Amanota y’abarangije amashuri yisumbuye azasohoka mu cyumweru gitaha

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi REB kiratangaza ko amanota y’ibizamini bya Leta ku banyeshuri barangije umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2019 azatangazwa mu cyumweru gitaha.

Amanota y'abarangije S6 azasohoka mu cyumweru gitaha (Photo:Internet)
Amanota y’abarangije S6 azasohoka mu cyumweru gitaha (Photo:Internet)

REB ariko ntiyatangaje itariki izatangazaho ayo manota ariko yavuze ko ibirebana no gukosora n’ibindi byose bijyanye na byo Byarangiye.

Umuyobozi w’ishami ry’ibizamini muri REB, Dr. Alphonse Sebaganwa, yabwiye TNT ko biteguye gutangaza ayo manota bitarenze icyumweru gitaha.

Ibi bitandukanye no mu myaka ishize aho abarangizaga amashuri yisumbuye bategerezaga igihe kirekire kugira ngo bashobore kubona impamyabumenyi.

Kuva mu mwaka ushize, impamyabumenyi zisigaye zikorerwa mu Rwanda ari na cyo cyatumye igihe zabonekeragaho kigabanuka.

Mu mwaka ushize abakoze ibizamini bose ni 51,291 bivuze ko biyongereyeho 11% ugereranyije n’umwaka ushize.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 30 )

Banyakubahwa nagiraga ngo mbabaze igihe amanota ya s6 2023 azasohokera, kubera ko iyo umuntu atsinzwe ajya gusibira agasanga abandi bamusize .Murakoze

Nsengumuremyi Emmanuel yanditse ku itariki ya: 27-09-2023  →  Musubize

igihe amanota y’abakoze S6 2023 ko mutaduhaye amakuru

Elias yanditse ku itariki ya: 5-10-2023  →  Musubize

Banyakubahwa nagiraga ngo mbabaze igihe amanota ya s6 2023 azasohokera, kubera ko iyo umuntu atsinzwe ajya gusibira agasanga abandi bamusize .Murakoze

Nsengumuremyi Emmanuel yanditse ku itariki ya: 27-09-2023  →  Musubize

muraho neza twe abanyeshuri twabuze amwe mu manota mu bizamini bya leta bisoza amashuri yisumbuye TVT muradufasha iki koko?

NSENGIYUMVA MATHIEU yanditse ku itariki ya: 21-06-2020  →  Musubize

Ariko se Tvt mwatugenje mute ko twahebye amanota?

Paul uwamungu yanditse ku itariki ya: 25-02-2020  →  Musubize

Yego nibyo koko kumakuru yanyu muba mutugezaho mutubarize nitaliki azasohokeraho cyangwa nabyo nibihuha nkibyo tumaze iminsi twumva

Evaliste Nsengiyumva yanditse ku itariki ya: 22-02-2020  →  Musubize

Thank you so much Kigali today for your updates.

Nizeyimana yanditse ku itariki ya: 22-02-2020  →  Musubize

twari twarihebye pee! !!gusa dufite ubwoba

tuyikorere felix yanditse ku itariki ya: 21-02-2020  →  Musubize

umva murakoze ndumva muba mwatuzirikanye gusa byari bikomeye pe gusa mudufashe mutubwire italiki

FEZA ODETTE yanditse ku itariki ya: 21-02-2020  →  Musubize

Tubashimira amakuru meza mutugezaho umunsi ku wundi!

IRIHAMYE Manoah yanditse ku itariki ya: 21-02-2020  →  Musubize

Ayo manota natebuke kuko turashaka kureba ibyo twakoze!!!!!!!,naho ibyabo basigaye barya ruswa za 500,000rwf,bajye banabafunga bahanwe namategeko nk’uko abiteganya,murakoze mutubarize itariki azasohokeraho peeeeeee.…

Nshimiyimana Théoneste yanditse ku itariki ya: 20-02-2020  →  Musubize

Rwose ababishinzwe mucungire hafi hatazagira uwongera guhindura imibare y’amanota munyungu ze bwite

ISAAC yanditse ku itariki ya: 20-02-2020  →  Musubize

nibagire Cuba tuyategereje Yuri beshi

kc jaampa yanditse ku itariki ya: 20-02-2020  →  Musubize

Back to school dear

James yanditse ku itariki ya: 20-02-2020  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka