Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA) ivuga ko hakwiye gukorwa ibishushanyo mbonera by’Imijyi yunganira uwa Kigali bijyanye n’ubushobozi bw’abaturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buratangaza ko bukeneye hejuru ya Miliyali ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo hubakwe amazu hafi 800 yangijwe n’ibiza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buratangaza ko bukeneye hejuru ya Miliyali ebyiri z’amafaranga y’u rwanda kugira ngo hubakwe amazu hafi 800 yangijwe n’ibiza.
Ikigo nyarwanda cyitwa Arise Education, mu Rwanda kiratangaza ko mu minsi mike u Rwanda ruraba rufite abana bandika ibitabo ku rwego rw’isi kandi babihemberwa.
Mu ijoro ku wa kabiri tariki ya 10 Nyakanga abantu bataramenyekana bivugwa ko babarirwa mu 10 bitwaje intwaro gakondo, batemye abantu bane mu Murenge wa Shyogwe mu Kagari ka Ruri mu Mudugudu wa Murambi, barabakomeretsa bidakabije.
Imibare y’inzu ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiturire (RHA) cyatanze ku nzu zirimo kubakwa mu Karere ka Muhanga, bigaragara ko ntaho ihuriye n’iyo akarere ubwako kemera.
Ababyeyi barerera mu ishuri ryigisha imyuga rya Gatumba TVET School mu Karere ka Ngororero, barifuza ko hashyirwamo ishami ry’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro aboneka mu gace iri shuri riherereyemo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko bugiye guhagurukira ikibazo cy’amasoko atangwa mu Karere bivugwa ko yiharirwa n’abakozi bako mu buryo bw’ibanga.
Abacuruzi bo mu Ntara y’Amajyepfo baragaya bagenzi babo bashoye imari muri Jenoside yakorewe Abatutsi aho kuyifashisha Abanyarwanda bari bakennye cyane.
Ihuriro ry’abadepite bagize Inteko ishinga amategeko rirwanya Jenoside ndetse rikanarwanya ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi, riravuga ko urubyiruko rufite uruhare runini mu kurwanya ingenga bitekerezo ya Jenoside.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) kiratangaza ko nta Munyarwanda urafatwa n’indwara ifata amatungo izwi nka “Rift Valley fever.”
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko n’ubwo gufasha abatishoboye na bo bakwiye kwigomwa bike bakizigamira kugira ngi birwaneho igihe inkunga zibuze.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Mwendo baravuga ko kwibuka ababo bazize Jenoside bikwiye kujyana no gukemura ibibazo bafite.
Abafite inganda zitunganya ibikorerwa mu Rwanda baravuga ko gahunda ya “Igira ku Murimo” izatuma babasha kubona abakozi barabaye inzobere.
Yankurije Collette yicuza ubuzima bwose yabayeho atazi gusoma no kwandika, akavuga ko iyo aza kuba yarize ubuzima bwe butari kuba bwaramukomereye nk’uko byagenze.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 IBUKA, uratangaza ko abacitse ku icumu batazongera gusaba amakuru y’ahajugunywe imibiri y’ababo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Dr. Alvera Mukabaramba yiyemeje kwikurikiranira imikorere ya Komite nyobozi nshya y’Akarere ka Ruhango.
Kuri uyu wa 25 Gicurasi 2018, Akarere ka Ruhango kamaze kubona Komite Nyobozi nshya isimbura iherutse kwegura.
Uwihanganye Jumaine atanga ubuhamya bw’ukuntu yatemaguye Mukamuyango Xaverine mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi akamusiga aziko yapfuye, ariko ubu akaba ari umwe mu nshuti ze magara.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edourd Ngirente yifatanije n’abaturage bo mu Karere ka Karongi baburiye ababo mu biza byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 6 Gicurasi 2018, abizeza ko guverinoma izakomeza kubaba hafi.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankwano Marie Rose arasaba urubyiruko rw’abasore n’inkumi rwatangiye urugerero ruciye ingando, gukora rutiganda rugamije kubaka imbere heza.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu aratangaza ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatusti barushywa n’ubusa banga gutanga amakuru y’ahajugunywe Abatutsi muri Jenoside.
Mu ijoro ryakeye mu Karere ka Ngororero imvura yaguye ari nyinshi iteza inkangu ndetse inasenya amazu, bihitana abantu icyenda, abandi babiri baburirwa irengero.
Abantu batanu bitabye Imana bazize inkangu yaridutse igasenyera umuryango umwe w’abana bane n’umubyeyi wabo.
Minisiteri y’Uburezi yandikiye abayobozi b’Uturere ibasaba guca akajagari kagaragara mu iyongezwa ry’amafaranga yakwa ababyeyi n’igenwa ry’agahimbaza musyi ka mwarimu.
Kuva Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahagarikwa, Ndakubana Bertin w’imyaka 59 y’amavuko ntarakandagira mu kiliziya kubera amagambo y’agashinyaguro Padiri Athanase Seromba yababwiye igihe bamuhungiragaho.
Abafatanyabikorwa mu burezi bw’amashuri abanza baravuga ko ikibazo cy’ibitabo bidahagije mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza kibangamiye umuco wo gusoma.
Umuryango Imbuto Foundation usaba urubyiruko rwiga muri Kaminuza y’u Rwanda kwitabira gahunda yo kwiga kuvuga no kugaragaza ubumenyi bwabo mu ruhame.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku mazi n’amashyamba (RWAFA) kiratangaza ko mu myaka itandatu iri imbere umugezi wa Nyabarongo uzaba urubogobogo.
Ababyeyi barerera mu Kigo cy’amashuri cy’ubumenyingiro cya Nyanza Technical Shool baravuga ko inzu y’uburyamo bw’abana biyujurije igiye kurushaho kubungabunga umutekano wabo.