Imiryango yashyinguye abayo mu irimbi rya Munyinya mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, iravuga ko amazi menshi y’imvura aturuka mu ngo zirituriye yatangiye gusenya imva nyuma y’amezi abiri gusa rimaze rifunze.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Emmanuel Gasana, aratangaza ko abanyeshuri bose bigaga bacumbikirwa mu bigo by’amashuri yisumbuye muri iyo Ntara, baraye basubijwe mu miryango yabo usibye abanyamahanga batarabona uko bataha.
Hakizimana Jean Bosco wahoze mu mashyamba ya Kongo mu mutwe wa FDLR avuga ko nyuma y’imyaka umunani atashye yakoze akiteza imbere ku buryo ari kubaka inzu mu mujyi wa Rubavu igiye kuzura itwaye Miliyoni 30frw.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burizeza ababyeyi ko bwashyize imbaraga mu gucyura abanyeshuri, ku buryo n’abaraye badatashye kuwa Mbere tariki 16 Werurwe, bataha kuri uyu wa Kabiri, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.
Abarinzi b’igihango bo mu Karere ka Karongi bavuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bakoze uko bashoboye ngo batabare abahigwaga, bagera hafi yo gupfana na bo aho kubatanga.
Ubuyobozi bw’uruganda rutunganya ikigage mu Karere ka Kamonyi, buratangaza ko igerageza rya mbere ku kwenga ikigage rizatangirana n’ukwezi kwa Mata naho gucuruza bikaba byatangirana na Gicurasi uyu mwaka wa 2020.
Abagore bakoresha ibimina bivuguruye mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga baravuga ko byabateje imbere bahindura ubuzima mu miryango yabo.
Belgique Edouard utuye mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango amaze kugabira abantu batandatu bamwiciye umuryango muri Jenoside yakorewe Abatutsi, mu rwego rwo gushimangira ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda.
Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye n’ayigisha imyuga mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba bavuga ko ibiganiro bahabwa mu mahuriro y’Ubumwe n’Ubwiyunge zabafashije kurwanya ivangura rishingiye ku turere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buravuga ko ibikorwa by’iterambere byangije imitungo y’abaturage ibarirwa muri miliyoni 200frw.
Umuyobozi mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Dr. Diane Karusisi aratangaza ko serivisi zayo z’ikoranabuhanga zigiye kurushaho kumanurwa zikegera abaturage nyuma y’uko hari benshi bakibika amafaranga mu mifuka.
Akarere ka Ruhango katangije ikipe y’umukino w’amagare izajya yitabira na Shamiyona y’umukino w’amagare mu Rwanda.
Urugaga rw’abikorera PSF mu Karere ka Muhanga ruratangaza ko hakenewe miliyali imwe na miliyoni zisaga 100 z’amafaranga y’u Rwanda, kugira ngo icyiciro cya mbere cy’isoko rya Muhanga cyuzure.
Amakuru aturuka mu buyobozi bw’Uturere twa Ngororero na Ruhango aravuga ko imvura nyinshi yaguye mu matariki ya 02-06 yangije cyane imihanda n’amateme, na hegitari nyinshi z’umuceri.
Abakozi 104 barimo abo ku rwego rw’umurenge, akarere no mu tugari bahinduriwe imirimo mu rwego rwo kurushaho guha serivisi nziza abaturage.
Abakozi 42 baherutse guhagarika akazi ku rwego rw’akarere n’imirenge mu Karere ka Muhanga, basimbujwe by’agateganyo mu rwego rwo kuziba icyuho aho abayobozi batagihari.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abakozi bako 41 ari bo bamaze kugeza amabaruwa yabo ku karere basaba guhagarika akazi mu gihe kitazwi, gusezera ku kazi no gusesa amasezerano y’akazi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abakozi benshi basezeye ku mirimo yabo kubera kunanirwa kuzuza inshingano zabo.
Urugereko rwihariye rw’urukiko rukuru rwa Nyanza ruburanisha imanza mpuzamahanga n’imanza zambukiranya imipaka rwatangiye kumva uko Nsabimana Callixte yiregura ku byaha akurikiranyweho n’ubushinjacyaha.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko inka bahawe muri gahunda ya ‘Girinka Munyarwanda’ zarushijeho kubabanisha neza, no kunga ubumwe n’ababahemukiye.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Rutsiro buratangaza ko bugiye kubakira amacumbi abasoromyi b’icyayi kugira ngo babashe koroherezwa urugendo, bityo n’umusaruro urusheho kwiyongera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko abantu icyenda bapfuye mu mezi ane ashize, baguye mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro n’akoreshwa mu bwubatsi, abandi bane bagakomereka.
Urwego rw’Umuvunyi ruratangaza ko hejuru ya 90% y’ibibazo rwakira biba bidafite ishingiro, kuko nibura 6% ari byo bigaragaza akarengane gusa. 33% y’ibi bizo byakirwa n’Urwego rw’Umuvunyi kandi biba bishingiye ku manza mbonezamubano ku buryo ngo byagakwiye gukemukira mu muryango bitagombye kubasiragiza mu nkiko.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro bishyuwe amafaranga bakoreye bubaka ibyumba by’amashuri kuri GS Mukura nyuma y’umunsi umwe biyemeje kurara ku biro by’Umurenge.
Abafite ubumuga mu Karere ka Muhanga baravuga ko gahunda ya Gerayo Amahoro izagabanya ubumuga buterwa n’impanuka igihe abakoresha umuhanda baramuka bayubahirije.
Abaturage b’Umurenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro baratangaza ko biyemeje kurara ku biro by’Umurenge kugeza igihe bishyuriwe amafaranga bavuga ko bakoreye bubaka ibyumba by’amashuri ya GS Mukura.
Ikigo cy’imari Duterimbere IMF mu Karere ka Ruhango cyibwe n’abajura batoboye inyubako ya banki, bakangiza umutamenwa bagatwara miliyoni zizaga 11frw basanzemo.
Inzobere zo mu gihugu cy’Ubwongereza ziratangaza ko imiterere y’amabara no gushaka kuyatandukanya ari bumwe mu buryo bwo korohereza uwabazwe amaso gukira vuba by’umwihariko ku mwana.
Abahoze bakorera amavuriro mato (Postes de Santé) mu Karere ka Ngororero barasaba ubuyobozi bw’Akarere kubishyura imishahara bakoreye mbere y’uko ayo mavuriro yegurirwa abikorera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko ishuri ryigisha imyuga Unique TVET School, ryamaze gufunga imiryango, kandi ko iryitwa Future Gate TVET School riherutse guhamagarira abanyeshuri kurigana ritaremererwa gukora.