two mu Ntara y’Amajyepfo akabacuza ibyabo abatekeye imitwe.
Imvura idasanzwe irimo amahindu yaguye ku mugoroba wo kuwa 08/02/2015 mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yangije imyaka mu mirima y’abaturage inasenya amazu muri uyu murenge uherereyemo umujyi wa Nyanza.
Rutambika John wo mu Kagari ka Karembo, Umurenge wa Karembo mu Karere ka Ngoma, agira urubyiruko inama yo kugana amashuri y’umwuga kuko uwize umwuga yiteza imbere kandi akabona akazi byoroshye kurusha abiga ibindi.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza hacumbikiwe abagabo babiri; Munyangabe Chrysostome na Hishamunda François bafashwe kuwa 7/02/2015 baha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 300 kugira ngo arekure imodoka y’umwe muri bo yari yafashwe ipakiwemo ibiti by’imisheshe.
Abanyamuryango bahagarariye abandi mu muryango wa FPR-Inkotanyi mu turere two mu Ntara y’Amajyepfo basabwe kureba kure mu birebana n’iterambere, ariko hatirengagijwe no kubyaza umusaruro amahirwe abegereye.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri abanza yo mo turere tugize intara y’Amajyepfo turimo utwa Kamonyi, Muhanga, Ruhango na Nyanza ntibavuga rumwe na Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda ku mibare y’abana ivuga ko bataye ishuri mu mwaka ushize wa 2014.
Kamanzi Damien bahimba “Murundi” wamamaye cyane mu mujyi wa Nyanza wahoze ari inzererezi izwi ho urugomo n’ibikorwa by’ubujura, ubu aremeza ko avuye mu kigo ngororamuco giteza imbere imyuga cya Iwawa yarahindutse, ndetse atandukanye n’uwo yahoze ari we mbere.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza barasabwa kwizihiza umunsi w’intwari bagera ikirenge mu cyazo, kandi bigakorwa mu ngeri zose z’imibereho y’abantu n’iy’igihugu muri rusange.
Akarere ka Nyanza niko kaza ku isonga mu turere 8 tugize Intara y’Amajyepfo mu micungire idahwitse y’imali ya Leta, n’amakosa 89 yo mu buryo butandukanye mu ngengo y’imali ya 2012-2013.
Ishuri rikuru ryigenga ry’Abalayiki b’Abadivantiste rya Kigali (INILAK), ishami rya Nyanza ryatanze impamyabushobozi ku banyeshuri 23 barangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Master’s Degree) ku nshuro ya mbere, biyongera ku bandi 150 barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s Degree).
Nyuma y’igitaramo umuhanzi Byumvuhore yakoreye mu Rwanda aturutse i Burayi mu mpera z’umwaka wa 2014, abafana be mu Rwanda bafatanyije na Konka Group biyemeje gusura ikigo cy’abafite ubumuga cya HVP Gatagara (Home de la Vierge des Pauvres Gatagara) kiri mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza uyu muhanzi yigiyemo maze (…)
Abanyamuryango ba Koperative “ Dufatanye” ikorera mu Kagari ka Kavumu mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza irimo n’abafite ubwandu bwa Virusi itera SIDA baravuga ko isenyuka ry’icyuzi cya Nyamagana cyangije ibyuzi by’amafi n’imboga bari barahinze mu gishanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buravuga ko ibarura ry’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi riherutse gukorwa mu mirenge igize aka karere ryerekanye ko abana 224 ari bafite iki kibazo.
Abagize inteko ishingamategeko y’u Rwanda bari mu igenzura rya gahunda zigenewe abaturage zigamije kubihutisha mu iterambere no kubakura mu bukene basabye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza gukora igenzura ryimbitse ku bahabwa inkunga y’ingoboka, ngo kuko hari aho abazihabwa baba batazikwiye.
Umugore w’imyaka 20 y’amavuko wirinze gutangaza amazina ye yamburiwe mu mukino uteweme w’urusimbi anakubitwa iz’akabwana.
Mukaneza Damarce, umujyanama w’ubuzima utuye mu Kagari ka Gasoro mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza arashijwa n’umuturanyi we witwa Kabarere Safina w’imyaka 27 y’amavuko kumushishikariza gukuramo inda atwite, ndetse no kumuha imiti ivugwaho ubushobozi bwo kuyikuramo.