Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (RLRC), ivuga ko kuba amategeko ahinduka kenshi mu Rwanda atari ikibazo kuko ari igihugu kirimo kwiyubaka.
Abafungiwe Jenoside muri gereza ya Rwamagana bemeza ko Club yo kurwanya Jenoside yabavanye ku izima bemera ibyaha bamaze imyaka 22 bataremeraga.
Urukiko rw’Ibanze rwa Bwishyura mu Karere ka Karongi rwaburanishije Mugambira Aphrodice ukurikiranyweho icyaha cyo gushishikariza, koshya cyangwa kuyobya umuntu umushora mu buraya.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri Gisagara batarishyurwa imitungo yangijwe barasaba kwishyurwa, abafite ibyo babagomba bakareka kwitwaza ubukene.
Umuyobozi Mukuru wa Police, IGP Emmanuel Gasana, arasaba abafite aho bahuriye n’ubutabera kumva ibintu kimwe bakarushaho gukora kinyamwuga.
Abahesha b’inkiko bemera ko muri cyamunara ziba hirya no hino mu gihugu hakigaragaramo amakosa n’akajagari, biturutse ahanini no kutagira ubumenyi buhagije.
Nyiramayira Clémentine utuye mu Karere ka Nyanza arasaba Perezida wa Repubulika kumurenganura, nyuma y’uko ukekwaho kwica umwana we yarekuwe.
Umwarimu wigisha ibijyanye n’amategeko muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), Dr Alphonse Muleefu aratangaza ko kwivana mu Rukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) kw’ibihugu bya Afurika bitanyuranije n’amategeko arugenga.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko abakuru b’ibihugu by’Afurika bategerejwe mu Rwanda, bashobora kwanzura kuva mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha(ICC).
Bamwe mu bakoreraga uruganda rw’icyayi rwa Shagasha barasaba ubuyobozi kubarenganura kuko birukanwe mu kazi hadakurikijwe amategeko kubera guharanira uburenganzira bwabo.
Mu mahugurwa y’iminsi ibiri yahawe abunzi bo mu Karere ka Gicumbi bijejwe ko ibibazo by’ubumenyi n’imikorere mu kazi bigiye gukemuka.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko uwatsindiye ibintu runaka mu rukiko nta kazi kabuza umuhesha w’inkiko kubimuhesha mu gihe giteganywa n’amategeko.
Imiryango iharanira uburenganzira bw’abagore mu karere k’ibiyaga bigari(COCAFEM) ishami ry’u Rwanda, irasaba ibihugu gukomeza gushyira mu bikorwa amasezerano arwanya ihohoterwa.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko kuva ibigo byamenya agaciro k’abanyamategeko babyo byatanze umusaruro kuko imanza Leta itsinda zazamutseho 7%.
Rwabidadi Aimable washinjwaga kunyereza mazutu yagombaga gucanira sitade ya Huye mu marushanwa ya CHAN, yagizwe umwere n’urukiko rwisumbuye rwa Huye.
Urukiko rwibanze rwa Rusizi rwemeje ko abayobozi b’Ibitaro bya kibogora bafungwa iminsi 30 mu gihe bategereje iburana mu mibizi.
Mu Karere ka Ngororero harabarurwa imanza za gacaca zigera mu 1.016 zifite agaciro ka miliyoni 770Frw ntizirarangizwa.
Barahira Tito na Ngenzi Octavien bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorwe Abatutsi, baratangira kuburanishwa n’Urukiko rw’abaturage rw’i Paris mu Bufaransa.
Imanza Intara y’Amajyaruguru yashoyemo Leta kubera abakozi bagiye birukanwa mu kazi, zahombeje Leta agera kuri miliyoni 40Frw yagiye atangwa nk’indishyi.
Abaturage b’Akarere ka Kamonyi bagaragarije Minisiteri y’Ubutabera ko ikibazo cy’ingutu bafite ku butabera ari ukutarangirizwa imanza ku birego baba batsindiye.
Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Ruhashya muri Huye bemeye kurangiza imanza z’imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu bwumvikanye.
Uwitwa Minani Hussein ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yafatiwe i Remera mu Giporoso, aho yazaga aturutse muri Tanzania yabaga.
Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe bwasabiye igifungo cy’imyaka icyenda umugabo Buturano Ananias w’imyaka 69, kubera icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside bumukurikiranyeho.
Bamwe muri ba rwiyemezamirimo barasaba Leta kujya yubahiriza amasezerano ikabishyura mu gihe na yo yaba itubahirije ibikubiye muri ayo masezerano.
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero by’umwihariko abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi barashimira ubutabera bw ‘u Rwanda ku gihano bwahaye Leon Mugesera.
Umushinjacyaha w’Urwego (MICT) rushinzwe imanza zasizwe n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i Arusha, Serge Bremmertz, yijeje gufatanya n’u Rwanda kurangiza ibibazo bya Jenoside.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, kuri uyu wa 11 Mata 2016 rwahamije umugabo witwa Ntamunoza icyaha cyo kwicisha umukobwa ishoka rumukatira gufungwa burundu.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabaya muri Nyabihu, bavuga ko bakeneye ko Leon Mugesera aza kubasaba imbabazi kubera igihemu yabashyizeho.
Ubuyobozi bwa Transparency Rwanda buratangaza ko bugiye gufasha abafungwa batishoboye kuburana mu rwego rwo kurinda gutinza imanza.
Abambuwe na sosiyete DN International yakoraga mu bwubatsi bavuga ko guhagarika umucungamutungo w’igihombo cy’iyi sosiyete byatuma ikibazo cyabo gisubira inyuma kuko ngo ari we wagikurikiranye.