Kabega Jean Marie Vianney bita Kazungu wo mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga avuga ko ubwo yigaga mu mashuri abanza, atigeze arenza umwanya wa kabiri mu ishuri, ariko aza gutungurwa no kutemererwa kujya mu yisumbuye kuko yari Umututsi.
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Muhanga bwarekuye by’agateganyo abantu batandatu, bari bakurikiranweho icyaha cyo kwica uwari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr. Muhirwe Karoro Charles.
Ibigo by’amashuri byigisha mu buryo bw’uburezi budaheza bukomatanyije abafite ubumuga n’abatabufite, biravuga ko hakiri ibibangamiye iyi gahunda, kubura ibikoresho by’ibanze, inyubako zorohereza abafite ubumuga, no kubura abarimu bazi kwita ku bafite ubumuga.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga, barifuza ko bisi yatwaraga Abatutsi bavanwa i Kabgayi bajya kwicirwa no kurohwa muri Nyabarongo, yagirwa ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside, kuko isobanuye uburyo Leta yashyiraga imbaraga mu kurimbura Abatutsi.
Dusabe Albert w’imyaka 28 wari ukurikiranyweho kwica umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare, Dr. Muhirwe Karoro Charles, yarasiwe mu Murenge wa Cyeza, Akagari ka Kivumu, Umudugudu wa Musengo ahita apfa, nyuma yo kurwanya inzego z’umutekano.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga mu yahoze ari Komini Nyabikene, ubu ni mu Murenge wa Kiyumba, Ndiza yatwarwagwa na sushefu Mbonyumutwa Dominique, bayifata nk’intebe ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Muhanga yarashe igisambo cyari cyikoreye televiziyo kirapfa, kikaba cyari gifite n’ibikoresho cyifashisha mu kwiba birimo inkota na rasoro yo gucukura inzu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burashishikariza abaturage bafite imishinga ishobora kubyara inyungu rusange, kwitegura kurushanwa kunononsora izaterwa inkunga na Leta, kugira ngo ifashe guha akazi abaturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abaturage bangirijwe n’uruganda ruzakora sima rwa Anjia Prefabrication Ltd, bazishyurwa bitarenze ukwezi kwa Mata 2023 kuko bamaze kubarirwa imitungo yabo.
Abahinzi bibumbiye muri Koperative COPARWAMU na IABM zihinga igigori zikanatubura imbuto zabyo, baratangaza ko imihindagurikire y’ikirere yatumye batagera ku musaruro bifuza, kuko izuba ryavuye mu gihembwe cy’ihinga 2023A, ryatumue ibangurira ry’ibigori ritagenda neza.
Polisi mu Ntara y’Amajyepfo irahumuriza abaturage kudakurwa umutima n’ibikorwa by’ubwicanyi n’urugomo, mu gihe kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorwe Abatutsi byegereje.
Urubyiruko rw’abasore n’inkumi bagize icyiciro cya 10 cy’Intore z’Inkomezabigwi mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, rurahamya ko hari byinshi bigiye mu gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali, n’Ingaro y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.
Imiryango isaga ibihumbi bitanu yo mu mirenge itanu y’Akarere ka Muhanga itishoboye, imaze gubabwa ubufasha burimo n’amatungo magufi, ibiryamirwa n’ibyo kurya mu rwego rwo gufasha abana kwitabira ishuri.
Urubyiruko rw’abasore n’abakobwa barangije amashuri yisumbuye rumaze guhabwa amahugurwa ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, rukaba rwizera kwiteza imbere no gukora ubucukuzi butangiza ibidukikije.
Abanyamuryango ba Koperative ‘Abateraninkunga ba Sholi’ iherereye mu Murenge wa Cyeza, mu Karere ka Muhanga barasaba amashanyarazi yaborohereza mu ruganda rwabo rutunganya kawa, kugira ngo bagaruze miliyoni esheshatu bahomba buri mwaka.
Abakora kwa muganga mu bigo bitandukanye by’ubuzima mu Karere ka Muhanga, bibumbiye mu Ntore z’Impeshakurama z’Akarere ka Muhanga, bagobotse abari barabuze ubwishyu bw’igice cya kabiri cya Mituweli bakaba bagiye gukomeza kwivuza.
Abaturage bakoresha umuhanda wa Cyakabiri-Ndusu by’umwihariko abo mu Murenge wa Kabacuzi aho unyura, bifuza ko imirimo yo kuwukora yakwihutishwa kugira ngo babashe kugira ubuhahirane hagati y’Akarere ka Muhanga na Nyabihu.
Abana biga ku ishuri ribanza rya Les Poussins mu Karere ka Muhanga baremeye bagenzi babo bo mu miryango 20 ikikije ishuri bakennye cyane, babaha imyenda yo kwambara, banishyurira ubwisunge mu kwivuza abagera ku 100.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga buratangaza ko nibura abana hagati ya 20-30 bavuka buri kwezi batagejeje igihe, ni ukuvuga ko bavuka munsi y’ibyumweru 32.
Abakora umwuga wo kubumba amatafari mu Karere ka Muhanga, barifuza ko uruganda rw’amakaro rutabatwarira ibumba bakoreshaga, kuko ryari ribafatiye runini mu gutunga imiryango yabo, gusa byamaze kwemezwa ko iryo bumba rizakoreshwa n’urwo ruganda mu rwego rwo kwagura ishoramari.
Umuturage witwa Sebyenda Jeanvier wo mu Karere ka Muhanga wari waguye mu bwiherero yakuwemo yapfuye, umurambo we ukaba wajyanwe mu bitaro bya Kabgayi ngo ukorerwe isuzuma.
Abarimu bigisha mu mashuri y’incuke mu Murenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga baravuga ko babanganiwe n’umubare munini w’abana mu mashuri.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko hari amakipe yatangiye guhanwa hakurikijwe amategeko y’irushanwa, ariko hazabaho no guhana abakoze ayo makosa byihariye, kugira ngo bagaragarizwe ko guca ukubiri n’ibiteganywa n’irushanwa biteza igihombo ku buryo butandukanye.
Umubyeyi witwa Mbabazi Peace wagiye muri Uganda afite imyaka itandatu y’amavuko, yatashye mu Rwanda atuzwa mu Murenge wa Rongi mu Mudugdu w’icyitegerezo wa Horezo, aho agiye kwitabwaho ngo akomeze ubuzima.
Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu Gihugu (MININTER), iratangaza ko Igororero rya Muhanga ryatangiye kugabanyirizwa ubucucike, kugira ngo abagororwa babashe kwisanzura no kuba mu buzima bwiza.
Mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Kibangu haravugwa umwarimu wigisha ku kigo cy’amashuri cya GS Kibangu, watwikiwe ibikoresho byo mu nzu, hagakekwa umukobwa bivugwa ko bari bafitanye ubucuti.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye gutekereza guhuriza urubyiruko mu makoperative y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, mu rwego rwo kurwanya ubushomeri.
Abagabo batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, nyuma yo gufatanwa udupaki ibihumbi hafi 190 tw’amashashi, bayakuye mu Karere ka Burera baje kuyagurishiriza i Muhanga.
Urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa basaga 60 bwo mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga, barahiriye kwinjira mu muryango FPR-Inkotanyi, no gukora cyane kugira ngo batazatatira indahiro n’igihango bagiranye n’Umuryango.
Ababyeyi n’abayobozi b’ishuri ryitwa Les Petits Pionniers mu Karere ka Muhanga, baravuga ko gutegura umunsi mukuru w’abana mu bihe bya Noheli, ari ukubaha urugero bisanisha na rwo ruzwi ku Isi hose, kandi bibafasha kwiremamo icyizere cyo kugirira Igihugu n’Isi yose akamaro.