Abiga guteka mu ishuri (Rera Umwana Centre) mu Karere ka Nyanza baravuga ko gufungurirwa Bare na Resitora bizatuma boroherwa no kubona aho bakorera imenyereza mwuga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko impfu ziterwa no kwangiza ibidukikije ziruta kure impfu z’intambara imaze umwaka.
Umushumba wa Diyosezi ya Butare akaba n’Umuyobozi w’Inama Nkuru y’Abepiskopi Musenyeri Philippe Rukamba aravuga ko Kiriziya Gatolika idateganya guca Umupadiri cyangwa Umubikira wakoze akanahanirwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abakozi b’ibigo bifasha abahohotewe (Isange One Stop Centers) baravuga ko hakiri abagana ibyo bigo basibanganyije ibimenyetso cyangwa bakererewe bigatuma badahabwa serivisi zihabwa abakorewe ihohoterwa.
Perezida w’Umuryango uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (IBUKA) Prof. Jean Pierre Dusingizemungu, avuga ko hari Abajenosideri bakeka ko ibyaha bakoze bitagifite gikurikirana kuko aho bibereye mu mahanga bari mu mudendezo.
Umuryango Uharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA) urasaba abafasha mu by’ihungabana kumanuka bakegera abahuye n’icyo kibazo hakurikijwe imibereho yabo.
Imiryango 15,593 y’Abatutsi igizwe n’abantu 68,871 ni yo imaze kumenyekana ko yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Umuryango IBUKA mu Karere ka Kamonyi burashishikariza Abanyarwanda guca ukubiri n’indorerwamo y’Amoko kuko abafite ingengabitekerezo ya Jenoside baba batifuriza igihugu amahoro.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) igaragaza ko kuva mu 1970 hashyizweho amatsinda akomeye y’Abahutu, yifashishijwe mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bw’Ikipe ya AS Muhanga buratangaza ko itazitabira igikombe cy’amahoro uyu mwaka kubera ikibazo cy’umushobozi buke.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro WDA buravuga ko abanyeshuri biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro bakwiye gushyira imbere kwiga kuruta gukorera amafaranga.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mayaga mu Karere ka Ruhango baravugako nta mugambi wo kwihorera ku babiciye bafite ahubwo bagamije gufatanya mu kubaka u Rwanda.
Hon. Gasamagera Wellars avuga ko mu 1994 hafunzwe abitwaga ibyitso by’Inkotanyi kandi Abatutsi bakamburwa agaciro kugeza ku mafaranga 1500 FRW.
Abahesha b’inkiko batabigize umwuga mu Karere ka Muhanga baravuga ko ubukene no gutsimbarara ku myanzuro y’inkiko ku batsinzwe biri mu bituma imanza zitarangirizwa igihe.
Abarokotse Jenoside bo mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Kinazi barasaba ko Maitre Ntaganda Bernard afatwa agashyikirizwa ubutabera kuko bavuga ko yari yarashyizeho bariyeri yicirwagaho Abatutsi.
Abarokotse Jenoside mu Cyahoze ari Komini Kibilira bavuga ko 1990-1994, ari umwihariko w’amateka akwiye kwandikwa by’umwihariko kuko ari ho yageragerejwe.
Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 urasaba abacitse ku icumu kudafata impinduka y’ingengabihe y’icyumweru cy’icyunamo nk’igamije gupfobya Jenoside.
Urwego rw’Ubushinjacyaha mu Karere ka Muhanga rurasaba ababyeyi kuba maso, kuko abakozi bo mu ngo n’ababatwarira abana ku mashuri harimo ababasambanyiriza abana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buratangaza ko miliyoni hafi 400frw ari zo zakoreshejwe mu kubaka ibyumba bishya by’amashuri, gusana no gusimbuza ibishaje.
Abaturage bo mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, barasaba ko ivuriro riciriritse biyujurije ryakwegerezwa amazi, n’abaganga bahagije.
Abarimu bo mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Ruhango baravuga ko kongera ibyumba by’amashuri byajyana no gukwirakwiza ikoranabuhanga rya Mudasobwa na Interineti.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, ishami ry’amazi isuku n’isukura, iravuga ko bitarenze muri 2024 buri munyarwanda azaba agerwaho n’amazi meza.
Ubuyobozi bw’ishuri ryigisha imyuga Nyanza Technical School (NTS) ryo mu Karere ka Nyanza buravuga ko Leta ikwiye gutera inkunga ibigo mu bwishingizi bw’inkongi y’umuriro.
Intwari z’imena ziravuga ko icy’ingenzi kuri zo atari ukumenya abagabye igitero ku ishuri rya Nyange bigagaho ahubwo icy’ingenzi ari isomo abanyarwanda bakuramo.
Abagize Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Nyanza baravuga ko bagiye gukaza ingamba zo guhwitura bagenzi babo bitwara nabi rimwe na rimwe babitewe no kwirirwa mu tubari.
Depite mu Nteko ishinga amategeko Hon. Rwaka Pierre Claver aravuga ko kuba yararezwe n’umugore se umubyara amaze gupfa, kandi yari uruhinja rufite ubumuga bimwereka agaciro gakomeye umugore akunda umuryango we.
Abize bakanakora umwuga w’Inozabubanyi (Public Relations) baravuga ko abakoresha benshi batarumva akamaro n’inshingano by’umukozi ushinzwe guhuza ikigo n’abakigana.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko 30% by’impfu z’abageze kwa muganga ziterwa no gutinda kubakira, kubakira nabi cyangwa gutinda kubavura.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye Dr Isaac Munyakazi avuga ko nta mwarimu ukwiye kwimwa serivisi z’ubuvuzi kuko atarahembwa.
Umugabo n’umugore we batuye mu mudugudu wa Mubuga, akagali ka Gasharu, umurenge wa Shyogwe, mu karere ka Muhanga bari mu maboko y’ubugenzacyaha (RIB) bakekwaho kwica abana babo babiri bari bamaze ukwezi kumwe bavutse.