Mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, abana biga muri amwe mu mashuri ya Leta batsindira ku manota make bamwe bakanatsindwa, nyamara mu yigenga hakaba aho batsinda bose kandi ku manota meza.
Nyuma yuko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cyamashuri yisumbuye asohotse, abanyeshuri bo muri Wisdom School bagatsindi ku rwego rwiza, ababyeyi barerera muri iryo shuri bishimiye umusaruro w’abana babo n’ubumenyi butangwa n’iryo shuri.
Mugisha Jean Luc yari mu bari bagiye kwiyandikisha basaba ishuri mu rwunge rwa Kagugu Catholique i Kinyinya mu Karere ka Gasabo ku wa mbere tariki 06 Mutarama 2020, ariko umubyigano w’abantu benshi yahasanze watumye atakaza amasomo ku munsi wa mbere.
Humura Elvin w’imyaka 11 y’amavuko uheruka kuba uwa mbere ku rwego rw’igihugu mu kizamini cya leta gisoza amashuri abanza avuga ko agiye gukomeza kwiga afite umwete, kugira ngo bizamufashe gukabya inzozi zo kuba umuhanga mu by’ubutabire (chemistry).
Niyobuhungiro Cynthia afite umwana urangije mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza muri Good Harvest School.
Umunyeshuri w’umuhungu witwa Humura Elvin w’imyaka 11 y’amavuko, ni we wabaye uwa mbere ku rwego rw’igihugu mu kizamini cya Leta gisoza amashuri abanza akaba ahembwe mudasobwa igendanwa yo mu bwoko bwa Positivo.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Burezi (REB) cyatangaje ko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2019 (P6, S3 na TTC) azashyirwa hanze kuri uyu wa mbere tariki ya 30 Ukuboza 2019 saa cyenda z’amanywa.
Perezida w’ u Rwanda Paul Kagame, ku wa gatanu tariki 25 Mutarama 2019, yafunguye ku mugaragaro kaminuza y’icyitegererezo mu buvuzi, University of Global Health Equity (UGHE).
Manzi Aloys, Umunyarwanda uba mu Bwongereza yahembye abanyeshuri 32 biga mu mashuri abanza ku bigo birindwi by’amashuri abanza mu Murenge wa Base mu Karere ka Rulindo bagize amanota ari hejuru ya 70 % mu bizamini bisoza umwaka w’amashuri wa 2019.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB), Dr. Ndayambaje Irené, aributsa ababyeyi bo mu Karere ka Nyagatare ko uruhare rwabo mu burezi n’uburere bw’abana babo rudasimburwa, bityo bakwiye gufatanya n’abashinzwe inzego z’uburezi kugira ngo intego z’uburezi zibashe kugerwaho.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi, Samuel Murindwa, avuga ko Banki y’isi yagaragaje ko impuzandengo y’imyigire mu Rwanda igaragaza ko Abanyarwanda biga mu mashuri yisumbye na kaminuza bakiri bakeya, kuko imibare igaragaza ko Abanyarwanda biga imyaka itandatu n’ibice bitandatu (6,6).
Ikigo cy’Igihugu cyita ku burezi (REB) cyahembye abana bo mu mashuri abanza bakoze imishinga itandukanye mu buryo bw’ikoranabuhanga bifashishije mudasobwa, akaba ari amarushanwa yari ageze ku rwego rw’igihugu.
Kuva tariki ya 25 Ugushyingo kugeza kuri 18 Ukuboza 2019, hirya no hino mu bigo by’amashuri mu Mujyi wa Kigali no mu Karere ka Nyanza, habereye igikorwa cyo gukosora ibizamini bya Leta byakozwe n’abanyeshuri basoje icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (O Level), ndetse n’abasoje amashuri yisumbuye (A Level).
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB), Dr. Irené Ndayambaje avuga ko mu myaka itatu ikibazo cy’ubucucike n’ingendo ndende ku banyeshuri gishoboka kuzaba kitagihari.
Umuhanzikazi Ingabire Jeanne d’Arc uzwi nka Butera Knowless yarangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu ibaruramari, avuga ko mu bimuranga atajya atsindwa cyangwa ngo acike intege mu buzima bwe.
Abanyeshuri biganjemo urubyiruko biga muri INES-Ruhengeri, baremeza ko biteguye guhangana n’umuntu wese wifashisha imbuga nkoranyambaga apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ku wa gatatu tariki 11 Ukuboza 2019, mu Mujyi wa Kigali habereye inama igamije guhuza imbaraga mu kongera ireme ry’uburezi. Iyo nama yahuje Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF), Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC), Amashuri yigenga, n’abandi bashinzwe uburezi.
Miss Mwiseneza Josiane wambitswe ikamba ry’umukobwa watowe na benshi muri Miss Rwanda 2019 (Miss Popularity), aravuga ko arangamiye amasomo yo muri INES-Ruhengeri, kurusha kwitabira amarushanwa y’ubwiza n’ubwo bitazamubuza gukora indi mishinga irimo no kwigisha abakobwa kwitinyuka.
Nyuma y’imyaka ibarirwa muri itanu Minisiteri y’Uburezi isabye amashuri makuru na za kaminuza kwifashisha ikoranabuhanga mu kwigisha no gutanga ibizamini, mu ishuri rikuru PIASS riherereye mu Karere ka Huye bagaragaje ko bibateye impungenge ku ruhande rumwe.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko amashuri asanzwe yigisha mu Cyongereza cyangwa Igifaransa azakomeza kwigisha amasomo muri izo ndimi.
Mu muhango wo gutangiza umwaka w’amashuri 2019/2020 muri INES-Ruhengeri wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, habayeho umwanya wo guhemba abanyeshuri bagize amanota menshi mu mwaka w’amashuri urangiye, abakobwa biharira ibihembo hafi ya byose.
Umuryango Imbuto Foundation urasaba urubyiruko rwiga n’ururangiza amashuri kutibuza amahirwe yo kuba ruri gukurira mu gihugu cyiza.
Abahagarariye amashuri abanza yigenga bishimiye imyanzuro yavuye mu biganiro byahuje Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) n’amashuri abanza yigenga. Ni ibiganiro byabereye mu mujyi wa Kigali kuri uyu wa mbere tariki 02 Ukuboza 2019.
Nyuma yo gutangiza itorero ry’abana bari mu biruhuko ryatangijwe tariki 16 Ugushyingo 2019, abana bo mu karere ka Huye bashishikarijwe kudahishira ikibi.
Abayobozi mu nzego zinyuranye barishimira uburyo abanyeshuri biga mu Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri bakomeje guhanga udushya, mu rwego rwo gufasha igihugu guhanga imirimo no gukora bimwe mu bikoresho Leta ishoramo amafaranga ibitumiza mu mahanga.
Abaturage bo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu barishimira kwegerezwa uburezi bw’amashuri y’inshuke n’amashuri abanza hagamijwe kurwanya ingendo abana bakora bagana ishuri no kurwanya ubuzererezi mu bana.
Ku wa gatatu mu gitondo cy’ubukonje, umwana w’imyaka 10 witwa Hirwa Jovian wiga ku ishuri ribanza rya Dove International School ryo mu karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, arahuze cyane kuri mudasobwa ngendanwa akora ubushakashatsi kugira ngo asubize umukoro yahawe mu isomo ry’ubutabire rya ‘Acids and bases’.
Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) hamwe n’imiryango Mastercard Foundation na VVOB w’Ababiligi, basabye abarimu kurushaho gutanga uburezi bufite ireme.
Urubyiruko rw’i Nyaruguru rwiyise Ibifaru, rurifuza ishuri ry’imyuga ryakwigirwamo na bagenzi babo bacikirije amashuri kuko ibindi bibazo bibangamiye imibereho myiza rwamaze kubihashya.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro (WDA) bufite gahunda yo kongera amashuri y’imyuga ku buryo mu mwaka wa 2024 ayo mashuri azaba yigwamo na 60% by’abanyeshuri bose bo mu Rwanda.