Kigali: Nyakwigendera Mandela yagenewe igitambo cya missa yo kumuherekeza

Abayobozi batandukanye bo ku rwego rw’igihugu n’abakirisitu banyuranye bahuriye kuri Paruwasi Regina Pacis yo mu murenge wa Remera mu karere ka Gasabo mu gitambo cya missa cyo gusabira Nyakiwgendera Nelson Mandela, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/12/203.

Iyi misa yakozwe ku bufatanye bw’Abagatulika n’Abo mu itorero ry’Abangilikani, yibanze ku kuzirikana uyu musaza uherutse gutabaruka, wafatwaga nk’intwari ndetse n’ikitegererezo ku isi yose.

Abayobozi batandukanye bitabiriye misa yo gusabira Nyakwigendera Mandela.
Abayobozi batandukanye bitabiriye misa yo gusabira Nyakwigendera Mandela.

Abafashe ijambo bose bagarutse ku butwari bwa Mandela wahaze ubuzima bwe akemera gufungwa imyaka igera kuri 27, kugira ngo aharanire amahoro ndetse na nyuma yo gufungurwa ntiyihorere ku bazungu bamufunze.

By’umwihariko Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, ari nawe mushyitsi mukuru wari uhari, yatangaje ko isi ibuze intwari by’umwihariko u Rwanda rwareberagaho mu guharanira amahoro no kubabarirana.

Misa yo gusabira Nyakwigendera Mandela yabereye muri Paruwasi ya Regina Pacs iherereye i Remera.
Misa yo gusabira Nyakwigendera Mandela yabereye muri Paruwasi ya Regina Pacs iherereye i Remera.

Yagize ati “Duteraniye aha kugira ngo twbuke umwana wa Afurika waharaniye kuba mu mahame. Turamwibuka nk’umuyobozi mwiza ariko ikiruseho turamwibuka nk’umuntu. Tukamuha icyubahiro kubera guharanira igihe kirekire ubutabera n’icyizere.”

Ambasaderi wa Afurika y’Epfo, , yatangaje ko u Rwanda n’igihugu ahagarariye bihuriye ku mateka yo guharanira kurwanya urwango mu bantu, kubera amateka babayemo. Yatangaje ko urupfu rwa Mandela rwongeye kurushaho kwegeranya ibihugu byombi kugira ngo biharanira ubuzima bwiza bw’ababituye.

Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda nabo bari baje muri iyi misa yo gusabira Nyakwigendera Mandela.
Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda nabo bari baje muri iyi misa yo gusabira Nyakwigendera Mandela.

Abaturage bakuze ari nabo bari benshi mu bitabiriye iyi misa, batangaje ko nabo babyirutse Mandela bamufata nk’icyitegererezo. Baboneraho gusaba abakiri bato kugerageza gukora ibyiza kugira ngo bizabe aribyo bibukirwaho nabo, nk’uko umwe mu basaza yabitangaje.

Ati “Nta muntu uvukana ubutwari ahubwo arabwiga akabukurana. Urubyiruko rw’iki gihe rufite amahirwe yo kurebera ku butwari bw’umwe mu ntwari isi yigeze kugira. Byagakwiye kubabera isomo ryo gukora ibyiza bikaba aribyo bazasiga mu mateka.”

Nelson Mandela yapfiriye mu rugo rwe i Johannesbourg tariki 5/12/2013, aho yavurirwaga kanseri yo mu bihaha.Yazanwe mu rugo nyuma y’amezi atatu avurirwa mu bitaro.

Nyakwigendera Mandela wanahawe igihembo cy’amahoro cya Nobeli kizwi nka "Prix Nobel”, ni umwe mu bayobozi batangwaho urugero bigishije ubumwe n’ubwiyunge, nyuma yo gufungwa imyaka 27 yose.

Ni gake yagaragaye mu ruhame kuva yajya mu kiruhuko cy’izabukuru mu mwaka wa 2004. Yagaragaye bwa nyuma mu ruhame mu 2010 mu mikino y’Igikombe cy’Isi cy’Umupira w’Amaguru yabereye muri Afurka y’Epfo.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Nshima cyane imyitwarire ya mandera ,njye yambereye icyitegererezo

Nkurunziza yanditse ku itariki ya: 30-12-2013  →  Musubize

w’re going to
follow his footsteps as an exmplary.

claver yanditse ku itariki ya: 14-12-2013  →  Musubize

IMANA imuhe iruhuko ridashira kandi ubutwari bwawe bukomeze kuranga abayobozi bacu

venuste yanditse ku itariki ya: 14-12-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka