Minisitiri Tugireyezu yifatanije n’abanyamuryango ba COCAMU kwishimira umusaruro bagezeho

Minisitiri Tugireyezu Vénantie ukorera mu biro bya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ari mu birori bya koperative COCAMU y’i Kirehe byo kwishimira inyungu ya miliyoni zisaga 80 yungutse muri uyu mwaka wa 2014, abanyamuryango bakaba baza no kugabana iyo nyungu ku gicamunsi.

Minisitiri Tugireyezu yagiye aha mu Karere ka Kirehe atumwe na Perezida Kagame wari wasabwe n’abanyamuryango b’iyo koperative kuzaba ari hamwe nabo bagafatanya kwishimira inyungu nini bavuga ko bagezeho mu mwaka wa 2014.

Guverineri Uwamariya, Minisitiri Tugireyezu, umuyobozi w'akarere ka Kirehe n'inzego z'umutekano bifatanyije na COCAMU kwishimira ibyo bagezeho.
Guverineri Uwamariya, Minisitiri Tugireyezu, umuyobozi w’akarere ka Kirehe n’inzego z’umutekano bifatanyije na COCAMU kwishimira ibyo bagezeho.

Ubwo perezida Kagame yasuraga akarere ka Kirehe mu cyumweru gishize, uwitwa Nyiramahoro Theopista uba muri iyo koperative yari yamusabye ko yazaza kwifatanya nabo bagasangira mu birori byo kwishimira umusaruro.

COCAMU ni koperative y’abahinzi b’ikawa 584 b’ahitwa Musaza mu karere ka Kirehe mu burasirazuba bw’u Rwanda.

Nyiramahoro yari yasabye Perezida Kagame ko bazifatanya nabo muri ibi birori.
Nyiramahoro yari yasabye Perezida Kagame ko bazifatanya nabo muri ibi birori.

Ni koperative yatangiye ari ishyirahamwe ry’abantu 30 mu mwaka wa 2003 baza kuba koperative mu mwaka wa 2006, bahuza ubutaka ubu bakaba bahinga ikawa ku buso bwa hegitari 414 bakaba baraniyubakiye uruganda rutunganya ikawa (station de lavage/coffee washing station).

Biteganyijwe ko mu kugabana inyungu buri muhinzi ahabwa ubwasisi bw’amafaranga y’u Rwanda 60 kuri buri kilo (60/kg) yagemuye kuri urwo ruganda rwabo.

Andi mafoto y’ibirori bya COCAMU:

Mukavumera avuga ko aho yahingaga ibishyimbo yahateye ikawa none akaba amaze gutera imbere.
Mukavumera avuga ko aho yahingaga ibishyimbo yahateye ikawa none akaba amaze gutera imbere.
Abanyamuryango ba COCAMU bari kwishimira umusaruro bungutse muri 2014 bakaza kugabana miliyoni zisaga 70 z'amafaranga y'u Rwanda andi agasigara muri koperative.
Abanyamuryango ba COCAMU bari kwishimira umusaruro bungutse muri 2014 bakaza kugabana miliyoni zisaga 70 z’amafaranga y’u Rwanda andi agasigara muri koperative.

Kigali Today

Ibitekerezo   ( 1 )

urabona ko President wacu imvugo ijyana n’ingiro, ibyo yemereye abanyakirehe dore byagezweho, bravo our president

kirabo yanditse ku itariki ya: 20-11-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka