Abaturage bo mu Ntara ya Oromia na Amhara baherukaga gushyamirana bituma uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Hailemariam Desalegn wakomokaga mu ba Amhara, yegura mu mwaka wa 2018.
Perezida Kagame yavuze ko kubaka ubushobozi bw’igisirikare bidakwiye gutera ubwoba abantu baba abari mu gihugu ndetse no mu baturanyi, kuko u Rwanda rwifuza umubano mwiza n’ibihugu birukikije, kandi ko hazakorwa ibishoboka byose kugira ngo uwo mubano uboneke.
Kuri uyu wa Mbere tariki 26 Mata 2021, mu Ishuri rikuru rya Gisirikari riherereye i Gako mu Karere ka Bugesera, habereye umuhango wo kwambika abanyeshuri basoje amasomo mu bya gisirikari, bakaba bambitswe amapeti abinjiza mu ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’aba Ofisiye.
Ahitwa Kaseramba mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, haraye hafatiwe abantu 16 bari mu birori nyuma y’ubukwe, barazwa ku Murenge.
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 12 barimo Umuhanzi Jay Polly, bafatiwe i Kibagabaga mu Mujyi wa Kigali bari mu birori binyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera abayobozi bakuru muri Polisi y’u Rwanda no mu rwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS).
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru urubyiruko rw’abasore 11 bafashwe bizihiza isabukuru y’amavuko ya mugenzi wabo witwa Safari Kevin w’imyaka 21. Polisi ivuga ko aba bantu bari barenze ku mabwiriza yashyizweho na Leta yo kwirinda no kurwanya icyorezo cya COVID-19. Uru rubyiruko rwafatiwe mu Kagari ka Kimihurura, (…)
Muri iki cyumweru, urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwatangiye kumva ibijyanye n’amakimbirane yaranzwe hagati ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda n’ibyangijwe hagati y’imyaka ya 1998-2003.
Mu gitondo cyo ku wa Kane tariki ya 22 Mata 2021 Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 8 bafashwe barenze ku mabwiriza yashyizweho na Leta yo kwirinda no kurwanya icyorezo cya COVID-19. Bafashwe bari mu birori byo kwizihiza isabukuru y’amavuko y’uwitwa Mugisha Ivan w’imyaka 36, bafatirwa mu Karere ka Kicukiro, (…)
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufunze abagabo batatu bakurikiranyweho icyaha cy’ubujura bw’ibikoresho by’ikoranabuhanga by’ubwoko butandukanye byibwe mu mujyi wa Kigali.
Itsinda ry’Abapolisi b’u Rwanda 80 bagize icyiciro cya Gatandatu basoje igikorwa cyo kujya gusimbura bagenzi babo bo mu cyiciro cya gatanu bamaze Umwaka muri Sudani y’Epfo, mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri icyo gihugu bwiswe UNMISS.
Uwamurera Aline w’imyaka 30 y’amavuko yitabye Imana, barumuna be babiri bari mu bitaro ku kigo nderabuzima cya Muhura bikekwa ko byaturutse ku gahinda batewe no kubura nyirakuru wabareze.
Polisi y’u Rwanda ku wa Gatanu tariki ya 16 Mata 2021 yafashe uwitwa Rwagasore Jean Paul w’imyaka 34 na bagenzi be aribo Uwihoreye Eric w’imyaka 32 na Nsanzabera Daniel w’imyaka 44. Bicyekwa ko aba babiri bafatanyaga na Rwagasore mu bikorwa by’ubujura, bafatiwe mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu Polisi yeretse Itangazamakuru abagabo icyenda bacuraga Perimi z’impimbano bakanazigurisha mu baturage bo mu karere ka Gicumbi.
Ku itariki ya 12/04/2021, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko Nsabimana Ephron w’imyaka 29 afunzwe, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha umugore ufite ubumuga bwo mu mutwe imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi Mugire Joseph wahoze ari umuyobozi muri Koperative UMWALIMU SACCO na Nyirarukundo Liliane wari umukozi wa koperative Umwalimu Sacco.
Ku wa 13 Mata 2021 nibwo Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje mu Karere ka Rusizi hafungiye abantu 12 bakekwaho kwiyitirira inzego z’umutekano, kwica babigambiriye no gukoresha intwaro n’imyenda ya gisirikare.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko mu Karere ka Rusizi hafungiye abantu 12 bakekwaho kwiyitirira inzego z’umutekano, kwica babigambiriye no gukoresha intwaro n’imyenda ya gisirikare.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko hari abantu 12 bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kamembe mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba. Abo bantu bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye harimo gutunga intwaro no kuzinjiza mu gihugu, kwiba hakoreshejwe intwaro, gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi no (…)
Polisi y’ahitwa Minnesota muri Leta zunze Ubumwe za Amerika yarashe umusore w’umwirabura witwa Daunte Wright arapfa, ariko Polisi ivuga ko uwo musore yarashwe ku bw’impanuka.
Mu rwego rwo gukomeza kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, ku wa Gatandatu tariki ya 10 Mata 2021 Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata bakoze igikorwa cyo kugenzura uko amabwiriza yubahirizwa. Muri icyo gikorwa (…)
Ubushinjacyaha Urwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe, ku wa Kane tariki ya 08 Mata 2021, bwashyikirijwe dosiye y’umugabo ucyekwaho icyaha cyo gusambanya abana batatu b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka itandatu y’amavuko.
Ku muhanda wa Kaburimbo Musanze-Burera werekeza ku mupaka wa Cyanika, mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze habonetse umurambo w’umusore uri mu kigero cy’imyaka 25, ariko umwirondoro we ntiwahise umenyekana.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe abantu 12, bacyekwaho kwiba bakoresheje intwaro mu bihe bitandukanye mu Karere ka Rusizi.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego batwitse ibiyobyabwenge byagiye bifatirwa mu bikorwa bya Polisi birimo litiro 476 za Kanyanga n’ibiro 30 by’urumogi, byatwikiwe mu Karere ka Burera mu Murenge wa Bungwe mu Kagari ka Bungwe tariki ya 9 Mata 2021.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko uyu munsi rwafunze Nsabimana Kazungu Alexis, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo na Rukundo Emmanuel, umubaruramari mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi.
Urukiko rukuru rwa Kenya rwahagaritse by’agateganyo ifungwa ry’inkambi ebyiri, Dadaab na Kakuma zicumbikiye impunzi zisaga ibihumbi magana ane ( 400.000) nk’uko bivugwa n’itangazamakuru ndetse n’abaharanira uburenganzira bwa muntu.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Karenge ku wa Gatatu tariki ya 07 Mata 2021 yafashe abantu batatu ari bo Mukandera Seraphine w’imyaka 28, Nyirambarushimana Chantal w’imyaka 35 na Dusengimana Eric w’imyaka 28. Bafatanywe amafaranga y’amiganano ibihumbi 397, bafatirwa mu Murenge wa Karenge mu (…)
Ubukwe buri mu bikomeje gutuma abantu barenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, nyuma y’uko hari ababarirwa muri 80 baraye bafatiwe muri Hoteli Le Printemps iherereye mu Murenge wa Kimironko no mu kabari kitwa The Hapiness gaherereye i Remera.
Mu ijoro rya tariki ya 31 Werurwe ahagana saa tatu za nijoro abapolisi bafashe uwitwa Nsengiyumva Jean Claude w’imyaka 24 arimo gukura ibyuma muri moto imwe abishyira mu yindi. Moto ifite ibirango RE 535 Y yari nshya yayikuragamo ibyuma abishyira muri Moto ifite ibirango RE 608 P, iyi yari ishaje. Nsengiyumva yafatiwe (…)