Abagize inama njyanama y’Akarere ka Burera bari mu mwiherero w’iminsi ibiri mu mujyi wa Nyanza biga ku bibazo bireba akarere kabo bikeneye ibisubizo mu buryo burambye.
Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga mu ishuri rya tekinoloji ry’i Kaiserslautern mu ntara ya Rhénanie Palatinat mu Budage, bazaniye ishuri rikuru ry’imyunga n’ubumenyingiro ry’i Huye, IPRC-South, ibitabo 80 byo kwifashishwa mu myigire no mu myigishirize, kuri uyu wa gatanu tariki 16/1/2015.
Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyanza wirukanye burundu Ntivuguruzwa Augustin bahimbaga “Kagina” wari umukozi uhoraho kubera imyitwarire mibi yamurangaga mu kazi irimo kwivanga mu murimo itamureba, no gukoresha izina ry’uyu muryango mu nyungu ze bwite.
Bamwe mu baturage batuye mu Mudugudu wa Bigega mu Kagari ka Gahondo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza amarira ni yose bataka ko bateweme urutoki rwari rubatungiye imiryango ariko ntibagire icyo bahabwaa.
Abanyeshuli bashya baje kwiga mu ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko ILPD (The Institute of Legal Practice and development) muri uyu mwaka wa 2015 bijeje ko bazahava ari abanyamwuga ba nyabo mu mategeko.
Abayobozi bo mu ntara y’Amajyepfo banyagiye ibitego 3-0 abanyamakuru bahakorera, mu mukino w’umupira w’amaguru kuri stade y’akarere ka Nyanza ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki 9/1/2015.
Ikamyo ya Bralirwa yo mu bwoko bwa Mercedes Benz yakoreye impanuka mu mujyi wa Nyanza ihaparitse igwira imodoka yari hafi yayo irayangiza ku buryo bukomeye ndetse n’amagaziye y’inzoga yari ihetse asaga 1300 aramenagurika.
Kuri uyu wa gatanu tariki 09/01/2015 abanyamakuru n’abayobozi mu Ntara y’Amajyepfo ku nshuro ya mbere barahurira mu mupira w’amaguru mu rwego rwo kurushaho kumenyana no gusabana kuko hari byinshi birebana n’ubuzima bw’igihugu bahuriramo.
Akarere ka Nyanza kafashe ingamba zo gukingira inka zisaga ibihumbi 15 hagamijwe gukumira indwara y’igifuruto.
Urubyiruko rw’abasore n’inkumi basaga 400 barangije amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2014 bo mu Mirenge ya Rwabicuma na Busasamana mu Karere ka Nyanza bari mu itorero ry’iminsi itatu, baravuga ko baryitezeho byinshi bizatuma bagira uruhare mu kubaka igihugu.
Abavandimwe bavukana kuri se na nyina babyutse barwanira isambu umwe ashaka kwivugana undi ngo amukubite isuka yahingishaga ariko Imana ikinga ukuboko ntiyamuhitana.
Igitaramo kidasanzwe cyiswe “Nyanza Twataramye” cyabaye ku mugoroba wo kuwa gatanu tariki 26/12/2014 mu Karere ka Nyanza ahazwi nko ku gicumbi cy’umuco Nyarwanda mu Rukali no ku Rwesero cyibukije benshi iby’umuco wabo.
Icyegeranyo cyakozwe mu Karere ka Nyanza kiragaragaza ko mu ijoro rishyira tariki 25/12/2014 nta kibazo cy’umutekano muke cyigeze kigaragara, haba urugomo ruturuka ku businzi, impanuka cyangwa indi impamvu y’imirwano.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze kurushaho kuba inyangamugayo no kubera buri wese urugero rwiza.
Bamwe mu bagore batishoboye bakora isuku n’isukura mu mujyi wa Nyanza baravuga ko bagiye kwizihiza iminsi mikuru ya Noheri na Bonane by’umwaka wa 2014 batishimye kubera ko amezi abiri ashize badahembwa.
Abana bafashwa na Compassion International mu mushinga wa Rw 728 Rukali barashyira mu majwi Pasiteri Fidèle Ndayisaba ushinzwe uyu mushinga kuba ari gukoresha uburiganya ngo arigise impano yabo ya Noheri y’umwaka wa 2014 bohererejwe n’abaterankunga babafasha bo mu bihugu byo hanze.
Akarere ka Nyanza karategura igitararamo gikomeye kizaba cyibutsa umuco w’u Rwanda, aho hazakinwa imikino itandukanye ijyanye n’umuco no ku mugoroba hakaba inkera ikomeye ihuriweho n’abahanga n’abahanzi mu muco tariki ya 26/12/2014.
Mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Muyira, Akagari ka Nyundo mu Mudugudu wa Mugari habonetse gerenade eshatu ziri mu muferege hafi y’umuhanda, ariko bigaragara ko zimwe muri zo zari zishaje.
Ahishakiye Anaclet w’imyaka 22 y’amavuko uvuka mu Murenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga yafashwe n’abashinzwe umutekano mu rukerera rwo ku wa 19/12/2014 yiba insinga z’amashanyarazi mu Mujyi wa Nyanza, babiri bari kumwe nawe baracika.
Umusore witwa Twagiramungu Athanase uvuka mu karere ka Nyamagabe wabaga mu mujyi wa Nyanza ahashakishiriza imibereho yafashwe yiba ibishyimbo mu murima nyirabyo amufashe aramwihanira amutema intoki mu gitondo cyo ku wa 17/12/2014.
Mu karere ka Nyanza mu Murenge wa Muyira, Akagali ka Nyundo, Umudugudu wa Muyira, umwana w’imyaka itandatu witwa Sindambiwe Vénutse yitabye Imana naho abitwa Mushimiyimana Jeannette w’imyaka 28 na Uwimbabazi Valerie w’imyaka 10 bajyanwa mu bitaro bya Nyanza ari indembe, nyuma yo gutekesha ibiryo umuti wica udukoko mu (…)
Mu mujyi wa Nyanza mu Karere ka Nyanza mu gace k’ahitwa kuri 40 hazwiho kubera uburaya n’ubusinzi bw’ibiyobyabwenge bitandukanye, hagaragaye umukobwa wuzuraga umwuka akabwiriza abasinzi n’indaya yari asanze ku tubari twaho banywa kuri ayo manywa, ku isaha ya saa kumi z’umugoroba wo ku wa 15/12/2014.
Mu gitondo cyo kuwa 13/12/2014, mu Mudugudu wa Kivugizo mu Kagari ka Gitovu mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye hahana imbibi n’Akarere ka Nyanza hazwi nko kuri “Arrêté” habereye impanuka y’inkongi y’umuriro itwika inzu ikorerwamo ububaji n’ibyari biyirimo byose bihinduka umuyonga, ntihagira na kimwe kirokoka.
Tuyishime Aléxis w’imyaka 23 uvuka mu Murenge wa Kibumbwe mu Karere ka Nyamagabe yafatiwe mu cyuho mu mujyi wa Nyanza yihereranye umugore w’umucuruzi amubeshyabeshya ko ari bumutuburire amafaranga menshi akoze ubufindo, maze ngo ubucuruzi bwe bukabona igishoro cyo mu rwego rwo hejuru.
Ku bufatanye bw’inzego z’ibanze mu Murenge wa Busoro n’urwego rwunganira Akarere ka Nyanza mu gucunga umutekano (DASSO) hakozwe umukwabu wo gushakisha no kwangiza inzoga z’inkorano nyuma y’uko bigaragaye ko ziri ku isonga mu bihungabanya umutekano.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza hafungiye umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukurikiranweho gushaka gusambanya nyina ku ngufu tariki 9/12/2014 ahagana saa yine z’ijoro, mu Mudugudu wa Kidaturwa mu Kagari ka Ngwa ko mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza.
Abagenerwabikorwa b’umuryango Mpuzamahanga w’Abavuga ururimi rw’Igifaransa (OIF), ubinyujije mu mushinga wa PROFADEL (Programme de francophonie d’appui au développement local) baravuga ko inkunga n’ubumenyi bahawe byagize uruhare mu iterambere ryabo.
Ishami rya sosiyete y’itumanaho ya MTN riri mu mujyi wa Nyanza ryatubiriwe amafaranga akabakaba miliyoni imwe y’u Rwanda n’abantu batabashije kumenyekana.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah araburira bamwe mu baganga batakira neza abivuriza ku bwisungane mu kwivuza nyuma y’uko abaturage bagaragaje ikibazo cy’imitangire mibi ya serivisi.
Umugore witwa Yankurije Zabukiya w’abana batandatu utuye mu mudugudu wa Nyamagana B mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza avuga ko ubu yiyakiriye nyuma yo kugerageza kwiyahura inshuro eshatu kubera ubwandu bwa virusi itera SIDA.