Akarere ka Gasabo gatangaza ko ibikorwa by’abanyeshuri barokotse Jenoside (AERG) n’abakuru barangije kwiga (GAERG), ngo bigaragaza ishusho nyayo y’uko Igihugu cyibohoye.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 12 Werurwe 2016, imiryango AERG na GAERG yakomeje ibikorwa byo kwitegura kwibuka ku nshuro ya 22. ibikorwa bakoze birimo gusukura urwibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Jabana no gufasha umwe mu bacitse ku icumu utishoboye.
Urwunge rw’Amashuri “Fawe Girls School” ruri ku Gisozi muri Gasabo, rusanga kuba inyubako nyinshi zarwo zitagerekeranije, bituma ubutaka budacungwa neza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo burashimira umutwe w’Inkeragutabara wabubakiye ibyumba 49 mu mezi ane birimo 43 byigwamo n’abana.
Imashini itanga amashanyarazi (Generator) yo muri kaminuza y’u Rwanda ishami ry’Uburezi, yahoze yitwa KIE, yahiye irakongoka ku mpamvu zitaramenyekana.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Kinyinya muri Gasabo ruvuga ko rwiteguye Kwibuka rugaragaza ibikorwa biganisha ku bumwe, ubwiyunge n’iterambere.
Abahanga mu by’ubukungu bagira inama u Rwanda, yo guhindura imikorere hakoreshejwe ikoranabuhanga, mu rwego rwo gukomeza umuvuduko w’iterambere ruriho.
Minisiteri y’Ubuzima ntiyemeranya n’ababuza abaturage kuryama mu nzitiramibu bababwira ko ziri mu bikurura udusimba tw’ibiheri hakaba n’abahisemo kwemera kuribwa n’imibu.
Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane (Transparency International), watangaje ko uhangayikishijwe n’imikorere irimo ruswa muri siporo hirya no hino ku isi.
Abakozi bakora mu mirimo yo kubaka umudugudu wa Gacuriro barinubira kwirukanwa kwa hato na hato ndetse bamwe ngo bakagenda batanahawe ibyo bemererwa n’amategeko.
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ivuga ko umubare w’abakeneye ibiribwa urushaho kwiyongera kuruta uko abahinzi bitabira kongera umusaruro bakoresheje ifumbire mvaruganda.
Umubare w’abashaka kubona amanota mu bizami bya Leta mu buryo bw’uburiganya, waragabanutse cyane mu bizamini bisoza umwaka wa 2015.
Umuryango AHF Rwanda utangaza ko buri mwaka mu Rwanda hasigaye hinjizwa udukingirizo tugera kuri Milioni eshanu kandi tugakoreshwa tugashira.
Ubuyobozi bw’Umushinga wita ku burezi (EDC) urasaba abarezi, abanyeshuri gufata neza ibikoresho utanga kugira ngo bizafashe n’abo mu gihe kizaza.
Abahanzi barimo Charlie, Nina na Big Farious, bateguye igitaramo kizabera i Rugende mu rwego rwo gushimisha abizihiza umunsi w’abakundana.
Urubyiruko rwo mu bihugu bikoresha icyongereza (Commonwealth) ngo rurashaka gukomeza kubaka amahoro ku isi, rushingiye ku bunararibonye bwa buri gihugu.
Komisiyo ishinzwe kuvugurura amategeko (RLRC) ivuga ko ivugurura ry’igitabo cy’amategeko hari abo rizarenganura bakoraga icyaha kimwe bagahanwa mu buryo butandukanye.
Intumwa za Loni zishinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro, zashimye ingufu u Rwanda rushyira mu gutegura abajya kubungabunga amahoro ku isi.
Ingabo zishinzwe ubuzima mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ziravuga ko ziteguye gutabara mu gihe akarere kaba kigabijwe n’ibyorezo by’indwara nka ZIKA.
Serivisi za mbere z’ubuvuzi zifashisha utudege duto (Drones) mu Rwanda ngo zizatangira gutangwa guhera muri Nzeri 2016.
Bamwe mu bitabiriye amatora y’abayobozi b’inzego z’ibanze muri Kigari bateguje abayobozi bashya kuzahangana n’ibibazo by’ibiyobwenge, imibereho mibi no gukaza ubukangurambaga.
Abaturage bo mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo batinze gutangira amatora kuko umubare wagenwe ngo atangire wari utaruzura.
Abashoramari b’Abayapani biyemeje guhinga indabo mu Rwanda bagamije kuzamura umusaruro wazo nyuma yo gusanga ubuhinzi bwazo bukiri hasi.
Kuba Uburundi na Tanzaniya bidakoresha visa imwe n’ibindi bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), byagaragajwe nka kimwe mu bidindiza iterambere ry’ubukerarugendo mu karere biherereyemo.
Koperative Umurenge SACCO Jabana muri Gasabo yabuze amafaranga yo guha abaturage bayibikijemo, none bamwe ngo babuze uko bajyana abana kwiga.
Ministeri y’Ubutabera (MINIJUST) yihanangirije abahesha b’inkiko b’umwuga barahiye, ababwira ko abatazubahiriza amategeko bazabihanirwa, ndetse bigatesha agaciro urugaga rwabo.
Ministeri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga(MYICT), yatangaje ko intwari y’ubu ari ishobora guhashya ubukene no "gukarabya abafite ingengabitekerezo ya Jenoside"
Inteko Ishingamategeko, Umutwe w’Abadepite, yagejejweho umushinga w’itegeko w’ivanwaho rya ONATRACOM kubera ko igiye gusimburwa na sosiyete ya RITCO Ltd.
Jenoside yakorewe Abayahudi yibukiwe ku rwibutso rw’iyakorewe Abatutsi, kuko bose bahuje akababaro, nk’uko byatangajwe na Ambasaderi wa Israel, Belaynesh Zevadia.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Remera mu Karere ka Gasabo burakangurira abaturage kugira isuku umuco umwanda ukaba amateka.