Nsabimana Callixte wiyise Sankara, umwe mu baregwa mu rubanza rwa Paul Rusesabagina na bagenzi be, avuga ko atiyumvisha ukuntu we na Rusesabagina ari bo baregwa kurema umutwe w’iterabwoba wa FLN kandi barawusanzeho.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Nyagatare, Twagirayezu Emmanuel, avuga ko ushatse gutanga amakuru kuri Jenoside yakorewe mu Kagari ka Gakirage mu karere ka Nyagatare yicwa, bakaba bamagana icyo gikorwa cy’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Murekatete Chantal w’imyaka 26 y’amavuko ukomoka mu Murenge wa Gatsibo yituye hasi ashiramo umwuka mu gihe abaganga bari bakigerageza kureba ikibazo afite.
Umuyobozi wa Kaminuza ya East Africa Rwanda, Dr. Kitambala Marcelin, avuga ko Interahamwe zamaze kwica Abatutsi mu Rwanda, ababashije guhungira muri Congo zihabasanze na ho zibicirayo.
Ibi byabaye kuri iki cyumweru tariki ya 20 Kamena 2021, mu mudugudu wa Nyarubuye, akagari ka Karenge Umurenge wa Kabarore.
Minisitiri w’Uburezi Dr. Valentine Uwamariya avuga ko kwiga binyuze mu ikoranabuhanga bitashoboka mu gihe kaminuza zidafite internet ndetse na mudasobwa bihagije.
Kayitesi Alice wakomerekeye mu bitero by’umutwe w’iterabwoba wa FLN, avuga ko azashira ihungabana ndetse agakira n’ibikomere ari uko ahuye n’ababimuteye.
Kuri uyu Gatanu tariki ya 18 Kamena 2021, Ubushinjacyaha bwasabiye ibihano abantu bane bagabye ibitero mu Karere ka Rusizi bigakomerekeramo abantu bikangiza n’imitungo yabo.
Uwayoboye abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba MRCD-FLN mu nzira ibageza ku butaka bw’u Rwanda, witwa Shabani Emmanuel, Ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa imyaka 25.
Bizimana Cassien bita Passy wayoboye ibitero byagabwe mu Karere ka Rusizi, ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy’igifungo cy’imyaka 25 kubera ibikorwa by’iterabwoba aregwa.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Kamena 2021, ubushinjacyaha bwasabiye Nizeyimana Marc igihano cy’igifungo cya burundu kubera ibyaha akurikiranyweho bijyanye n’iterabwoba ndetse n’ubwicanyi.
Kuri uyu wa Kane tariki 17 Kamena 2021, Ubushinjacyaha busabiye Herman Nsengimana igifungo cy’imyaka 20.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Kamena 2021, urubanza ruregwamo Rusesabagina n’abo bareganwa rwakomeje, Ubushinjacyaha bukaba bwasabiye Paul Rusesabagina igifungo cya burundu.
Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe, Ndahindurwa Fiacre, avuga ko guhera ku ya 15 Kamena 2021, Abajyanama b’akarere batangiye icyumweru cy’abajyanama basanga abaturage mu mirenge ahanini hagamijwe kumva ibibazo byabo, ariko by’umwihariko kubashishikariza gukomeza ingamba zo kwirinda Covid-19.
Nyirayumve Eliane waburiye umugabo we mu bitero bya FLN, arasaba urukiko kumuha ubutabera akabasha kurera abana batanu yasigiwe n’umugabo ndetse no kuzuza inzu yubakwaga.
Umwunganizi mu mategeko Mukashema Marie Louise, yiyemeje gufasha bamwe mu bagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN, barimo Ngirababyeyi Desire w’umushoferi wa kompanyi ya Alpha na Habimana Zerot babuze ubushobozi bwo gushaka ababunganira mu mategeko.
Utumatirizi (Mealybugs), ni udusimba duto tw’umweru dufite amaguru menshi ku mpande zose zikikije igihimba cyenda gusa n’ibara ry’ivu.
Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe, Ndahindurwa Fiacre, avuga ko inzara yahoze mu cyari Gikongoro yabaye amateka kuko ubu akarere gakungahaye mu buhinzi, cyane cyane ubw’ibirayi n’icyayi.
Umuyobozi wa Koperative Rwangingo Rice Growers, Kalisa Eugene, yibaza ukuntu inka zivuye mu rwuri zikajya aho zitagenewe zifatwa zigatezwa cyamunara nyamara inyamaswa zajya mu baturage zikabangiriza imyaka bigafatwa nk’ibintu byoroshye.
Umushakashatsi akaba n’umwalimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Prof. Leon Mutesa, avuga ko mu Rwanda nta bwandu bushya bwa Covid-19 yagaragaye mu Buhinde burahagera, uretse ubwo muri Afurika y’Epfo no mu Bwongereza.
Umushakashatsi akaba n’umwalimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Prof. Leon Mutesa, avuga ko u Rwanda ruri mu bihugu bitanu ku isi bifite uburyo busanzwe bwo gupima Covid-19 hiyongereyeho uburyo bwifashisha imbwa zihumuriza.
Ku gicamunsi cyo ku wa 10 Kamena 2021, umwana w’umukobwa w’imyaka itatu n’igice yahiriye mu nzu abura umutabara arakongoka.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze umukinnyi wa Sunrise witwa Mugabo Gabriel akaba akekwaho icyaha cyo gukoresha umuntu imibonanano mpuzabitsina ku gahato.
Umuyobozi w’abafana b’ikipe y’Akarere ka Nyagatare, Sunrise FC, avuga ko nta mpungenge bafite z’uko ikipe ishobora kumanuka mu cyiciro cya kabiri kuko iby’ingenzi byose bihari, icyaburaga ari ugushyiramo imbaraga gusa.
Umwanditsi w’ibitabo, Jean Nepo Ndahimana Ruhumuriza, avuga ko isambanywa ry’abana ari ishyano ritagira gihanura kandi bikwiye kubabaza buri munyarwanda wese, bityo agafata ingamba zigamije kurirandura.
Niyomugabo Alphonse warumwe n’igitera mu mwaka wa 2019 yaravuwe arakira ndetse ubu ariga nk’abandi.
Umunyeshuri wiga mu mwaka wa Gatanu w’amashuri abanza kuri GS Rukomo wagarutse ku ishuri nyuma y’umwaka atiga, arakangurira bagenzi be kwirinda guta ishuri kuko kenshi n’imirimo birukiramo bakora nta cyo ibagezaho kuko akenshi banabamburwa.
Ntazinda Augustin warokokeye i Ruramira avuga ko yirukanywe ku ishuri, yigira inama yo gusaba Burugumesitiri kumuhindurira ubwoko ngo abashe gukomeza kwiga ariko aramuhakanira, ava mu ishuri atyo.
Umwe mu barokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, mu cyahoze ari Kibungo, Philibert Ruhezamihigo, avuga ko iyo uvuze Inkotanyi uba uvuze ubuzima kuko ari zo zabagaruriye icyizere cyo kubaho.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga Umukuru w’Umudugudu uzajya agarura abana bari bataye ishuri azajya ahembwa.