Abunzi bo mu Karere ka Kayonza baravuga ko amahugurwa bahawe na IRC yatumye bamenya amategeko bifashisha mu kunga Abanyarwanda.
Abahesha b’inkiko 100 batari ab’umwuga barahiriye kuzuza inshingano zabo, basabwe kudasiganira kurangiza imanza kuko biri mu bizitinza.
Abagize Komite z’Abunzi mu mirenge igize Akarere ka Ngoma bahawe amagari ngo ajye abafasha mu ngendo bajya kunga abagiranye amakimbirane.
Ministeri y’ubutabera (MINIJUST), iratangaza ko leta icunze neza imitungo yasizwe na beneyo kandi bakaba bayisubizwa mu gihe baramuka babonetse.
U Rwanda rurakomeza gusaba ibihugu bigicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, kubata muri yombi bagashyikirizwa ubutabera.
Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwatangaje ko Habakurama Wellars waregwaga kwica Nsengiyumva Iriniga ahamwa n’icyaha, ahita ahanishwa igifungo cya burundu.
Urukiko rw’ibanze rwa Kabarondo rwemeje ko abakozi b’ibitaro bya Rwinkwavu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rw’umubyeyi wahaguye barekurwa by’agateganyo.
Abakozi b’Ibitaro bya Rwinkwavu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rw’umubyeyi wari wagiye kubyarira muri ibyo bitaro baburanye ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Nyanza rwafunguye by’agateganyo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, Kayijuka John, ukurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kunyereza umutungo w’Akarere.
Umwanditsi w’Urukiko rw’Ibanze rwa Ruhuha, Ntakibagora Felicien, yatawe muri yombi nyuma ngo yo gufatirwa mu cyuho ahabwa ruswa n’umuturage.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwibutsa ko butazajenjekera abubaka mu kajagari, kuko ngo biteza Leta igihombo n’imibereho mibi ku baturage.
Bamwe mu bafungiwe muri gereza ya Nsinda bavuye ku izima bemera ibyo byaha banabisabira imbabazi, nyuma y’igihe bafungiwe ibyaha batemera.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwakatiye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, John Habimana Kayijuka gufungwa ukwezi by’agateganyo.
Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye aratangaza ko igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda kigiye kuvugururwa, kuko hari ibyaha bisigaye bikorwa ntibibonerwe ibihano bigendanye.
Kuri uyu wa 10 Ugushyingo 2015, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, John Habimana Kayijuka, yagejejwe imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Huye , ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.
Umwunganizi mu mategeko Bufaransa, Me Joseph Scipilliti mbere yo kwiyahura yarashe ukuriye urugaga rwabo ku bw’amahirwe ntiyapfa.
Abarembetsi batandatu bari bakurikiranyweho gutera Karamage Jean Bosco bakamusenyera bakanamusahura, bakatiwe imyaka itandatu ariko umwe agirwa umwere.
Minisiteri yUbutabera n’Ubushinjacyaha bukuru bamaganye amakuru avuga ko impapuro zo guta muri yombi Lt. Gen. Karenzi Karake zigifite agaciro.
Twahirwa Francois wigeze kuba Burugumestri wa komine Sake, yashinjwe n’abari abaturanyi be mu gihe cya Jenoside, ubwo yajyanwaga kuburanira iwabo.
Ministeri y’Ubutabera(MINIJUST) yahagaritse ku mirimo yabo, abahesha b’inkiko b’umwuga 15 kuva tariki 14 Ukwakira 2015, ibaziza kurenganya abaturage.
Urukiko rw’ibanze rwa Gisenyi rwakatiye Bahame Hassan igihano cy’igifungo cy’amezi atandatu kubera amakosa yamuhamye mu kugurisha isoko rya Gisenyi.
Twahirwa Francois, uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi i Rukumbeli mu cyahoze ari Komini Sake, aravugwaho kwiyambaza mu bujurire abo ngo yatoje ubwicanyi ngo bamushinjure.
Bamwe mu baturage batangaza ko ibihano bihabwa abafatanwa ibiyobyabwenge bica intege ababatanzeho amakuru, kuko iyo bahanwe byoroheje bagaruka bakora ibibi kurushaho.
Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko yishimiye icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga rwa Espagne gikuraho impapuro zita muri yombi abasirikari bakuru b’igihugu.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi, yakiriye indahiro z’abashinjacyaha umunani kuri uyu wa 07 Nzeri 2015, abasaba gushyira ingufu ku bahombya igihugu.
Bamwe mu bahesha b’inkiko b’umwuga baranengwa imikorere mibi inyuranyije n’amategeko ari byo byatumye abagera kuri 21 baregerwa Minisiteri y’Ubutabera.
Minisitiri Johnston Busingye yatangaje ko n’ubwo muri Afurika y’uburengerazuba hakiri ibihugu bigicumbikiye abakekwaho Jenoside, nta n’umwe ucumbikiwe n’igihugu cya Gambia.
Urukiko rwo mu Budage rwahamije, kuri uyu wa 28 Nzeri 2015, Abanyarwanda babiri bayoboraga FDLR ibyaha byo gutegura no kuyobora ibikorwa by’ubwicanyi muri Kongo.
Abarembetsi batandatu bakekwaho gutera uwitwa Karamage Jean Bosco bahimba Kibonge bakamusenyera ndetse bakanamusahura baburanishirijwe mu ruhame.
Minisitiri w’ubutabera, Jonhston Busingye yasabye abajyanama mu by’amategeko b’ibigo bya leta n’ibiyishamikiyeho kwirinda gukomeza gushora leta mu manza.