Umuhanzi Diamond Platinumz uri mu Rwanda yatangaje ko ibyo abantu bumva mu bitangazamakuru ko akunda gusambana ari ibinyoma ko afite abana batatu gusa, akaba nta mugore arashaka.
Umuhanzi Diamond Platinumz w’Umunyatanzaniya yatangaje ko yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda akaba anateganya kuhashinga uruganda, akaba anateganya kuhagura inzu yo guturamo.
Icyamamare Diamond Platinumz ukomoka mu gihugu cya Tanzaniya yasuye ikigo cya Jordan Foundation kiri mu Gatsata ndetse anabagenera impano y’ibiribwa, kuri uyu wa gatanu tariki ya 19 Mutarama 2018.
Umwe mu baririmbyikazi ba Karaoke bamaze kumenyekana mu Rwanda akaba n’umunyamakurukazi, Jane uwimana asanga abantu bose bakwiye kwiyumvamo impano ibabereye bakayiha agaciro kandi bakanayiha umwanya uyikwiye.
Umuhanzi Senderi International Hit yashavujwe n’amagambo yavuzwe n’umuhanzi akaba n’umunyamakuru wa TV1 Kakoza Nkuriza Charles apfobya ibihangano bye ndetse avuga ko aramutse amusubije yahita arira ako kanya.
Abavukana ari impanga bahuye muri iyi wikendi barasabana, bavuga ukuntu rimwe na rimwe abantu babitiranya cyangwa bakabagirira amatsiko, ibintu bibatera gutinya.
Kigali Body Gard (B KGL), ni ishyirahamwe ry’abasore n’abakobwa bazwi ku izina ry’aba Bouncers, bamenyerewe mu kurinda abahanzi, abanyacyubahiro babyifuza, cyangwa se kurinda umutekano ahantu hahurira abantu benshi, cyane cyane nko mu bitaramo, mu tubari twiyubashye, mu tubyiniro n’ahandi.
Mu gitondo cyo ku itariki ya 28 Ukuboza 2017 nibwo mu Rwanda hatangiye gusakara inkuru ivuga ko Fiona Muthoni Naringwa yabaye uwa kabiri mu irushanwa rya Miss Africa 2017.
Umuryango w’abavutse ari Impanga “Rwanda Twins Family” uri gutegura ibirori ngarukamwaka by’impanga, uvuga ko bizarangwa n’udushya twinshi.
Abafite impano mu kuririmba cyane cyane abaririmba indirimbo zihimbaza Imana barahabwa umwanya maze bigaragaze mu gitaramo cyateguwe n’itorero Bethesda Holy Church.
Umuhanzi Senderi International Hit yagaragaje ko ubukene bumurembeje maze asaba abategura irushanwa rya Primus Guma Guma Superstar kumuha amahirwe yo guhatana.
Umwaka wa 2017 wabayemo ibikorwa bitandukanye by’imyidagaduro birimo udushya twinshi abantu batazibagirwa.
Abana 500 barererwa mu kigo “Mwana Ukundwa” kiri mu Karere ka Huye bari mu byishimo kuko bahawe ibikoresho by’ishuri bazifashisha mu mwaka w’amashuri wa 2018.
Chorale Christus Vincit yakoreye igitaramo muri Christus i Remera abakunzi babo banyurwa n’indirimbo zigize umuzingo (album) w’indirimbo zabo wa mbere.
Kayirebwa Cecile na Kidumu basabanye n’abakunzi babo babataramira mu gitaramo cyabereye i Gikondo ahasanzwe hareba Expo.
Umuzingo (Album) w’indirimo 10 zihimbaza Imana niwo Chorale Christus Vincit igiye gushyira ahagaragara, ifashe abakunzi bayo kwizihiza Noheli.
Umuraperi Riderman ahamya ko azakora igitaramo cy’amateka ubwo azaba amurika umuzingo (Album) wa munani w’indirimbo ze.
Chorale de Kigali iri gutegura igitaramo cyitwa “Christmas Carols Concert” (igitaramo kigizwe n’indirimbo za Noheli) kizaba ku cyumweru tariki ya 17 Ukuboza 2017.
Mu irushanwa ry’ubwiza rya Miss Rwanda 2018 hazagaragaramo impiduka nyinshi ku buryo n’abakobwa bahatanira ikamba baziyongera.
Abaririmbyi bo muri “Ambassadors of Christ Choir” bari gutegura igitaramo kigamije gukangurira urubyiruko kuva mu ngeso mbi z’ibiyobyabwenge.
Umuhanzi uririmba indirimbo zihimbaza Imana, Israel Mbonyicyambu yamuritse “Album” y’indirimbo ze yise “Intashyo” yongera kwerekana ko ari umuhanzi ukunzwe n’abatari bake.
N’ubwo bimenyerewe ko utubyiniro tuba dusakuza, muri Kigali hongeye kuba akabyiniro katavuga mu buryo busanzwe ahubwo abantu bakumvira indirimbo muri headphones kandi buri muntu agahitamo umu dj ashaka akanda kuri izo headphones.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye buratangaza ko gutunganya mu bisi bya Huye, aho Nyagakecuru uzwi mu mateka y’u Rwanda yari atuye, bizatwara arenga miliyari 2.5Frw.
Inyambo ni inka zigaragaza umubyimba munini n’amahembe manini kandi maremare zaranze amateka y’u Rwanda, ziboneka i Nyanza ku gicumbi cy’umuco.
Charly na Nina bashyize hanze album yabo ya mbere bise “Imbaraga”, bashimira abafana bakunze iyo ndirimbo kuko ari yo yatumye bamenyekana.
Umuririmbyi w’icyamamare wo muri Uganda, Juliana Kanyomozi yageze i Kigali aje gushyigikira Charly na Nina mu gitaramo bafite ku wa gatanu tariki ya 01 Ugushyingo 2017.
Abana baturiye ikigo cyahoze kirererwamo impfubyi cyo kwa Gisimba mu Nyakabanda mu karere ka Nyarugenge bakiranye urugwiro Sonia Rolland Uwitonze, baramuririmbira maze nawe yerekana imvamutima ze.
Hari amakuru amwe yavugaga ko Irene Uwoya uzwi nka Oprah yaje mu Rwanda gushyingura nyakwigendera Ndikumana Hamad Katauti, bahoze bakundana bakanabana.
Akanama gashya kazayobora amatora y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru Rwanda (FERWAFA) gatangaza ko katangiye kwakira amadosiye y’abashaka kuyobora iryo shyirahamwe.
Iserukiramuco rya Musanze ryaranzwe no kwerekana ubugeni n’ubukorikori bukorerwa muri Musanze no mu Rwanda muri rusange.