Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya Ecole des Sciences de Musanze batangiye kwifashisha Laboratwari zo muri Kaminuza y’ubumenyi ngiro ya INES-Ruhengeri mu rwego rwo gukarishya ubumenyi bubategura kuzasoza amashuri yisumbuye bitwaye neza.
Akarere ka Musanze kuwa gatanu 27 Nzeri 2019 kabonye komite nyobozi nshya, iyobowe na Nuwumuremyi Jeannine watorewe kuba umuyobozi w’akarere, Andrew Rucyahanampuhwe yabaye umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, hakaba na Kamanzi Axelle, watorewe kuba umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije (…)
Umusore w’imyaka 27 witwa Uwitonze Desiré, wo mu murenge wa Niboyi mu Karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, wari ufungiye mu gihugu cya Uganda, yavuze ku buzima bubabaje Umunyarwanda uri muri Uganda abayemo bwo gutotezwa no gukorerwa iyicarubozo.
Abagize urwego rw’umutekano rwa DASSO bageze mu zabukuru bo mu Karere ka Musanze, tariki ya 25 Nzeri 2019 batangiye gusezererwa basubizwa mu buzima busanzwe.
Mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, ku wa mbere tariki 23 Nzeri 2019, hatangijwe amahugurwa y’ibyumweru bibiri, arebana n’ubumenyi ku micungire y’ubutaka, yitabirwa na Kaminuza zinyuranye muri Afurika zigisha ibijyanye n’ubutaka.
Abatuye umujyi wa Musanze baranengwa kutitabira gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (mituelle de santé), aho imirenge itatu igize uwo mujyi ariyo Muhoza, Musanze na Cyuve ikurikirana ku mwanya wa nyuma mu mirenge 15 igize akarere ka Musanze.
Umugore ufite ubumuga bw’ibirenge byombi witwa Uwimana Chantal utuye mu mudugudu wa Mwidagaduro, akagari ka Bukinanyana mu murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze, arasaba ubufasha bwo kubakirwa kuko abayeho mu buzima bubi.
Mu gihe Shampiyona y’Umupira w’amaguru mu Rwanda isigaje iminsi mike ngo itangire, muri Sitade Ubworoherane y’i Musanze hari akazi katoroshye mu rwego rwo gushaka icyemezo cyemerera iyo sitade kwakira imikino ya Shampiyona.
Abakozi babiri b’akarere ka Musanze batawe muri yombi ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki 18 Nzeri 2019, bakekwaho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano.
Abanyeshuri bashya batangiye umwaka w’amashuri 2019-2020 muri Kaminuza y’Ubumenyingiro ya INES Ruhengeri barasabwa kubakira ku myitwarire n’imitekerereze ibubakira ubushobozi bwo kuzashyira mu ngiro amasomo bagiye gukurikirana.
Ishuri rya IPRC-Musanze riherereye mu Karere ka Musanze rikomeje imishyikirano n’igihugu cy’u Bushinwa, imishyikirano iganisha ku guhabwa inkunga muri gahunda yiswe ‘Luban Workshop’ igenewe guteza imbere amasomo y’ubumenyingiro.
Urukiko rw’ibanze rwa Muhoza mu karere ka Musanze rumaze gutegeka ko Ndabereye Augustin wahoze ari umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu afungwa by’agateganyo iminsi 30, mu rwego rwo gukomeza gucukumbura ibimenyetso ku byaha ashinjwa.
Ubuyobozi bw’Ishuri rikuru ry’imyuga n’Ubumenyi ngiro IPRC Musanze n’Ishuri rikuru ry’imyuga rya Jinhua Polytechnic ryo mu Ntara ya Zhejiang mu gihugu cy’u Bushinwa buratangaza ko bwatangiye ubufatanye buzafasha kuzamura ireme ry’amasomo y’imyuga atangirwa muri aya mashuri.
Abasirikari 34 bo mu rwego rw’aba Ofisiye baturutse mu bihugu icyenda byo ku mugabane wa Afurika bari guhabwa amahugurwa abafasha gukarishya ubumenyi ku buryo bwo kunoza akazi igihe bazaba bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro.
Ndabereye Augustin wahoze ari umuyobozi wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe iterambere ry’ubukungu, yireguye ku byaha aregwa byo gukubita, gukomeretsa no guhoza ku nkeke uwo bashakanye.
Mu muhango wo ku wa 06 Nzeri 2019 wo Kwita Izina ingagi 25 ziherutse kuvuka, Perezida Paul Kagame yeretse abari bitabiriye uwo muhango inyungu ziri mu kwita kuri Pariki y’Ibirunga n’ingagi ziyituyemo.
Mu Kinigi mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Musanze, tariki 06 Nzeri 2019 hari hateraniye abantu b’ingeri zitandukanye baturutse hirya no hino bitabiriye umuhango wo kwita izina abana b’ingagi 25.
Niringiyimana Emmanuel, wakoze umuhanda ureshya n’ibirometero birindwi ari umwe, avuga ko kuba yakoze mu biganza bya Perezida wa Repubulika bakanicarana ari amahirwe yagize mu buzima atigeze atekereza.
Mu ijambo rya Perezida Paul Kagame, yashimiye abaturage uburyo bakomeje kugira uruhare mu kubungabunga Pariki y’Ibirunga, abaturage bamwizeza ko bagiye kurushaho gufata neza Pariki kugira ngo irusheho kugira uruhare mu guteza imbere ubukungu bw’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abaturage baturiye Pariki y’igihugu y’Ibirunga kurushaho gufatanya no gufata neza iyi Pariki n’ibikorwa by’ubukerarugendo biyishamikiyeho, mu rwego rwo kugira ngo irusheho kuzana abakerarugendo benshi n’inyungu nyinshi ku gihugu no kuri bo ubwabo.
Abaturage bo mu karere ka Musanze by’umwihariko abaturiye Pariki y’igihugu y’Ibirunga, baremeza ko kuba akarere kabo gacumbikiye ingagi zo mu Birunga bibateza imbere, bakabifata nk’akarusho kuko buri mwaka baba bizeye gusurwa n’Umukuru w’igihugu mu muhango wo Kwita Izina.
Abaturage bo mu mirenge ituriye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga baravuga ko hari impinduka mu buryo bw’imibereho n’ubukungu bwabo babikesha umusaruro uturuka mu bukerarugendo bukorerwa muri iyi Pariki (Revenue sharing).
Itsinda ry’abaturage bahagarariye abandi mu kagari ka Kigombe mu murenge wa Muhoza, akagari kagizwe n’igice kinini cy’umujyi wa Musanze, biyemeje kuzenguruka imidugudu yose n’umujyi wa Musanze bamagana umwanda.
Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze yateranye mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 03 Nzeri 2019, yemeye ubwegure bw’umuyobozi w’ako karere n’abari bamwungirije.
Nyuma y’uko Umuyobozi wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Musanze (Visi Meya) Ndabereye Augustin, atawe muri yombi akurikiranyweho gukubita umugore we akanamukomeretsa, ubu uwo mugore arimo gukurikiranwa n’abaganga b’inzobere mu kuvura ihungabana.
Ishuri rikuru INES-Ruhengeri ryagiranye amasezerano y’imyaka itanu na Kaminuza ya BINGEN (TH BINGEN), yo mu ntara ya Rhénanie-Palatinat mu Budage, agamije guteza imbere ubuhinzi mu Rwanda.
Ndabereye Augustin umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yagejejwe mu maboko ya RIB aho akurikiranweho gukubita umugore we akamukomeretsa.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney, arahamagarira abayobozi mu nzego z’ibanze, abanyamadini n’abanyamatorero guhagurukira ikibazo cy’umwanda mu baturage, dore ko wageze n’aho Umukuru w’Igihugu awibonera we ubwe.
Ibigo binyuranye mu karere ka Musanze, byashyiriyeho abaturage uburyo bwo kubanza gukaraba mbere na nyuma yo kwaka serivise, mu rwego rwo kubatoza isuku no kwirinda Ebola.
Mu muhanda Kigali - Musanze, ikamyo ya BRALIRWA ifashwe n’inkongi y’umuriro ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 25 Kanama 2019, Polisi y’igihugu ishami rishinzwe kuzimya inkongi yihutira gutabara.