Intebe n’ibindi bikoresho by’ibanze bikorwa mu rufunzo, ngo ni ibikoresho byiza kandi bihendutse kuko bijyanye n’amikoro ya buri wese nk’uko ababikora babivuga, bikaba bikundwa na bamwe kubera kuba umwimerere wa Afurika, kandi kubikora mu rufunzo ntacyo bihungabanya ku miterere y’ibidukikije.
Umuryango w’urubyiruko iDebate Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu tariki 15/2/2014, wateguye amarushanwa y’ibiganiro mpaka mu rwego rwo gukangurira abanyeshuri biga mu masegonderi kugira umuco wo kuganira ku bibazo byugarije igihugu.
Umuryango w’urubyiruko iDebate Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu tariki 15/2/2014, wateguye amarushanwa y’ibiganiro mpaka mu rwego rwo gukangurira abanyeshuri biga mu masegonderi kugira umuco wo kuganira ku bibazo byugarije igihugu.
Umusore witwa Omar Leo w’imyaka 32, ukomoka i Nyamirambo yongeye kugaragara nyuma y’umwaka aburiwe irengero. Hari hakomeje kuvugwa ko yanyerejwe n’inzego z’umutekano ariko we yabihakanye avuga ko yahisemo gutoroka kuko yabonaga umuyobozi wa Green Party, Frank Habineza, yaramugambaniraga.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Kimihurura mu karere ka Gasabo rwahuriye mu busabane busiza umwaka, runaboneraho kuganira kuri zimwe gahunda za leta abenshi mu rubyiruko batagira amahirwe yo gusobanukirwaho nka gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” na Gahunda yo “Kwigira.”
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aravuga ko Umunyarwanda atari ubyitirirwa, byaba bishingiye ku kuvuka cyangwa igice abarizwamo ahubwo ko ari uharanira ineza y’abandi Banyarwanda, “akihesha agaciro”, akirinda kwiyoberanya no kuvuga abantu kurusha kuvuga ibintu.
Abayobozi batandukanye bo ku rwego rw’igihugu n’abakirisitu banyuranye bahuriye kuri Paruwasi Regina Pacis yo mu murenge wa Remera mu karere ka Gasabo mu gitambo cya missa cyo gusabira Nyakiwgendera Nelson Mandela, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/12/203.
Ubuyobozi n’abaturage bo mu murenge wa Kimihurura mu karere ka Gasabo, baremeza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” izabaha umwanya wo kubohoka ku Banyarwanda kandi abakuru bakabwiza ukuri amateka y’u Rwanda abakiri bato kugira ibyabaye nabo bitazababaho.
Itsinda rigizwe n’abakora mu nzego zitandukanye zishinzwe abagore muri Cote d’Ivoire ziratangaza ko ziteguye kwigira ku bunararibonye bw’u Rwanda mu kubahiriza uburenganzira bw’abagore, zikaba zizera ko hari byinshi zizasubirana iwabo.
Mu Murenge wa Gisozi, Akagali ka Ruhango ahazwi nko kuri Café, tagisi itwara abagenzi izwi nka “Twegeranye” yakoze impanuka ku mugoroba wa tariki 26/10/2013 igonga imodoka ebyiri n’inzu abantu 5 barakomereka , bamwe ku buryo bukomeye.
Umwana w’imyaka 9 wo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali yitabye imana mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 20/10/2013 arohamye mu cyobo cy’amazi cyari hafi y’icyubakwa.
Igishushanyo mbonera gishya cy’umujyi wa Kigali cyamuritswe kigaragaza uburyo uyu murwa mukuru uteganywa guhindurwamo ikitegererezo muri Afurika no ku isi, bitewe n’iteganyamigambi rijyanye n’igihe ryashyizwe imbere mu myubakire izaba iriho.
Abashoramari biganjemo Abanyarwanda, barashaka guteza imbere imishinga itatu, yo kubaka iguriro rya kijyambere ahari isoko na gare i Kimironko mu mujyi wa Kigali, hamwe n’amazu yo guturamo n’ububiko bunini bw’ibicuruzwa bitandukanye mu karere ka Gasabo.
Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda, yatumije bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye, kugira ngo ibasobanurire uburyo umunyeshuri wo mu Rwanda agomba guhatanira kwiga muri Amerika ku buntu.
Igikorwa cyo gutora abagore bazahagararira bagenzi babo mu nteko ishinga amategeko mu myaka itanu iri imbere mu murenge wa Kimironko mu karere ka Gasabo, cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 17/09/2013, cyabaye mu mutuzo ndetse kinitabirwa ku rugero rushimishije.
Abantu barenga ibihumbi 80 nibo bitabiriye igikorwa cyo gusoza ibyumweru bitatu byo kwamamaza abakandida bazahagararira umuryango FPR-Inkotanyi mu matora yabadepite ateganyijwe tariki 16/09/2013.
Abakandida b’umuryango FPR-Inkotanyi batowe mu murenge wa Remera, biyemeje ko bazakomereza mu kazi abadepite b’uyu muryango bakoze ko guteza imbere igihugu, nk’uko babyiyemereye imbere y’imbaga yari yaje kubashyigikira mu gikorwa cy’amatora.
Umuyobozi wa Inyarwanda Ltd Wilson Misago uzwi ku izina rya Nelly ari mu myiteguro ya nyuma yo gushinga urugo hamwe n’umukobwa witwa Hilarie Uwabimfura mu bukwe buzaba ku wa gatandatu tariki 14/09/2013.
Uruganda rwega inzoga zitwa African Lion Gin rurasaba abakunzi b’inzoga zitwa African Gin kuzitondera kugira ngo zitangiza ubuzima bwabo. Ibi ngo biraterwa n’uko hadutse abakora African Gin z’inyiganano zishobora kwangiza ubuzima.
Abagore babiri n’umugabo umwe bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera bakekwaho gufata bugwate no kwambura amafaranga uwitwa Sengoga Modeste, mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki ya 30/08/2013 rishyira kuwa gatandatu tariki ya 31/08/2013, igikorwa bakoreye mu murenge wa Gisozi, mu kagari Ruhango.
Urubyiruko rugera kuri 300 ruturutse mu bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), rwifatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Kimihurura mu, mu karere ka Gasabo, mu gikorwa cy’umuganda wabaye ku wa Gatandatu tariki 31/08/2013.
Umuryango FPR-Inkotanyi werekanye abakandinda bawo bahatanitanira umwanya mu nteko ishinga amategeko. Igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 28/08/2013, gikurikiye itangizwa ku mugaragaro ryo kwiyamamaza ku mashyaka yose.
Ubuyobozi bw’akagari ka Rugando mu murenge wa Kimihurura akarere ka Gasabo, buratabariza ikibazo cy’ikibanza kiburanwa n’umusaza Mugiziki Aloys na Fred Ntagungira Alias Rushirabwoba kuko ngo gishobora gutuma umwe muri bo ahasiga ubuzima.
Biteganyijwe ko imiryango 28 y’abasigajwe inyuma n’amateka izimurirwa mu mudugudu yubakiwe mu murenge wa Jali mu karere ka Gasabo, nyuma yo kwimurwa i Kimironko aho bari babayemo ubuzima butari bwiza.
Ibikorwa bitandukanye by’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage akarere ka Gasabo kahize kuzageraho muri uyu mwaka w’imihigo wa 2012/2013, byose byose bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyari 17,7, nk’uko byemezwa n’umuyobozi wako Willy Ndizeye.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gisozi bwasabwe kugira ibiro bishya bwatashye ingoro y’abaturage bazajya baboneramo serivisi zose bifuza, kuko kugira ngo wubakwe byavuye mu mbaraga zabo, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba ubwo yatahaga ibi biro bishya biherereye mu karere ka Gasabo, kuri uyu wa (…)
ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 26/07/2013, ahagana i saa Moya igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade kiraturitse, gihitana abantu batatu n’aho abandi bagera kuri 32 barakomereka, nk’uko amakuru aturuka muri Polisi y’igihugu abitangaza.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidele Ndayisaba, arasaba abagore bo mu murenge wa Gatsata babashije kwiteza imbere nyuma yo kuva mu mirimo yabandagazaga mu muhanda, gufasha bagenzi babo batarabona ayo mahirwe kugira ngo nabo bazamuke.
Imirenge ya Gisozi na Ndera yo mu karere ka Gasabo irizera gukomeza iterambere ishyiraho ibikorwa bitandukanye nk’amazu y’ubucuruzi, mu gihe aka karere nako kemeza ko iyo gahunda ari nziza kuko izinjiza imisoro izazamura akarere n’igihugu muri rusange.
Akarere ka Gasabo n’abafatanya bikorwa bako biyemeje ko igihembwe cy’ihinga gitangirana n’ukwezi kwa cyenda kigomba kurangwamo impinduka nshya mu buhinzi n’ubworozi muri aka karere gasa nk’aho kasigaye inyuma muri ibyo bice.