Abatuye mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo bavuga ko batewe impungenge n’abana b’inzererezi bagaragara ku mihanda cyane cyane mu masaha ya nijoro basabiriza abahisi n’abagenzi.
Humura Elvin w’imyaka 11 y’amavuko uheruka kuba uwa mbere ku rwego rw’igihugu mu kizamini cya leta gisoza amashuri abanza avuga ko agiye gukomeza kwiga afite umwete, kugira ngo bizamufashe gukabya inzozi zo kuba umuhanga mu by’ubutabire (chemistry).
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, avuga ko mu byamubabaje mu mezi atatu amaze ku buyobozi, harimo kuba yarigeze guherekeza ikipe ya Musanze FC i Kigali ubwo yari igiye gukina na APR FC igatsindwa ibitego 5-0.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney aratangaza ko nta Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wo muri iyi ntara uzongera gukurwa mu murenge yayoboraga ngo yoherezwe kuyobora uwundi.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge itanu yo mu Karere ka Musanze n’abakozi b’akarere babiri bamaze gusezera ku mirimo yabo, bavuga ko basezeye ku mpamvu zabo bwite.
Abagore 300 bo mu Mirenge ya Muko, Muhoza na Cyuve yo mu Karere ka Musanze, bagiye kwigishwa gusoma no kwandika binyuze mu matsinda 17 y’abakora imyuga y’ububoshyi n’ubudozi, ubuhinzi n’ubucuruzi.
Ubuyobozi bwa Koperative CVM y’abatwara abagenzi ku magare (Abanyonzi) mu Karere ka Musanze, buravuga ko bugiye kuvugurura imikorere, umutungo w’iyi Koperative ukazajya ukoreshwa mu nyungu z’abanyamuryango.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yaburiye buri wese ugitekereza gushakira amahaho mu gihugu cya Uganda, asaba abaturage kubicikaho nyuma y’ibibazo by’iyicarubozo rikomeje gukorerwa Abanyarwanda bari muri icyo gihugu.
N’ubwo ahaberaga ijonjora ry’ibanze mu Karere ka Musanze hari abakobwa 23, akanama nkemurampaka katoranyijemo abakobwa batandatu bahagararira Intara y’Amajyaruguru, biyongera ku bandi batandatu batorewe i Rubavu.
Abakirisitu ba Paruwasi Gatolika ya Bumara iherereye mu Murenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze, bari mu byishimo aho binjiye mu minsi mikuru ya Noheli biyujurije imyubako nshya yabatwaye miliyoni zikabakaba 320 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Bamwe mu bamaze igihe barwariye mu bitaro bikuru bya Ruhengeri baravuga ko batangiye kugarura icyizere cyo gukira indwara bamaranye igihe kirekire, nyuma y’uko bafashijwe kwishyurirwa ikiguzi cy’ubuvuzi bari barabuze uko bishyura kubera ubukene.
Mu kurushaho guteza imbere ubuhinzi bw’ibirayi hagamijwe kongera umusaruro, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), gikomeje gushakira abahinzi uburyo bakongera umusaruro w’ibirayi, aho ubu hari kugeragezwa imbuto nshya z’amoko atandatu y’ibirayi.
Impuguke zinyuranye n’abiga iby’ubuvuzi mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, baremeza ko kuba abaturage badasobanukiwe n’uburyo bwo gufata imiti bahabwa n’abaganga, ari kimwe mu bikomeje gutwara ubuzima bwa benshi.
Aba Ofisiye bo mu gisirikari cy’u Rwanda (RDF Officers) bari bamaze ibyumweru bibiri bahugurirwa mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy) kiri i Nyakinama mu Karere ka Musanze, kuwa gatanu tariki 13 Ukuboza 2019 bayasoje biyemeje gufasha bagenzi babo kongera ubumenyi bubategura koherezwa kubungabunga amahoro mu (…)
Abanyeshuri biganjemo urubyiruko biga muri INES-Ruhengeri, baremeza ko biteguye guhangana n’umuntu wese wifashisha imbuga nkoranyambaga apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyeshuri bibumbiye muri AERG yitwa ‘INDAME’ bo mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, bihaye intego yo kubakira inzu uwarokotse Jenoside utagira aho aba, mu rwego rwo kunganira Leta mu gufasha abaturage kugira imibereho myiza.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe guteza imbere ibaruramari mu Rwanda, ICPAR, buratangaza ko guteza imbere ubukungu bw’igihugu bitashoboka mu gihe hatari ababaruramari b’umwuga bahagije.
Muri gahunda ngarukakwezi ya ‛car free day’ ihoraho ya siporo rusange iba buri wa gatandatu w’icyumweru cya mbere n’uwa gatandatu w’icyumweru cya gatatu cy’ukwezi mu Karere ka Musanze, iyo ku itariki ya 07 Ukuboza 2019 yatunguye benshi aho umubare munini w’abayitabiriye wari ugizwe n’abasaza n’abakecuru.
Mu Kagari ka Mburabuturo, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze ubwanikiro bwubakiwe kwanikwamo umusaruro w’ibigori, bumaze igihe bubumbirwamo amatafari ya rukarakara.
Mu ijoro ryakeye rishyira kuri uyu wa kane tariki 5 Ukuboza 2019, ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu Karere ka Musanze byibasiye inzu n’imyaka y’abaturage biganjemo abo mu mirenge ya Muko, Kimonyi na Nkotsi mu karere ka Musanze.
Mu muhango wo gutangiza umwaka w’amashuri 2019/2020 muri INES-Ruhengeri wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, habayeho umwanya wo guhemba abanyeshuri bagize amanota menshi mu mwaka w’amashuri urangiye, abakobwa biharira ibihembo hafi ya byose.
Abayobozi mu nzego zinyuranye barishimira uburyo abanyeshuri biga mu Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri bakomeje guhanga udushya, mu rwego rwo gufasha igihugu guhanga imirimo no gukora bimwe mu bikoresho Leta ishoramo amafaranga ibitumiza mu mahanga.
Abajyanama mu by’ubuhinzi bo mu turere tweza umusaruro mwinshi w’ibigori mu bice bitandukanye by’igihugu bavuga ko nyuma y’aho batangiriye kwifashisha imitego yica ibinyugunyugu bivamo nkongwa byabafashije kugabanya izari zugarije ibihingwa mu buryo bukomeye, bituma bongera umusaruro.
Inzego zifite aho zihurira no kwita ku burenganzira bw’umwana n’imibereho ye mu Karere ka Musanze ziraburira ababyeyi n’abakoresha b’ibigo bitandukanye ko hatangiye gukazwa ingamba no kubahiriza amategeko arengera umwana ugaragaye akoreshwa imirimo ivunanye.
Mu mwaka wa 2015 nibwo abasore batatu ari bo Simbi Aimé Jules, Ndahimana Tharcisse na Nshimiyimana Eric batangije umushinga wo kongerera agaciro amakoro bayakoramo intebe, ameza n’amavazi byo mu busitani.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro (WDA) bufite gahunda yo kongera amashuri y’imyuga ku buryo mu mwaka wa 2024 ayo mashuri azaba yigwamo na 60% by’abanyeshuri bose bo mu Rwanda.
Mu Karere ka Musanze, umuryango utari uwa Leta witwa FXB Rwanda ukurikirana ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’ingo mbonezamikurire y’abana bato (Early Childhood Development- ECD) uratangaza ko ingo mbonezamikurire y’abana bato zitanga umusaruro.
Abikorera bo mu ntara y’Amajyaruguru barasabwa kunoza ubuziranenge no kongerera agaciro ibyo bakora, kugira ngo ubwo ishoramari ry’isoko rusange rya Afurika rizaba ritangiye gushyirwa mu bikorwa, rizasange bihagazeho kandi biteguye kugaragaza uburyo u Rwanda rumaze kugera ku rwego rwo kongera ingano y’ibikorerwa imbere mu (…)
Mu gihe mu mujyi wa Musanze hakomeje kuvugwa ubujura bukabije burimo gutobora amazu, Guverineri w’intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney, aranenga bamwe mu bakora irondo ry’umwuga bazwi ku izina rya ‘Home Guard’ batita ku kazi bashinzwe, bamwe muri bo bagafatanya n’amabandi kwiba abaturage.
Miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda agiye gushorwa mu kubaka ubwanikiro bwa kijyambere n’uruganda bitunganya kandi bikongerera agaciro igihingwa cya tungurusumu mu Rwanda.