Minisiteri y’Uburezi irasaba abarimu kwita ku myigishirize y’ururimi rw’Ikinyarwanda, kuko hakigaragara abanyeshuri barangiza amashuri abanza batazi kucyandika neza, ibyo bikaba byagira ingaruka ku gutegura abarimu n’abakozi b’ejo hazaza.
Ababyeyi n’abarwaza ku bitaro bya Kabgayi bishimiye gutora banabyaye, kuko bituma bakomeza kugira icyizere cyo kubaho no kuramba.
Abaturage b’Umurenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga, barashimira Nyakubahwa Paul Kagame, wabegereje Imirenge SACCO, bakabasha kubona inguzanyo bifashisha mu buhinzi bakiteza imbere.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Nyarusange barashimira Nyakubahwa Paul Kagame na FPR-Inkotanyi, baciye amacakubiri mu Banyarwanda bakimika Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Dr. Frank Habineza watanzwe n’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), yabwiye abaturage b’Akarere ka Muhanga ko nibamutora, azanoza ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ku buryo buteza imbere abatuye aho bukorerwa.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga barashimira Umuryango FPR na Chairman wawo, Paul Kagame waciye inkoni zakubitwaga abagore.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyabinoni batuye ahahoze hibasirwa n’ibiza, hakabura ibikorwa remezo byabafasha kubaho neza, baravuga ko nyuma y’uko Paul Kagame yoherejeyo ibikorwa remezo birimo, imihanda, amazi n’amashanyarazi, ibikorwa by’ubuvuzi n’uburezi, basigaye bumva ntawahabimura mu gihe nyamara mbere bifuzaga kuhimuka.
Ibikorwa byo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame n’Abadepite mu Nteko ishinga Amategeko byabereye mu Karere ka Muhanga kuri Site ya Buziranyoni, ahari hateraniye abanyamuryango benshi ba FPR. Ni ibirori byatangijwe n’akarasisi katangiriye mu Mujyi wa Muhanga.
Abagore bo mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga, barashima Umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, watumye bagaragaza imbaraga zabo, bagakora bakiteza imbere.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga bitabiriye igikorwa cyo kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga baramushimira ko yabakijije amanegeka yabatwaraga ababo, n’abacengezi bababuzaga umutekano mu misozi ya Ndiza.
Imiryango 65 y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye mu Karere ka Muhanga, yahawe amatara yimirasire y’izuba, mu rwego rwo kuyikura mu bwigunge, nyuma y’uko aho batujwe nta muriro ukomoka ku muyoboro mugari begerejwe.
Umubyeyi wafashwe n’ibise yagiye kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, ku wa 24 Kamena 2024 mu Karere ka Muhanga, yabyaye neza, umwana amwita Ian Kagame Mwizerwa ndetse abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Karere ka Muhanga bamushyira igikoma cy’ababyeyi.
Abaturage bo mu Mirenge igize igice cya Ndiza bivuriza ku bitaro bya Nyabikenke, baratangaza ko kwakira imbangukiragutabara yunganira iyari ihari, bizazamura serivisi yihuse ihabwa indembe zigana ibyo bitaro.
Senateri Mureshyankwano Marie Rose akaba n’umunyamuryango wa FPR Inkotanyi asanga kuba u Rwanda rumaze imyaka 30, ntawe ubaza Umunyarwanda ubwoko bwe ari iby’igiciro kinini kandi byatumye Abanyarwanda bisanzura, barakora, biteza imbere.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga barashimira Umuryango FPR Inkotanyi, uharanira inyungu za buri Munyarwanda wese.
Abakecuru bo mu Karere ka Muhanga bazindutse bajya mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi, bavuga ko bishimiye kuba bagihumeka, bakaba babashije kujya muri ibyo bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame.
Umuyobozi w’Inama Njyanama w’Agateganyo mu Karere ka Muhanga Nshimiyimana Gilbert, avuga ko kwibuka abari abakozi ba Leta n’ibigo byayo, bikwiye kujyana no kunenga abari abayobozi muri izo nzego, kuko hari abakozi bishe abayobozi babo, cyangwa abakoresha bakica abo bakoreshaga.
Abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Amahugurwa mu by’Imicungire y’Abakozi n’Umutungo (RMI) bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, banagabira inka uwarokotse Jenoside utishoboye wo mu Murenge wa Shyogwe, mu rwego rwo gukomeza gufata mu mugongo abarokotse Jenoside.
Umubyeyi witwa Muhongerwa Chantal warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mayaga asanga abakoze Jenoside bakiriho, baragiriwe imbabazi zitagira urugero ku byaha bakoze, bityo ko bakwiye kujya bashimira Perezida Kagame, kuko yihanganiye ubugome bwabo ndengakamere akabasubiza Ubunyarwanda.
Abantu 42 barahiriye kwinjira mu Muryango RPF Inkotanyi mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, baravuga ko bazakomeza kwita ku byagezweho kandi bagatanga imbaraga zabo ngo bakomeze kubaka Igihugu.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwasubitse urubanza ruregwamo abagabo batatu, bakekwaho gukubita uwitwa Twagirayezu Samuel bikamuviramo gupfa.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, buratangaza ko mu minsi ibiri gusa mu butaka bwa Kiliziya Gatolika Diyosezi ya Kabgayi, hamaze kuboneka imibiri 14 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bw’umuryango wita ku iterambere ry’umugore wo mu cyaro (Réseau des Femmes pour le Development), buratangaza ko bagiye gufatanya n’abagize imiryango ikiri mito gutangiza umushinga wo gutera ibiti bitandukanye hagamijwe kubungabunga ibidukikije, wiswe ‘Rengera ubuzima bwawe’.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline aratangaza ko Abatutsi basaga ibihumbi 25, bari bahungiye i Kabgayi ntawamenya irengero ryabo kuko mu bihumbi 50 by’abari bahahungiye, habarurwa abasaga ibihumbi 10 bashyinguwe mu Rwibutso rwa Kabgayi, n’ibihumbi 15 byaharokokeye gusa.
Abarokotse bo mu Murenge wa Nyarusange bibutse Abatutsi bishwe mu yahoze ari Komini Mushubati, ahari umwihariko wo kubaroha muri Nyabarongo kuko ari ku Kiraro cyatandukanyaga Perefegitura ya Kibuye na Gitarama, ubu ni mu Mirenge ya Nyarusange na Nyange.
Ibigo by’amashuri, ibitanga serivisi, ibitaro n’abakozi bose b’ibigo bishamikiye kuri Diyosezi ya Kabgayi, bibutse Abatutsi bazize Jenoside muri ibyo bigo, barimo abihaye Imana abakozi b’ibyo bigo n’Abatutsi bari bahungiyeyo.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga bibutse ku nshuro ya 30 abikorera bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, banaha inka imiryango itanu y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye, mu rwego rwo gukomeza kubafata mugongo no kubafasha kwikura mu bwigunge.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye kurushaho kongera ibikorwa remezo byo kwigisha imyuga n’ubumenyi ngiro, mu rwego rwo gukomeza kuzamura igipimo cyo kwihangira imirimo mu rubyiruko rwacikirije amashuri cyangwa abarangiza ayisumbuye bakabura akazi.
Ubuyobozi bw’ishuri rya Saint-Bourget TSS buratangaza ko abanyeshuri 16 bakoze impanuka tariki 05 Gicurasi 2024, bakajyanwa mu bitaro bya Kabgayi barimo boroherwa usibye umunyeshuri umwe wavunitse imbavu ebyiri.
Umunyeshuri wiga mu mashuri abanza wo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, yagiye kwiga ku kigo cy’amashuri abanza cya Gatenzi yambaye ishati ya Polisi y’u Rwanda, ku wa Kane tariki 02 Gicurasi 2024, bitangaza benshi, dore ko ifoto ye yambaye iyo shati yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga.