Urugo rwa Hakuzimana Deogratias na Mukamurenzi Laurence rumaze imyaka ibiri rushaka gusenyuka kubera ko Mukamurenzi anywa umutobe agakekwaho ubusambanyi.
Impuzamiryango irwanya ihohoterwa mu Karere k’ibiyaga bigari, COCAFEM GL irasaba abagabo n’abahungu kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa rikorerrwa abakobwa n’abagore.
Minisiteri y’ibikorwa remezo iratangaza ko bitarenze umwaka wa 2023 ingo zibarirwa mu bihumbi 445 zo mu gihugu hose, zizaba zimaze kubona amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.
Ubuyobozi bw’Ikigo Nderabuzima cya Nyabikenke mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga, buramara impungenge abashaka serivisi zo kwikebesha (Kwisiramuza) kuko ubu biri gukorwa ku buntu.
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Kamonyi bemeza ko nubwo bumvira ababyeyi, badashobora kubatega amatwi igihe baba bababwira ibitubaka.
Umushumba wa Diocese ya kabgayi Musenyeri Smalagde Mbonyintege arasaba inteko nshya y’abadepite kuzafasha kurwanya ihuzagurika mu nzego za Politiki by’umwihariko mu burezi n’iterambere.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhang bavuga ko badakeneye umudepite wicara mu Nteko agatora amategeko gusa, ahubwo bifuza uzana impinduka nziza mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Minisiteri y’Imari n’igenamigambi (MINECOFIN) iravuga ko Abanyarwanda bakomeje guteza imbere urwego rw’abikorera, mu gihe kitari kire kire igihugu cyakwihaza 100% by’ingengo y’imari gikoresha.
Umukandida wigenga wiyamamariza umwanya w’ubudepite mu Nteko ishinga amategeko Mpayimana Philippe, aravuga ko natorwa azarinda ivumbi mu mibiri y’abanyarwanda.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga barasaba ishyaka riharanira ukwishyira ukizana PL gukemura ikibazo cy’abana bo mu muhanda kugira ngo hazaboneke abayobozi b’ejo hazaza h’igihugu.
Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA) ivuga ko hakwiye gukorwa ibishushanyo mbonera by’Imijyi yunganira uwa Kigali bijyanye n’ubushobozi bw’abaturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buratangaza ko bukeneye hejuru ya Miliyali ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo hubakwe amazu hafi 800 yangijwe n’ibiza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buratangaza ko bukeneye hejuru ya Miliyali ebyiri z’amafaranga y’u rwanda kugira ngo hubakwe amazu hafi 800 yangijwe n’ibiza.
Ikigo nyarwanda cyitwa Arise Education, mu Rwanda kiratangaza ko mu minsi mike u Rwanda ruraba rufite abana bandika ibitabo ku rwego rw’isi kandi babihemberwa.
Mu ijoro ku wa kabiri tariki ya 10 Nyakanga abantu bataramenyekana bivugwa ko babarirwa mu 10 bitwaje intwaro gakondo, batemye abantu bane mu Murenge wa Shyogwe mu Kagari ka Ruri mu Mudugudu wa Murambi, barabakomeretsa bidakabije.
Imibare y’inzu ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiturire (RHA) cyatanze ku nzu zirimo kubakwa mu Karere ka Muhanga, bigaragara ko ntaho ihuriye n’iyo akarere ubwako kemera.
Ababyeyi barerera mu ishuri ryigisha imyuga rya Gatumba TVET School mu Karere ka Ngororero, barifuza ko hashyirwamo ishami ry’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro aboneka mu gace iri shuri riherereyemo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko bugiye guhagurukira ikibazo cy’amasoko atangwa mu Karere bivugwa ko yiharirwa n’abakozi bako mu buryo bw’ibanga.
Abacuruzi bo mu Ntara y’Amajyepfo baragaya bagenzi babo bashoye imari muri Jenoside yakorewe Abatutsi aho kuyifashisha Abanyarwanda bari bakennye cyane.
Ihuriro ry’abadepite bagize Inteko ishinga amategeko rirwanya Jenoside ndetse rikanarwanya ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi, riravuga ko urubyiruko rufite uruhare runini mu kurwanya ingenga bitekerezo ya Jenoside.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) kiratangaza ko nta Munyarwanda urafatwa n’indwara ifata amatungo izwi nka “Rift Valley fever.”
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko n’ubwo gufasha abatishoboye na bo bakwiye kwigomwa bike bakizigamira kugira ngi birwaneho igihe inkunga zibuze.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Mwendo baravuga ko kwibuka ababo bazize Jenoside bikwiye kujyana no gukemura ibibazo bafite.
Abafite inganda zitunganya ibikorerwa mu Rwanda baravuga ko gahunda ya “Igira ku Murimo” izatuma babasha kubona abakozi barabaye inzobere.
Yankurije Collette yicuza ubuzima bwose yabayeho atazi gusoma no kwandika, akavuga ko iyo aza kuba yarize ubuzima bwe butari kuba bwaramukomereye nk’uko byagenze.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 IBUKA, uratangaza ko abacitse ku icumu batazongera gusaba amakuru y’ahajugunywe imibiri y’ababo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Dr. Alvera Mukabaramba yiyemeje kwikurikiranira imikorere ya Komite nyobozi nshya y’Akarere ka Ruhango.
Kuri uyu wa 25 Gicurasi 2018, Akarere ka Ruhango kamaze kubona Komite Nyobozi nshya isimbura iherutse kwegura.
Uwihanganye Jumaine atanga ubuhamya bw’ukuntu yatemaguye Mukamuyango Xaverine mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi akamusiga aziko yapfuye, ariko ubu akaba ari umwe mu nshuti ze magara.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edourd Ngirente yifatanije n’abaturage bo mu Karere ka Karongi baburiye ababo mu biza byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 6 Gicurasi 2018, abizeza ko guverinoma izakomeza kubaba hafi.