Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kiratangaza ko kigiye gufatanya n’ikigo gihugura ku buhinzi bubungabunga ibidukikije cya Caritas ya Diyosezi ya Kabgayi, mu guteza imbere ubuhinzi butangiza ibidukikije (CEFOPPAK).
Abakobwa batewe inda bari munsi y’imyaka 18 mu murenge wa Kabacuzi ho mu karere ka Muhanga, basabye inzego zibishinzwe gutegura gahunda zibasobanurira ibijyanye n’imyororokere kuburyo batazajya bagwa mu bishuko.
Abagize Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga (NCPD), n’abagize imiryango yita ku bafite ubumuga mu Rwanda, basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe rwa Kabgayi, banaremera imiryango ibiri y’abafite ubumuga barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi babaha inka.
Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi ucyuye igihe, Musenyeri Simaragde Mbonyintege, yashimiye Perezida Kagame kuba yaramubaye hafi mu bikorwa bya Diyosezi, mu myaka 17 ishize ari umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Kamena 2023 muri Diyosezi ya Kabgayi habereye umuhango wo kwimika ku mugaragaro Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa uherutse gutorwa na Papa Francis kuba Umwepisikopi wa Kabgayi asimbuye Musenyeri Smaragde Mbonyintege ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru.
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, rwaburanishije imiryango isaga 200, ku kirego cyo kutagira ibyangombwa by’irangamimerere byatwikiwe mu biro by’izahoze ari Komini Mushubati, Buringa na Nyakabanda mu ntambara y’abacengezi mu myaka ya 1997-1998.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Murenge wa Nyamabuye bagabiye inka ebyiri imiryango ibiri y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye, mu rwego rwo gukomeza gufata mu mugongo abarokotse mu gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mushimiyimana Laurette avuga ko itariki ya 02 Kamena 1994, ari itariki y’umuzuko kuri we kuko Inkotanyi zamurokoye i Kabgayi amaze iminsi itatu agerageje kwiyahura kubera uburwayi bwa macinya yari afite kandi nta muti abona.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi i Kabgayi mu Karere ka Muhanga bavuga ko kuva ku butegetsi bwa Repubulika ya mbere n’iya kabiri, Abatutsi bahohotewe bagakorerwa Jenoside ariko babanje guhangayikishwa, ku buryo bishwe baramaze guteshwa agaciro bikanatuma ntawe ubasha kwirwanaho.
Umucuruzi wari umenyerewe mu by’akabari mu Mujyi wa Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye, Vincent Nsengimana, yitabye Imana azize urupfu rutunguranye.
Abari bafungiye ibyaha birimo guhohotera abagore, ubujura, ubuhemu n’ibindi byaha bito biyemeje kwisubiraho bakabana neza n’abandi mu muryango Nyarwanda.
Abakorera ibigo 18 bya Diyosezi ya Kabgayi birimo iby’uburezi, ubuvuzi n’izindi serivisi bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barimo n’abari abakozi babyo, biyemeza gukomeza kubumbatira ubumwe no guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga (PSF), bibutse bagenzi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, baremera imiryango 18 y’abatishoboye barokotse Jenoside, batujwe mu Mudugudu wa Kabingo, Akagari ka Tyazo mu Murenge wa Muhanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko imihanda ya Kaburimbo ireshya na kilometero 12, yubatswe ku nkunga ya Banki y’Isi, ishobora kuba yuzuye bitarenze Gicurasi 2023, kuko icyiciro cyayo cya nyuma kireshya na kilometero esheshatu, kigeze kuri 75% gikorwa.
Ubuyobozi Bukuru bwa Banki ya Kigali (BK) bwaganiriye n’abakiriya bayo ba Muhanga, basezerana gukomeza ubufatanye kugira ngo bakomeze kwagura ishoramari ryabo, by’umwihariko abafite ibikorwa binini birimo n’inganda ziri kubakwa mu cyanya cy’inganda cya Muhanga, abacuruzi n’abandi bikorera.
Nyuma y’uko amakuru aturutse i Vaticani y’itorwa rya Pariri Bartazar Ntivuguruzwa, ahabwa inshingano zo kuba Umwepisikopi wa Diyosezi ya Kabgayi kuri uyu wa 2 Gicurasi 2023, yavuze uko yakiriye ubwo butumwa bwa Papa Francis.
Abari Abakozi ba Leta basaga 45 baturutse hirya no hino mu Gihugu, basoje amahugurwa y’iminsi 12 mu gutegura imishinga iciriritse, izishingirwa kugeza kuri miliyoni 500Frw mu bigo by’imari, mu rwego rwo kubafasha kwihangira imirimo.
Kabega Jean Marie Vianney bita Kazungu wo mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga avuga ko ubwo yigaga mu mashuri abanza, atigeze arenza umwanya wa kabiri mu ishuri, ariko aza gutungurwa no kutemererwa kujya mu yisumbuye kuko yari Umututsi.
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Muhanga bwarekuye by’agateganyo abantu batandatu, bari bakurikiranweho icyaha cyo kwica uwari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr. Muhirwe Karoro Charles.
Ibigo by’amashuri byigisha mu buryo bw’uburezi budaheza bukomatanyije abafite ubumuga n’abatabufite, biravuga ko hakiri ibibangamiye iyi gahunda, kubura ibikoresho by’ibanze, inyubako zorohereza abafite ubumuga, no kubura abarimu bazi kwita ku bafite ubumuga.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga, barifuza ko bisi yatwaraga Abatutsi bavanwa i Kabgayi bajya kwicirwa no kurohwa muri Nyabarongo, yagirwa ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside, kuko isobanuye uburyo Leta yashyiraga imbaraga mu kurimbura Abatutsi.
Dusabe Albert w’imyaka 28 wari ukurikiranyweho kwica umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare, Dr. Muhirwe Karoro Charles, yarasiwe mu Murenge wa Cyeza, Akagari ka Kivumu, Umudugudu wa Musengo ahita apfa, nyuma yo kurwanya inzego z’umutekano.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga mu yahoze ari Komini Nyabikene, ubu ni mu Murenge wa Kiyumba, Ndiza yatwarwagwa na sushefu Mbonyumutwa Dominique, bayifata nk’intebe ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Muhanga yarashe igisambo cyari cyikoreye televiziyo kirapfa, kikaba cyari gifite n’ibikoresho cyifashisha mu kwiba birimo inkota na rasoro yo gucukura inzu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burashishikariza abaturage bafite imishinga ishobora kubyara inyungu rusange, kwitegura kurushanwa kunononsora izaterwa inkunga na Leta, kugira ngo ifashe guha akazi abaturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abaturage bangirijwe n’uruganda ruzakora sima rwa Anjia Prefabrication Ltd, bazishyurwa bitarenze ukwezi kwa Mata 2023 kuko bamaze kubarirwa imitungo yabo.
Abahinzi bibumbiye muri Koperative COPARWAMU na IABM zihinga igigori zikanatubura imbuto zabyo, baratangaza ko imihindagurikire y’ikirere yatumye batagera ku musaruro bifuza, kuko izuba ryavuye mu gihembwe cy’ihinga 2023A, ryatumue ibangurira ry’ibigori ritagenda neza.
Polisi mu Ntara y’Amajyepfo irahumuriza abaturage kudakurwa umutima n’ibikorwa by’ubwicanyi n’urugomo, mu gihe kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorwe Abatutsi byegereje.
Urubyiruko rw’abasore n’inkumi bagize icyiciro cya 10 cy’Intore z’Inkomezabigwi mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, rurahamya ko hari byinshi bigiye mu gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali, n’Ingaro y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.
Imiryango isaga ibihumbi bitanu yo mu mirenge itanu y’Akarere ka Muhanga itishoboye, imaze gubabwa ubufasha burimo n’amatungo magufi, ibiryamirwa n’ibyo kurya mu rwego rwo gufasha abana kwitabira ishuri.