Umuvuzi gakondo witwa Ndamyabera Revelien wo mu Kagari ka Kampanga mu Murenge wa Kinigi, mu Karere ka Musanze, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha(RIB), aho akurikiranyweho icyaha cyo gukwirakwiza ibihuha no kwiha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza ku wa gatanu tariki 13 Werurwe 2020 rwategetse ko abantu batandatu bafungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Umuyobozi w’Ikipe ya Musanze, Tuyishime Placide, yitegura guhura n’ikipe ya Gasogi kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Werurwe 2020, yatangaje ko abakinnyi be bashyiriweho agahimbazamusyi katigeze gatangwa mu Rwanda.
Abahoze mu mitwe yitwara gisirikare mu mashyamba ya Kongo bakatiwe n’inkiko Gacaca badahari, bamazwe impungenge z’uburyo bashobora kugana ubutabera bakajurira mu gihe baba batemera ibyaha bahamijwe.
Abagabo batanu n’umugore umwe bo mu Karere ka Musanze bakekwaho gutwikira abana babiri mu nzu, kuwa kabiri tariki ya 10 Werurwe 2020 batangiye kuburanishwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza.
Umurundi uba mu nkambi y’impunzi ya Mahama witwa Barekayo Valentin yatunguwe no guhiga abandi muri Kaminuza ya INES-Ruhengeri.
Umuyobozi mukuru wungirije w’Urwego rw’igihugu rw’imfungwa n’abagororwa, DCG Ujeneza Chantal, arasaba abagore b’imfungwa n’abagororwa bo mu magereza yo mu Rwanda kubakira ku burere mboneragihugu n’ubumenyi bahabwa mu bijyanye n’imyuga, bagaharanira kuzarangiza ibihano bari ku isonga mu kurinda uruhembe rw’iterambere.
Impuzamakoperative yo gutwara abantu n’ibintu (RFTC), yashyikirije Akarere ka Musanze imodoka nshya zo mu bwoko bwa ‘Toyota Coaster’ zifite agaciro ka miliyoni 586, mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’abagenzi bararaga mu nzira no kurwanya magendu.
Abatwara abantu n’ibintu ku magare mu Karere ka Musanze, bamurikiwe ikoranabuhanga rishya bagiye kujya bifashisha ririmo icyapa ndangacyerekezo kizajya gifasha umunyonzi kugaragaza icyerekezo mu gihe agiye gukata ava mu muhanda yerekeza mu wundi, cyangwa se mu gihe agiye guhagarara.
Abiga mu myaka inyuranye mu ishuri rya Wisdom riherereye mu Mujyi wa Musanze, bakomeje gutorezwa imikorongiro mu matsinda (kampani) anyuranye, mu rwego rwo kwitoza kuba ibisubizo mu myaka itaha, aho kuba umutwaro ku gihugu.
Akoyiremeye Elodie Octavie, Umwana uhagarariye abandi ku rwego rw’igihugu yamaze gushinga itsinda (Club) ry’abana ryitwa ‘Ibirezi’, rigamije guteza imbere imibereho myiza yabo no kubatoza kumenya uburenganzira bwabo no kubuharanira.
Umwe mu bakobwa barimo guhugurirwa mu kigo cya Mutobo witwa Mukanoheri Joselyne, nyuma y’uko mu buzima bwe bwose yabumaze mu mashyamba ya Kongo ari na ho yavukiye, ubwo yabazwaga uburyo babagaho muri ayo mashyamba, mu kiniga cyinshi yagize ati “Natojwe igisirikare ndi umwana ariko ntibampa ipeti, nari soldat sans matricule (…)
Abaturage bo mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, bifuza ko ibagiro rya kijyambere bamaze igihe barijejwe ryakubakwa. Ni nyuma y’uko aho iryahoze mu Kagari ka Ruhengeri rimaze igihe ryarahagaritswe gukorerwamo kubera ko ryari rishaje, ryimurirwa mu murenge wa Gataraga.
Ubuyobozi bwa WASAC ishami rya Musanze, buvuga ko ikibazo cy’ibura ry’amazi kimaze iminsi kigaragara mu bice by’Umujyi wa Musanze, kiri guterwa no kuyasaranganya no gusimburanya amatiyo ashaje.
Ba Agronome bo mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, bakomeje gutungwa agatoki na Minisiteri y’Ubuhinzi (MINAGRI), ibashinja gutererana abaturage no kubima amakuru ajyanye n’ubuhinzi, ibyo bikaba bikomeje guhombya abahinzi.
Urubyiruko rwo mu turere twa Rubavu, Nyabihu na Musanze ruremeza ko n’ubwo ako gace ariko gakize ku bakinnyi benshi muri Tour du Rwanda, ko hakiri urubyiruko rwinshi rufite impano mu mikino y’amagare bitewe no kubura amikoro.
Umunyamabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ku isi Amina Layana, mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda, yemeje ko u Rwanda rufite amahirwe menshi yo kwakira irushanwa ry’umukino w’amagare ku rwego rw’isi rizaba mu mwaka wa 2025.
Ababyeyi batuye mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko gahunda y’itorero ryo ku mudugudu yafashije abana n’urubyiruko kwisubiraho bakareka ubuzererezi.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, baratangaza ko inteko z’abunzi zigira uruhare mu kubakemurira ibibazo batagombye gusiragira mu nkiko.
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2020, Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bitabiriye umuhango wo gutaha ku mugaragaro Hoteli y’inyenyeri eshanu yitwa One & Only Gorilla’s Nest iherereye mu Kinigi mu Karere ka Musanze.
Abagabo, abagore n’abana bari guhugurirwa mu kigo cya Mutobo mu Karere ka Musanze, batunguwe n’uburyo basanze u Rwanda nyuma y’uko bafatiwe mu bitero ingabo za Kongo zabagabyeho boherezwa mu Rwanda bazi ko bagiye kwicwa.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko i Musanze hari abayobozi 31 banditse basezera ku kazi kuri uyu wa mbere tariki 24 Gashyantare 2020 biturutse ku myitwarire mu kazi n’uburyo buzuza inshingano zabo.
Mu masaha y’umugoroba w’ejo kuwa gatandatu tariki 22 Gashyantare 2020, ni bwo mu Mudugudu wa Marantima, Akagari ka Rwebeya mu Murenge wa Cyuve, abana barimo b’abakobwa umwe w’imyaka itatu n’undi w’imyaka ibiri batwikiwe mu nzu, umwe ahasiga ubuzima undi arwariye bikomeye mu bitaro bya Ruhengeri.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze kuwa gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, basoje ibikorwa bari bamazemo icyumweru birimo gutunganya imihanda, kubakira abatishoboye, kubumba amatafari no gusana urukuta rwa Pariki y’Igihugu y’ibirunga hirindwa ko inyamaswa zonera abafite imirima ihegereye.
Itsinda ry’abasirikari b’Abaholandi ku wa kane tariki 20 Gashyantare 2020 bagiriye uruzinduko mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy) kiri i Nyakinama mu Karere ka Musanze, bagaragarizwa uruhare rw’iki kigo mu gutanga amahugurwa agenerwa abasirikari, abapolisi n’abasivili boherezwa kubungabunga amahoro mu (…)
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’umuryango w’aba Guide n’Abasukuti, iremeza ko kuba uwo muryango uhura n’urubyiruko runyuranye mu bihugu bya Afurika, ari kimwe mu bishobora gufasha gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ kurenga imbibe z’u Rwanda ikifashishwa no mu bindi bihugu.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Masahiro Imai, yishimiye ko ubufatanye bw’igihugu cye n’ikigo cya Mutobo bwagize uruhare mu guha ubumenyi abatahuka bitandukanyije n’imitwe yitwara gisirikari iri mu mashyamba ya Kongo Kinshasa.
Mu Karere ka Musanze abana bataye ishuri bagaragara bakora imirimo y’amaboko bahemberwa amafaranga y’intica ntikize, ubucuruzi bw’ibiribwa, no kuba inzererezi mu mihanda.
Abanyeshuri biga muri INES-Ruhengeri beretswe uburyo impinduramatwara ya kane ya Murandasi mu bijyanye n’inganda ifite umuvuduko ukabije, basabwa kwihutana na yo kugira ngo bakomeze kuyiyobora birinda ko yabayobora.
Abanyeshuri 80 bo mu rwunge rw’amashuri rwa Bisate mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, bemerewe n’umuryango wa ‘Wilderness Safaris’ inkunga ijyanye n’ibikoresho byose by’amashuri, kandi bakazarihirwa amashuri kugeza ku rwego rwa Kaminuza.