Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota RAV4 yavaga i Kigali ijya ahitwa Mayange mu Bugesera ihiriye mu muhanda irakongoka ariko ku bw’amahirwe ntawe ihitanye nta n’ukomeretse.
Umusaza witwa Muzima Celestin w’imyaka 60 y’amavuko yishe umuhungu we witwa Ndikumana Joseph w’imyaka 22 y’amavuko amutemaguye n’umuhoro kugeza apfuye.
Umunyonzi utaramenyekana amazina ye yaguye mu mpanuka y’imodoka yabereye mu mudugudu wa Gahembe mu kagari ka Maranyundo mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Abana bane b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka 13 na 15 bafatiwe ahitwa kuri Arete mu kagari ka Kanzenze mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera, bari mu modoka ibajyanye i Kigali kureba umugore wari wabemereye akazi ko gukora mu rugo.
Inkamyo ikururana yo mu bwoko bwa Actros yari itwaye ifumbire yaguye mu ruzi rw’Akagera, ubwo ikiraro gihuza akarere ka Ngoma n’akarere ka Bugesera cyacikaga.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamata mu karere ka Bugesera rwakatiye abantu babiri igifungo cy’iminsi 30, kugira ngo rubashe gukora iperereza ku cyaha bakekwaho cyo kugira uruhare mu rupfu rw’umwana w’umunyeshuri witwa Nyiranzabandora Chantal umaze imyaka itatu apfuye.
Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yashyikirije moto yo mu bwoko bwa TVS uwitwa Havugimana Manassé w’imyaka 34 y’amavuko yari yaribiwe mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera maze ijyanwa kugurishwa mu gihugu cy’u Burundi.
Umugabo witwa Ntihabose Venant w’imyaka 35 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera azira gutanga ruswa y’amafaranga ibihumbi icyenda nyuma yaho umupolisi yari amufatanye inzoga za Amstel bock zikorerwa mu Burundi azijyanye mu mujyi wa Kigali.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Bugesera rwafashijwe muri gahunda yiswe “Akazi Kanoze” barashima ko imibereho yabo yahindutse ugereranyije na mbere kuko bariho nabi batarajya muri iyi gahunda.
Umukobwa witwa Mushimiyimana Sarume w’imyaka 22 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatwa yonsa abana babiri yareraga nk’umukozi kandi afite ubwandu bw’agakoko ka SIDA.
Umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko afungiye kuri polisi y’umurenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera akekwaho gukoresha imibonano mpuzabitsina umwana w’umuhungu w’imyaka ine yari ashinzwe kurera.
Umuntu utaramenyekana yataye umwana uri mu kigero cy’amezi atatu mu bwiherero bw’ikigo nderabuzima cy’umurenge Kamabuye mu karere ka Bugesera.
Abantu bataramenyekana bibasiye inka z’abaturage barazitemagura, kuko ibyo bimaze gukorwa mu murenge wa Kamabuye ndetse n’uwa Ngeruka yose yo mu karere ka Bugesera.
Umugore utaramenyekana yataye umwana w’uruhinja ufite hagati y’amezi atanu n’atandatu, mu rusengero rwa ADEPR ruri mu murenge wa Kamabuye mu kagari ka Mpeka mu mudugudu wa Byimana mu karere ka Bugesera.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Mareba mu karere ka Bugesera buravuga ko bugiye guhagurukira ikibazo cy’abana bata ishuri mu maguru mashya kandi abo bana bagahita basubizwa mu mashuri bari baravuyemo.
Umwana witwa Bikorimana Jean de Dieu w’imyaka 7 y’amavuko yanyweye Kanyanga afite imyaka itatu ahita agira ubumuga bwo kutavuga no kugenda kandi mbere yari muzima.
Mu rukerera rwo kuwa 3/9/2014, abapolisi bashinzwe umutekano mu muhanda mu karere ka Bugesera bafashe imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Carina ipakiye amakaziye 17 y’inzoga za Amastel bock zinjizwa mu Rwanda mu buryo bwa magendu.
Mu Karere ka Bugesera hatangijwe ibikorwa byo kubaka ibyumba by’amashuri byo muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12, azubakwa mu mezi ane kuko azigirwamo mu mwaka w’amashuri wa 2015.
Kuri uyu wa kane tariki ya 28/08/2014, Umushinga Plan international Rwanda washyikirije akarere ka Bugesera ishuri wubakiye abatuye ako karere rifite agaciro ka miliyoni 362 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umugande Osbert Nuwahereza w’imyaka 24 y’amavuko na mugenzi we Joseph Balikuddembe w’imyaka 44 y’amavuko bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata nyuma yo gufatirwa mu cyuho baha umupolisi ruswa y’ibihumbi 90 kugira ngo areke kubakoraho iperereza.
Umunyonzi witwa Nizeyimana Jean Claude w’imyaka 19 y’amavuko yitabye Imana mu gitondo cyo kuwa 29/8/2014, ubwo yagongaga imodoka ya Fuso nyuma yo kubura uko ayikatira kubera umuvuduko mwinshi yari afite.
Umushoferi witwa Mushimba Jean Bosco w’imyaka 40 y’amavuko na Kigingi we witwa Habiyaremye Emmanuel w’imyaka 22 y’amavuko bakomerekeye bikomeye mu mpanuka y’imodoka yagonze umukingo, ku buryo kubakuramo babanje gutemagura igice cy’imbere cy’imodoka.
Abaturage bo mu murenge wa Ntarama bibumbiye muri Koperative “KOMITE Y’ABATURAGE B’UMURENGE WA NTARAMA” yakoraga ibikorwa by’isuku mu muhanda Kigali-Nemba mu gice cyo mu murenge wabo, barasaba ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera kubishyura ibirarane by’amafaranga y’amezi atatu batishyuwe mbere y’uko basesa amasezerano bari (…)
Umukobwa w’imyaka 16 y’amavuko wo mu kagari ka Kayumba mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera wari waburiye irengero nyuma y’ibyumweru bitatu yabonetse mu karere ka Karongi mu ntara y’iburengerazuba.
Abarimu bo mu karere ka Bugesera baranenga mugenzi wabo wigisha mu mashuri abanza wibye ibitoki mu murima w’umuturage.
Umushoferi witwa Rwiyamira Gilbert w’imyaka 45 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma yo kugerageza guha ruswa y’amafaranga ibihumbi bibiri umupolisi ushinzwe umutekano wo mu muhanda.
Umugabo witwa Nsabimana Samson w’imyaka 28 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, kubera gutwika ibiganza by’umwana we w’imyaka itanu abivumbitse mu makara amuziza ko yataye amadarubindi ye.
Umugabo uzwi ku izina rya Kazungu utaramenyekana umwirondoro we yitabye Imana mu gitondo cyo kuwa 22/8/2014 azize ibuye yakubiswe n’uwo basangiraga mu kabari.
Uwitwa Niyonshuti Emmanuel afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana w’umukobwa witwaga Nyiranzabandora Chantal umaze imyaka itatu apfuye.
Abagore batatu n’abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatirwa mu mukwabu bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge birimo inzoga itemewe ya kanyanga.