Ngoma: Imbuto Foundation yatanze ibikoresho by’imyidagaduro ku kigo cy’urubyiruko

Umuryango Imbuto Foundation watanze ibikoresho by’imyidagaduro ku kigo cy’urubyiruko cyatangijwe mu murenge wa Mugesera mu karere ka Ngoma mu rwego rwo kurwanya icyorezo cya SIDA mu rubyiruko.

Ibyo bikoresho birimo iby’umuziki, imipira yo gukina , televiziyo, imashini itanga umuriro, laptop, intebe zo gushyira muri salle n’indangururamajwi ebyiri byose bifite agaciro k’amafaranga miliyoni eshatu.

Nkuko byasobanuwe na Murangira Aline, umukozi mu Mbuto Foundation, ngo ibyo bikoresho byahawe urubyiruko rwo muri uyu murenge wa Mugesera mu rwego rwo kurufasha gukora ubukangurambaga mu kurwanya icyorezo cya SIDA binyuze mu myidagaduro no mu bitaramo hifashishwa ibyo bikoresho bahawe.

Abaturage bari bitabiriye umuhango wo gutanga ibi bikoresho bicaye imbere ya salle.
Abaturage bari bitabiriye umuhango wo gutanga ibi bikoresho bicaye imbere ya salle.

Uyu mukozi akomeza avuga ko bitewe nuburyo ibyo bikoresho uru rubyiruko ruzabibyaza umusaruro hari gahunda yo gukomeza gukorana narwo mu buryo buhoraho nkuko uyu muryango wabitangije mu turere tumwe na tumwe two mu Rwanda.

Yagize ati “Kugera ubu hari uturere tugera kuri dutatu dukorana natwo muri iyi gahunda y’urubyiruko, dukorana kuburyo buhoraho bityo rero na hano tubonye bafite ubushake twakorana nabo mu buryo noneho bwimbitse butari inkunga nkiyi itangwa gusa”.

Uyobozi w’akarere ka Ngoma wungirirje ushinzwe imari n’ ubukungu, Mupenzi Georde, yashimye abatuye uyu murenge uruhare rwabo rwo kubaka inzu izajya ikorerwamo n’uru rubyiruko maze abashishikariza kuzafata neza ibyo bikoresho bahawe.

Umwe mu bahanzi bo mu karere ka Ngoma witwa Ken'home yasusurukije abitabiriye mu ndirimbo zirimo ubutumwa bwo kurwanya Sida.
Umwe mu bahanzi bo mu karere ka Ngoma witwa Ken’home yasusurukije abitabiriye mu ndirimbo zirimo ubutumwa bwo kurwanya Sida.

Yagize ati “Banyamugesera uyu ni umwanya wo kugirango mwishimire igikorwa cyo kubaka salle nk’iyi mwikoreye. Murabibona ko bibahesheje amahirwe yo kubona ikigo nk’iki cy’urubyiruko iwanyu. Ibi bikoresho muhawe mubifate neza mubibyaze umusaruro.”

Urubyiruko rwari ruteraniye kuri salle ahabereye ibirori byo kwakira iyi nkunga, rwagaragaje ko narwo rutazatinda kubyaza umusaruro ibyo bikoresho, aho rwagaragazaga impano zarwo mu buhanzi baririmba indirimbo zitanga ubutumwa mu kurwanya SIDA.

Abitabiriye uwo muhango basobanuriwe ibikorerwa mu kigo cy'urubyiruko.
Abitabiriye uwo muhango basobanuriwe ibikorerwa mu kigo cy’urubyiruko.

Nkuko byatangajwe n’umukozi mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC), Mbituyimana Aimable, ngo buri umwaka abantu bangana n’ibihumbi 10 bandura agakoko gatera SIDA nkuko byagaragaye mu bushakashatsi bwakozwe.

Jean Claude Gakwaya

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka