Ubwo Ubushinjacyaha bwasozaga igikorwa cyo gushinja abagize uruhare mu bitero byagabwe ku butaka bw’u Rwanda bigahitana bamwe mu baturage ndetse bikangiza n’imitungo yabo, bwasoreje kuri Nsabimana Jean Damascene wakoraga akazi k’ubumotari.
Nsengimana Herman wasimbuye Nsabimana Callixte ku buvugizi bw’umutwe wa MRCD-FLN yemereye urukiko rukuru urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ko yabaye muri FLN ariko atari azi ko ari umutwe w’iterabwoba.
Umukozi w’Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) ushinzwe kurwanya Malariya, Dr. Emmanuel Hakizimana, avuga ko impfu za Malariya zagabanutse, aho zavuye kuri 706 mu mwaka wa 2016 zigera ku 148 mu mwaka wa 2020.
Ubushinjacyaha buvuga ko umugore witwa Mukandutiye Angelina ari we washishikarije abana b’abakobwa batarageza imyaka y’ubukure kujya mu mutwe w’iterabwoba wa MRCD-FLN.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Mata 2021, Urukiko rukuru urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, ni bwo rusoje kumva ibyaha ubushinjacyaha buregamo abantu icyenda ku bitero byakorewe Nyaruguru, Nyamagabe na Rusizi.
Umukozi wa Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Innovation ushinzwe Innovation (Guhanga udushya), Esther Nkunda, arasaba ababyeyi gukurikirana imyigire y’abana babo ariko by’umwihariko bakareba niba biga ikoranabuhanga.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, avuga ko mu kwezi kumwe amavuriro y’ibanze atanga serivisi z’inyongera azaba yamaze kubona abakozi batanga izo serivisi akakira abayagana.
Umuyobozi mushya w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, Mufulukye Fred, yasabye abakozi b’iki kigo ko niba bifuza kurushaho kunoza akazi, bagomba gukunda igihugu, ubwitange, ubunyangamugayo no gukorera hamwe nk’ikipe.
Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 22 Mata 2021, ubushinjacyaha bwatangiye kurega abakoze ibitero by’iterabwoba mu Karere ka Rusizi, bunagaragaza ko intwaro zifashishwaga zavaga muri Congo zikabikwa mu murima w’umuturage mu Rwanda.
Ubushinjacyaha burarega uwari ushinzwe kohereza abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FLN, Nizeyimana Marc, ibyaha icyenda, byinshi muri byo akaba abihuriyeho na Paul Rusesabagina bari mu rubanza rumwe.
Ubushinjacyaha buvuga ko Paul Rusesabagina akwiye gukurikiranwaho ibyaha byakozwe n’umutwe wa MRCD-FLN nka gatozi, kuko ari we wari umuyobozi wawo akaba n’umuterankunga.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, avuga ko umuyobozi w’umudugudu bazasanga ucururizwamo ibiyobyabwenge atarabimenyesheje azajya yegura.
Ku wa mbere tariki ya 19 Mata 2021, abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bo mu Murenge wa Rukomo bageneye ubufasha imiryango 25 y’abarokotse Jenoside batishoboye.
Uwamurera Aline w’imyaka 30 y’amavuko yitabye Imana, barumuna be babiri bari mu bitaro ku kigo nderabuzima cya Muhura bikekwa ko byaturutse ku gahinda batewe no kubura nyirakuru wabareze.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Emmanuel K. Gasana, arasaba aborozi n’abavuzi b’amatungo kurushaho kuvugurura amatungo hagamijwe kugera ku mukamo mwinshi, cyane ko bagiye kubona uruganda ruzakenera amata menshi.
Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Amb. Claver Gatete, yasabye kompanyi za Fair Construction na Chico kwihutisha ikorwa ry’imihanda batsindiye kuko abaturage bayikeneye.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, avuga ko guturana n’Umujyi byongera ibikorwa by’ubujura mu Karere ka Rwamagana, by’umwihariko imirenge bihana imbibe, ariko inzego zitandukanye zikaba zabijeje umutekano na bo babigizemo uruhare.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Mata 2021, kizatangira gutanga urukingo rwa Pfizer ku bantu bibereye mu modoka zabo.
Umuyobozi w’Umuryango uhuriyemo abayobozi b’amadini n’amatorero mu Rwanda (Rwanda Religious Leaders Initiative) Bishop John Rucyahana avuga ko abanyamadini bakwiye kwihana kuko barebera ihohoterwa rikorerwa abana.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Emmanuel K. Gasana, avuga ko guhera ku wa Mbere tariki ya 19 Mata 2021, ingo zose mu Ntara y’Iburasirazuba zigiye gusinya imihigo yo kurwanya imirimo mibi ikoreshwa abana, ihohoterwa ribakorerwa ariko by’umwihariko isambanywa ryabo.
Twambajimana Frodouard wo mu mudugudu wa Kinoga, Akagari ka Karambo, Umurenge wa Kiyombe mu Karere ka Nyagatare avuga ko gahunda ya Girinka na we yamugezeho ikaba yaratumye acika ku kwatisha imirima kuko yiguriye iye.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr. Ron Adam, avuga ko kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ari uko ibihugu byombi bihuje amateka ya Jenoside.
Mfitimfura Emmanuel umwe mu barokokeye muri Kiliziya ya Karubamba avuga ko ababazwa n’uko abari ku isonga muri Jenoside yakorewe mu cyahoze ari komini Rukara batahanwe kuko batorotse ubutabera.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu yahoze ari Komini Murambi (ubu ni mu Karere ka Gatsibo) yagaragaje umwihariko w’uko yakozwe mu gihe gito hicwa benshi, hakaba hari n’abagore bari baribumbiye mu cyo bise Interamwete bagamije gutera akanyabugabo basaza babo ngo badacika intege mu kwica.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel Gasana, ku wa Gatandatu tariki ya 10 Mata 2021 yagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyagatare mu Mirenge ya Kiyombe, Mukama na Tabagwe ari kumwe n’abagize inama y’umutekano y’Intara itaguye.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko iyo umuyobozi akoreye neza umuturage, umuturage na we amwitura ineza. Yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 09 Mata 2021, ubwo abaturage b’Umurenge wa Muhura bashyikirizaga abanyerondo b’umwuga imyambaro na moto bizabafasha kurushaho gucunga umutekano.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yatangaje ko kuva ku wa 01 kugeza ku wa 08 Mata 2021, hamaze kugaragara ibikorwa bigaragaramo ingengabitekerezo ya Jenoside 22, abantu 18 bakaba ari bo bamaze kubifatirwamo.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 08 Mata 2021, ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) bibutse abari abakozi b’icyahoze ari ELECTROGAZ bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, avuga ko nta muyobozi ukwiye kuryama ngo asinzire mu gihe hari umuturage utarakemurirwa ikibazo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, avuga ko impamvu imirenge itandatu mu Ntara y’Amajyepfo yashyizwe muri Guma mu Rugo ari uko imibare y’abandura Covid-19 ikomeje kuzamuka.