Umuryango mpuzamahanga uhuza imijyi ifite icyerekezo cyo kubungabunga ibidukikije (ENO Progamme) washyize umujyi wa Nyanza uherereye mu Ntara y’Amajayepfo y’u Rwanda ku rutonde rw’imijyi itoshye ku isi (Green Cities)muri uyu mwaka wa 2014.
Ubuyobozi n’abaturage b’akarere ka Nyanza bakomeje gukora ibishoboka byose ngo umujyi waho urusheho gukurura Bamukerarugendo maze bajye bakirwa n’umwuka mwiza wuzuyemo amafu n’amahumbezi aterwa n’ibiti byatewe.
Abafite ubumuga bo mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza bibumbiye mu itsinda ryiswe “Duteraninkunga” borojwe amatungo magufi n’umuryango VSO ubashimira ko bazigamira ejo hazaza habo bakirinda kurira kumara.
Abarimu n’abayobozi bo mu bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye byo mu Karere ka Nyanza baributswa ko siporo mu bana bakiri bato ifite akamaro ndetse bagasabwa kuyishyiramo ingufu kimwe n’andi masomo yose.
Abanyenyanza n’inkengero zaho babarirwa mu bihumbi n’ibihumbi babyukiye ku mihanda yo mu karere ka Nyanza bategereje kureba isiganwa ry’amagare rya « Tour du Rwanda », maze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 21/11/2014 ubwo abasiganwaga bahasesekaraga bakirwa nk’abakwe.
Bamwe mu baturage bo mu gasantere ka Katarara gaherereye mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza batewe impungenge n’umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe ugaragara ahetse umwana we kandi nta bushobozi afite bwo kumwitaho mu buryo bwa kibyeyi.
Musabyimana Jacqueline w’imyaka 20 utuye mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza arashinja umugabo we Bigirimana Phocas ko amaze amezi hafi atandatu amutaye amuziza kubyara abana b’impanga.
Itsinda ry’abacamanza bo muri Kenya bagiriye urugendo-shuli mu ishuli rikuru ryo guteza imbere amategeko (ILPD) riri mu karere ka Nyanza baje kwigira ku mikorere y’ubucamanza mu Rwanda, kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014
Nyuma y’ubwiyongere bw’indwara ya Malariya buteye inkeke mu mirenge imwe n’imwe y’akarere ka Nyanza, hashyizweho ingamba z’ubukangurambaga buhuriweho n’umuryango Imbuto Foundation buzakorerwa mu mirenge yose igize aka karere.
Ishimwe Honoré w’imyaka 19 y’amavuko ukomoka mu karere ka Nyabihu, yakinnye umukino w’urusimbi asheta telefoni ye igendanwa yo mu bwoko bwa SmartPhone barayimurya maze intambara irarota, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 12/11/2014.
Ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (Institute of Legal Practice and Development/ILPD) riherereye mu karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo ryashyiriyeho amahirwe abunganira abandi mu nkiko (Abavoka) bemererwa kujya biga mu mpera z’icyumweru amasomo arebana n’ubumenyi ngiro mu by’amategeko.
Bamwe mu bacuruzi bo mu mujyi wa Nyanza basaba ubuyobozi kubavaniraho ikimoteri kiri hagati y’inzu zabo bavuga ko umunuko igiturukamo uherekejwe n’amasazi bibangamiye n’abakiriya baza babagana.
Abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto (Abamotari) bakorera mu mujyi wa Nyanza bakomeje kutavuga rumwe n’amasosiyete atwara abagenzi mu modoka ahakorera aho bayashinja gutwara abantu ku buntu mu ngendo nto ziva cyangwa zijya muri uyu mujyi n’inkengero zawo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza buramagana igihuha kidafite ishingiro cyasakaye mu baturage mu minsi ishize kivuga ko amafaranga atangwa mu bwisungane mu kwivuza yagabanyijwe, ahubwo basaba abaturage kwitabira gutanga umusanzu wagenwe igihe kitararenga.
Abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga yo hirya no hino ku isi ikorera mu Rwanda, tariki 31/10/2014 basuye ingoro ndangamateka ziherereye mu Rukali ahubatswe ingoro y’umwami Mutara wa III Rudahigwa, n’ingoro y’ubugeni n’ubuhanzi iri ku Rwesero mu karere ka Nyanza.
Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwakatiye umugabo witwa Gasana Gaddy ukurikiranweho gutwika umwana we ibiganza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo muri gereza ya Huye, mu gihe urubanze rwe rugitegereje kuburanishwa mu mizi.
Gasana Gaddy utuye mu mudugudu wa Nyagatovu, Akagali ka Kabirizi, umurenge wa Nyagisozi, akarere ka Nyanza yatwitswe umwana we ibiganza bye byombi amuziza kwiba ikijumba mu murima w’umuturanyi we.
Nyuma y’uko mu Rwanda bigaragariye ko hari ikibazo cy’icuruzwa ry’abantu, tariki 21/10/2014 mu karere ka Nyanza bakoze urugendo rutuje rwo kwamagana ihohoterwa mu ngo ndetse n’icuruzwa ry’abantu hasabwa ko buri wese yagira uruhare mu kurwanya ibyo byaha.
Nsanzumuremyi Emmanuel w’imyaka 22 y’amavuko uvuga ko avuka mu Kagali ka Gitega, umurenge wa Cyanika, akarere ka Nyamagabe yasatswe akekwaho kwiba imyumbati polisi itungurwa no kubona anahinga urumogi mu nzu acumbitsemo mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza.
Umugore w’imyaka 21 y’amavuko witwa Iribagiza Cléméntine, utuye mu mudugudu wa Karambi mu kagari ka Nyarusange mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza, ari mu maboko ya polisi nyuma yo gushaka guha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 20 ngo afungure umugabo we ukurikiranweho gutera umuntu icyuma (…)
Bamwe mu bavuka ndetse n’abize mu kigo cy’abafite ubumuga cya HVP Gatagara (Home de la vierge des Pauvres) kiri mu karere ka Nyanza, tariki 18/10/2014 barahuye barasabana bwa mbere mu mateka yabo banasura abana barererwa muri iki kigo.
Nyuma y’uko komisiyo y’Inteko Ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’imali n’umutungo bya Leta (PAC), tariki 16/10/2014, itumije ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza ikabunenga amakosa mu mikoreshereze y’umutungo wa Leta, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo, Izabiliza Jeanne nawe (…)
Nkundimana Richard utuye mu mudugudu wa Kavumu, Akagali ka Kavumu, Umurenge wa Busasamana, Akarere ka Nyanza yinjiza amafaranga miliyoni buri kwezi ayakuye mu buhinzi bwa kijyambere bw’urutoki akubahiriza inama ahabwa n’impuguke mu buhinzi.
Imibare itangwa n’ibitaro by’akarere ka Nyanza ikanemezwa n’ubuyobozi bw’aka karere irerekana ko uburwayi bwa malariya bukomeje kuza ku isonga, aho abafatwa nabwo bageze ku gupimo cya 51.2% by’abaturage baje bagana ibigo nderabuzima n’ibitaro by’akarere muri uyu mwaka wa 2014.
Abaganga n’abaforomo b’ibitaro bya Nyanza n’ibigo nderabuzima bibishamikiyeho bahuguwe ku itegeko rigena ubwishingizi ku mwuga w’ubuvuzi rimaze hafi imyaka ibiri risohotse ariko rikaba ritubahirizwa nabo rireba.
Mu rwunge rw’Amashuri rwa Rwanamiza (GS Rwanamiza) ruri mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza barataka ikibazo cy’ibura ry’amazi bavuga ko ari kimwe mu bigangamiye gahunda yo kugaburira abana ku ishuri.
Muri uku kwezi kwa 9/2014 mu karere ka Nyanza mu murenge wa Ntyazo habaruwe abantu 29 bashyirwa mu rwego rwabo bita “ibihazi”. Abantu abantu bananiranye bakabishinjwa n’abaturage ubwabo ko aribo babahungabanyiriza umutekano binyuze mu bikorwa by’urugomo biba ahanini byaturutse ku businzi bw’inzoga z’inkorano zitemewe (…)
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza baravuga ko hari indwara zimwe na zimwe zaterwaga n’umwanda, zirimo inda n’amavunja, zibagiranye nyuma y’imyaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye.
Nzabandora Dominiko w’imyaka 27 y’amavuko uvuga ko atuye ahitwa mu Mugonzi mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yiyise Inkeragutabara yiba umukecuru telefoni ye igendanwa nyuma y’uko yari amwitabaje.
Mu gikorwa cy’umuganda rusange wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 27/09/2014 polisi y’u Rwanda yifatanyije n’abaturage batuye mu kagali ka Gahondo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza isiza ibibanza by’aho iteganya kubakira abatishoboye amazu yo kubamo.