Abagize itsinda Iganze Gakondo batangaza ko batangiye urugamba rutazasubira inyuma mu gukundisha Abanyarwanda n’abandi bose bakunda umuco nyarwanda mu gususurutsa abawukunda no guhimba indirimbo ziwuhimbaza.
Umwe mu bagabo bemeza ko bacuranze muri Orchestre yakunzwe mu myaka ya 1980 witwa Bihoyiki Francois uzwi nka Karangwa, ku myaka ye 63, avuga ko yazinutswe gucuranga kubera ibyo yahuriye na byo muri Pakita.
Dr Deo Habyarimana ni umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda no muri Kaminuza zigenga, yafashe icyemezo cyo kuririmba indirimbo zisanzwe nyuma y’uko yari amaze igihe azwi cyane mu guhimbaza Imana.
Indirimbo ‘Waah’ ya Diamond wo mu gihugu cya Tanzaniya afatanyije n’icyamamare cyo mu gihugu cya Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, Koffi Olomide, yari itegerezanyijwe amatsiko menshi n’abantu batari bake, ikomeje guca agahigo ko kurebwa cyane kuri Youtube ku buryo budasanzwe.
Umurundikazi uzwi ku izina rya Shugweryimana Riziki yakomanyirijwe na Musitanteri wa Komini Mutumba Faraziya Ruzobavako amushinja ubusambanyi muri iyo komini.
YouTube yafashe icyemezo cyo guhagarika indirimbo y’umuhanzi Chris Hat nyuma y’uko imushinje kuba yaba yarakoze indirimbo itari iye, bikaba ari ibisanzwe ko Youtube ivana igihangano kuri uru rubuga mu gihe bigaragaye ko uwagishyizeho yiyitiriye icy’abandi, bikikora ubwabyo cyangwa hakaba hari uwatanze ikirego.
Umuhanzi Muchoma Mucomani yatangaje ko yamaze kwandikira abashinzwe umuhanzi w’Umunyatanzaniya Harmonize, abasaba ibisobanuro ndetse akaba yiteguye kurega mu gihe yaba atabihawe.
Amakuru akomeje kuvugwa ko uwahoze ari umukunzi wa Safi Madiba yaba yarabonye undi mukunzi mushya akaba ari umuproducer witwa Sano Panda.
Mu gice cya mbere cy’ikiganiro Kigali Today yagiranye na Dr Ryambabaje Alexandre, yatubwiye byinshi ku buzima bwe cyane nk’umwe mu bakinnyi bakiniye ikipe y’igihugu akanayitoza muri Volleyball. Muri iki gice cya kabiri aratubwira kandi bimwe mu byo atazibagirwa mu buzima bwe cyane cyane bwo muri volleyball.
Umuhanzi Alyn Sano yahakanye ko yaba yararirimbiye umusore bakundana mu ndirimbo ye nshya yise ‘Joni’ yamaze kugera hanze iherekejwe n’amashusho.
Izina Ryambabaje Alexandre ni izina rizwi mu Rwanda nk’umunyapolitiki wabaye Minisitiri w’Ubucuruzi ariko kandi akaba azwi cyane nk’umwalimu w’imibare muri Kaminuza akaba n’umuhanga mu gukina Volleyball.
Samuel Eto’o wahoze ari kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Kameruni yarokotse impanuka ikomeye ubwo yari mu gihugu cy’amavuko ku cyumweru tariki ya 08 Ugushyingo 2020 ku muhanda Douala-Bafoussam.
Abagize Itorero Iganze Gakondo batangaje ko igihe kigeze ngo Abanyarwanda bagishidikanya ko indirimbo n’imbyino gakondo ziryohera isi yose babibone, ndetse babe umusemburo wo kuzikundisha abandi.
Sano Patrick ni umwe mu bakora umuziki mu Rwanda wemeza ko yabitangiye mu mwaka wa 2007, akaba yarakoranye n’abantu benshi batandukanye b’ibyamamare hano mu Rwanda.
Umuhanzi Mexance Irakunda yaririmbye indirimbo yise “Niyibigena” agamije kwigisha abantu bose ko nta muntu uhitamo ubuzima avukiramo kandi ko ubuzima buhinduka igihe cyose bitewe n’uko umuntu yabukoresheje.
Mu rwego rwo kuguma kuba ku isonga mu baraperi bo nu Rwanda, umuhanzi Jay Polly aratangaza ko agiye kubaka studio ya mbere muri iki gihugu izaba ikora indirimbo mu buryo bw’amashusho (Video) ndetse n’iz’amajwi (audio).
Ubwo yari ari mu kiganiro cya Buracyeye cya KT Radio, umuhanzi Muchoma Mucomani apfukamye azamuye amaboko asaba imbabazi abantu bababajwe no kuba mu ndirimbo ye ‘Ni Ikibazo’ yaragaragaye ashwanyaguza Bibiriya, akayitwika akanayihamba.
MPC Padiri utangiye kwamamara mu muziki w’u Rwanda, agiye gushyira hanze indirimbo yakoranye na Sergent Major Robert wamamaye ku izina rya Sergent Robert kubera morale ye n’indirimbo ze zikundwa na benshi.
Iyo uri mu Mujyi wa Kigali uva cyangwa ujya i Nyabugogo, biragoye ko wagera aho ujya utumvise bavuga kwa Rasta. Ni ahantu hamamaye kubera gukora inyunganirangingo ndetse haba ahantu ho kwifata neza.
Umuhanzikazi ukizamuka Ivy Kerubo yatangaje ko afite inzozi zo guhagararira Abanyarwanda mu muziki mpuzamahanga, kubera kuririmba Ikinyarwanda neza, Igiswayire ndetse n’Icyongereza.
Padiri Amerika Victor yamuritse igitabo amaze imyaka 10 yandika akaba yaravomye inganzo ya Rugamba Sipiriyani ndetse yikorera ubushakashatsi bwe, yandika gitabo cy’amapaji 352 agamije guhanura abashinga ingo kugira ngo bazubake zihame kandi zikomere.
Umwe mu banditsi bamenyekanye cyane kubera kwandika ikinamico akaba amaze igihe kirekire yandika ikinamico y’uruhererekane yitwa Musekeweya, Rukundo Karoli Lwanga, yemeza ko mu bakinnyi b’ikinamico yamenye nta mukinnyi uhiga Mukandengo Athanasie uzwi nka Kivamvari.
Umuhanzi Nizeyimana Didier wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi nka Muchoma Muchomani, Young Billionaire, Kabwera, n’andi mazina menshi, yatangaje ko yifashishije videwo igaragaramo umusore usa n’uwasinze mu rwego rwo kugaragaza ibibazo biba biri ku isi.
Umuhanzi uri kwigarurira imitima ya benshi muri iyi minsi, MPC Padiri, yamaze kwerekeza mu gihugu cya Tanzania aho yagiye gukora amashusho y’indirimbo “I miss you”.
Abakunzi b’ibiganiro bya KT Radio bahora bibaza umugabo witwa Agahwayihwayi wamamaye kubera uburyo ahamagara kuri radiyo mu gukaraga ijwi no gusakuza, yewe no kudatinya kuvuga uko yumva ibintu cyane mu gusetsa.
Guverineri wa Leta ya Kaduna muri Nigeria Nasir El Rufai, yamaze gusinya itegeko riteganya igihano cyo gushahura (guca igitsina) abagabo bahamijwe icyaha cyo gusambanya abana bato.
Mu mvugo y’ubu gushyira hanze indirimbo nshya babyita ‘gukubita hanze cyangwa hasi umuzigo’, Alyn Sano akaba yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Perimana’, nyuma y’indirimbo ‘Amabara’ yari imaze iminsi ashyize hanze.
Umuhanzi Rich Malik utangiye kwamamara kubera ijwi rye yatangaje ko yakoze indirimbo Umuhanda atagamije gusubiza Igare ya Mico The Best.
Umugore ukundwa n’abatari bake ku isi kubera imyambarire ye n’uburanga bwe, Kim Kardashian, yatangaje ko ikiganiro yahuriragamo n’abo mu muryango we cyakundwaga na benshi kigiye guhagarara.
Ethan Is Supreme, umusore w’imyak 17 wari umaze kwamamara kubera kwerekana ibintu by’ubwiza, yitabye Imana mu mpera z’icyumweru gishize, nyamara na n’ubu urupfu rwe rukomeje kwibazwaho.