Pariki y’igihugu ya Nyungwe ni ishyamba cyimeza ribarizwa mu burengerazuba bw’amajyepfo bw’u Rwanda. Rifatanye na Pariki y’igihugu ya Kibira yo mu gihugu cy’u Burundi kandi rishobora kuba ari ryo shyamba ry’inzitane ryo mu misozi minini kandi miremire muri Afurika yose; ryari rifite ubuso bwa km² 924 mu mwaka w’i 2000.
Ku gicamunsi cyo ku cyumweru tariki 29/07/2012 ku kibuga cy’umupira w’amaguru cyo mu kagali ka Gatare, umurenge wa Nkungu mu karere ka Rusizi habereye igitaramo cyahuje abaturage bose batuye umurenge wa Nkungu.
Imbogo 30 zimaze iminsi ibiri ziri mu baturage bo mu mudugudu wa Mucucu mu murenge wa Murundi n’abo mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili nyuma yo kuva muri pariki y’Akagera zikabura uko zisubiramo kubera uruzitiro rurimo kubakwa.
Akarere ka Nyamasheke kiyemeje gucyemura ikibazo cy’umuhanda ugana hoteli ya Nyungwe Top View Hill utari meze neza, bikaba byagoraga ba mukerarugendo n’abandi bajya kuri iyi hoteli.
Umuhango wo Kwita Izina ingagi wabimburiwe n’imurikagurisha ry’iminsi ibiri mu bugeni n’ubukorikori rizafasha kumurika ibikorwa n’udushya mu kurinda ibidukikije; nk’uko bitangazwa na Rica Rwigamba ukiye ishami ry’Ubukerarugendo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB).
Ku nshuro ya 8 u Rwanda rugiye kongera kwita izina abana b’ingagi. Mu birori by’uyu mwaka biteganyijwe tariki 16/06/2012 i Kinigi mu karere ka Musanze intara y’amajyaruguru, hazitwa amazina abana b’ingagi 19 hamwe n’ingagi nkuru imwe.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga buremeza ko nta ngaruka ibiciro bishya byo gusura ingagi bishobora kuzagira kuri ba mukerarugendo, ubwo bizazamuka guhera mu kwezi gutaha.
Mu Rwanda hagiye gutangira uburyo bushya bwo kwaka no kwishyurira serivisi hakoreshejwe internet. Ubu buryo buzafasha cyane abakerarugendo b’abanyamahanga bifuza kuza mu Rwanda bazabasha kwaka no kwishyura serivise bifuza mbere yuko bagera mu Rwanda.
Ikigo cy’igihugu cy’Iterambere (RDB) gifatanyije na sosiyete y’ikoranabuhanga ya Google cyatangiye gahunda yo kumurika bimwe mu bice nyaburanga n’iby’ubukerarugendo mu mujyi wa Kigali no mu Majyaruguru y’igihugu binyujijwe ku murongo wa internet.
Abashinzwe kurwanya ibikorwa by’ubuhigi butemewe n’amategeko mu birunga babonye ingagi y’imyaka itatu yapfiriye mu mutego.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buratangaza ko imirimo yo gukora igishushanyo mbonera kigaragaza uko ku nkengero z’ikiyaga cya Sake hagirwa umujyi nyaburanga igeze kure.
Kuva muri Kamena uyu mwaka, ibiciro byo gusura ingagi biziyongeraho 50% ku banyamahanga ndetse no ku Banyarwanda.
Imirambo ibiri y’inzovu yatahuwe mu mazi y’ikiyaga cya Rwanyakizinga ireremba hejuru y’amazi tariki 04/01/2012. Abayobozi bashinzwe kurinda parike y’Akagera ntibaramenya icyateye urupfu z’izi nzovu.
Urutonde rwakozwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) rwerekana ko Kigali Serena Hotel na Nyungwe Forest Lodge ari zo hoteli zonyine zifite inyenyeri eshanu mu Rwanda.
Amezi atatu arashize ahitwaga ko ari umusozi wanamye mu murenge wa Gisenyi, mu karere ka Rubavu hatunyanywa ngo habe hamwe mu hantu nyaburanga mu karere ka Rubavu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB), tariki 27/12/2011, cyahaye abanyamuryango ba koperative Nyabihu Tourism imyenda izajya ifasha abayobora abakerarugendo “guides” ndetse banahabwa ibyuma bifasha umukerarugendo kureba inyoni cyangwa inyamaswa iri kure (jumeur).
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) kiratangaza ko imyakirire y’abifuza serivisi zitandukanye mu Rwanda bitari ku rwego mpuzamahanga rwo kwakira abakiriya, ndetse bikaba bitanageze ku mahame agenderwaho muri Afurika y’Iburasirazuba.
Kubera ko intare n’inkura biri mu nyamaswa zirimo kuzimira bitewe na barushimusi ndetse n’intambara, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kuzajya kuzicirira muri Afrika y’Epfo umwaka utaha.
Nyuma y’ibibazo by’urusobe byagaragaye muri pariki y’akagera birimo kuba inyamaswa zitera abaturage zikabonera ndetse zikabica hamwe n’ibibazo by’abaturage bigabiza pariki bagatega. Minisitiri ufite munshingano ze ubucuruzi Kanimba Francois taliki ya 12 Ugushyingo yasuye pariki y’akagera kugira ngo arebe aho gucyemura ibyo (…)
Mu mezi umunani ya mbere y’uyu mwaka wa 2011 ubukerarugendo mu Rwanda bwinjije amadevize asumbye ay’umwaka ushize ku kigero cya 32%.
Mu Rwanda hari ahantu Nyaburanga henshi ho gusura; gusa abantu benshi bibanda ku gusuga Ingagi. dore ahandi hantu Nyaburanga icumi hasurwa