Habamungu Isac utuye mu murenge wa Rukira yateye urugo rw’uwahoze ari umugore we Ingabire Monique, tariki 10/06/2013, ateragura abantu ibyuma bane bari bahuruye umwe muri bo yitaba Imana.
Abaturage icyenda bari batuye muri zone zishobora kuberamo Ibiza babwiwe ko mu mezi atatu bazaba batashye inzu nshya mu mudugudu ahatateza Ibiza mu murenge wa Kazo.
Muri gahunda yo kurangiza burundu umubare w’abantu bakuru batazi gusoma no kwandika, mu mwaka wa 2012-2013 mu karere ka Ngoma abagera hafi ku 5000 bamaze guhabwa impamyabumenyi nyuma yo kurangiza kwigishwa gusoma no kwandika.
Mu gihe mu karere ka Ngoma havugwa impanuka zitari nke, abatwara abagenzi ku magare no kuri moto barashinjwa kugira uruhare muri izo mpanuka kubera kwica amategeko y’imihanda.
Abayobozi b’utugari n’imirenge igize akarere ka Ngoma barasabwa gushyira ingufu mu kurwanya ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga kuko imibare y’ababifatanwa igenda yiyongera cyane bityo bikaba biteye impungenge ko ikoreshwa ryabyo ryiyongereye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buraburira abagatuye kwirinda kunywa uruvangatikane rw’inzoga kuko kuzivanga nabyo byabyara ibiyobyabwenge.
Ndikubwayo Jeanvier w’imyaka 22 wigaga ku kigo cy’amashuri cya GS.Kabeza kiri mu murenge wa Kibungo yiyahuye tariki 03/06/2013 yiziritse injishi mu nzu aho yacumbikaga.
Ndaruhutse Jean De Dieu uyobora akagali ka Gahima mu murenge wa Kibungo,akarere ka Ngoma yahawe moto na Polisi kubera kuba indashyikirwa mu gushyiraho morare irimo ubutumwa bukangurira abantu kwitabira gahunda za Leta no kwicungira umutekano.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’abo mu tugari bigize akarere ka Ngoma bahawe iminsi itarenze 20 yo kuba barangije gukemura ibibazo byose abaturage bagaragaje mu kwezi kw’imiyoborere myiza ku uyu mwaka wa 2013.
Abakorerabushake ba komisiyo y’igihugu y’amatora bo mu karere ka Ngoma kuri uyu wa 01/06/2013 basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Rukumberi banarusigira inkunga y’ibihumbi 100 yo gusana uru rwibutso rutangiye kwangirika.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, ahakana ko abarwayi bo mu mutwe bakomeza kugaragara mu karere ka Ngoma bufite aho buhuriye n’amarozi yakomejwe kuvugwa mu cyahoze cyitwa Kibungo.
Mu mudugudu w’Amabumba n’uwa Rugarama mu kagali ka Kinyonzo mu murenge wa Kazo haravugwa abantu biba bakahungabanya umutekano nijoro babanje gufungirana abantu bari mu mazu. Ngo barabanza bagashyira umwanda w’abantu (amabyi) imbere y’inzu.
Abakozi n’abanyeshuri 13 bahoze muri ETO Kibungo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bibutswe kuri uyu wa 25/05/2013.
Njyanama y’akarere ka Ngoma yemeje umushinga ukubiyemo ibikorwa by’iterambere ry’aka karere (DDP) bizakorwa mu gihe cy’imyaka itanu bikazatwara amafaranga miliyari 76, miliyoni 731 n’ibihumbi 440. Ibikorwa remezo kiziharira 60% by’iyi ngengo y’imari.
Izabayo Elia w’imyaka 17, wari utuye mu mudugudu wa Mpandu mu kagali ka Karama,umurenge wa Kazo,wakoraga umwuga wo gutwara abantu ku magali yatoraguwe tariki 24/05/2013 mu kizenga cy’amazi (icyinyonzo) i Karama, yarishwe anamburwa igari.
Ishuri rya Integrated polytechnic Regional Center (IPRC) East, ryashyikirije inzu ya kijyambere ifite ibyangombwa byose nkenerwa, umupfakazi utishoboye wacitse ku icumu rya Jenoside utuye mu karere ka Ngoma witwa Urunyuzuwera Francoise.
Ntuyenabo ukomoka mu murenge wa Remera ufite imyaka 23,yafatiwe mu cyuho amaze kwiba ibitoki mu murenge wa Kibungo mu gitondo cyo kuri uyu wa 23/05/2013 saa 5h00 za mu gitondo.
Ntaganda Telesphole w’imyaka 30 y’amavuko wakoraga umwuga w’ubushoferi ku modoka ya muramu we yasanzwe mu nzu yapfuye kandi tariki 20/05/2013 yari yaryamye ari muzima.
Mu nama y’ishyaka PSD yabaye tariki 18/05/2013 mu karere ka Ngoma, hatowe abakandida batandatu bahagarariye ishyaka ryabo ku rwego rw’akarere mu matora y’Abadepite azaba muri Nzeri 2013.
Zimwe mu nyubako z’ikigo cya ES.Mutendeli cyo mu karere ka Ngoma zatangiye kwangirika nyuma yuko zitagikoreshwa kubera iki kigo cyitacyoherezwamo abanyeshuri biga bacumbikamo.
Abatwara abantu ku ma moto no ku magare bo mukarere ka Ngoma bakoze urugendo rwo kwamagana ibiyobyabwenge, kuri uyu wa Kane tariki 16/05/2013. Babikoze nyuma y’aho rumwe mu rubyiruko rwo muri aka karere rutungwa agatoki kuba arirwo rwinshi runywa ibiyobyabwenge.
Mu ihererekanya bubasha n’umuyobozi mushya wari woherejwe kuyobora ikigo ES.Mutendeli cyo mu karere ka Ngoma, umucungamutungo (etendant) w’icyo kigo yagaragaje ko icyo kigo kirimo ideni ry’amafaranga miliyoni 79.
Nyuma y’uko bigaragaye ko mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Ngoma amaterasi yaho yakozwe nabi kuko nta musaruro yabahaga, abaturage basabye akarere kuzagenzura neza uzafata isoko ryo kuyubaka kugirango batazongera kononerwa ubutaka.
Icyigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) kiratangaza ko abahawe ibyangombwa by’ubutaka, ku butaka rusange bwa Leta bwo ku nkengero z’ibiyagaga, inzuzi n’ibishanga itegeko rigiye gukurikizwa bakabusubiza Leta.
Abayobozi n’abakozi b’inama y’igihugu y’abafite ubumuga basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Rukumberi, banaremera utishoboye wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994 utishoboye ubana n’ubumuga amaranye imyaka 19 bwo kutabyuka aho aryamye.
Umushushinga LVEMP ukorera muri REMA, watangije ibikorwa byo kubungabunga ikiyaga cya Rweru bizatwara amafaranga asaga miliyoni 200.
Abagenzi bo mu ntara y’Uburasirazuba bakoresha taxi express baremeza ko kubufatanye n’ikigo cy’iguhugu gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) hari impinduka zikomeye nziza zabaye mu mitangire ya service ku modoka za express zijya i Kigali.
Nyuma y’uko minisiteri y’uburezi ishyiriyeho amabwiriza ashyiraho siporo kuri bose (sport de masse) mu bigo by’amashuri bamwe mu barezi bavuga ko iziye igihe kuko hari aho wasangaga mu mashuri abanyeshuri batagira siporo bakora.
Nyuma yuko gare ya Ngoma igaragaye ko iteza impanuka abantu bakagwa mu myobo yari iyirimo bikabatera kuvunuka ndetse n’ibyuma byari birimo bigateza igihombo cy’ibihumbi 100 umushoferi wa taxi ya twegerane, akarere kavuguruye iyi gare.
Abarwanyi 682 bahoze muri M23 ku ruhande rwa Jean Marie Runiga bacumbikiwe mu karere ka Ngoma basinye ko bitandukanije n’ibikorwa b’imirwano tariki 30/04/2013. Nyuma y’amezi atanu, abazaba barubahirije ibyo basinye bazahabwa uburenganzira bwo kwaka ubuhungiro mu gihugu bashaka ku isi.