Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ruravuga ko rwashyizeho ingamba zihamye zo kurwanya ubushimusi n’ibindi bikorwa bitemewe muri za Pariki z’igihugu, harimo no gukoresha indege zitagira abapilote (drones).
Umuyobozi ushinzwe Ubukerarugendo mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Belise Kariza arasobanura ko u Rwanda rwafashe ingamba zo kurinda ingagi gufatwa n’icyorezo cya Ebola.
Umuyobozi ushinzwe Ubukerarugendo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere(RDB), Belise Kariza atangaza ko ibyamamare mu mupira w’amaguru hamwe n’abahanzi, barimo kwitegura kuza mu Rwanda ku itariki 06/9/2019.
Assomption ni umunsi Abagatolika b’isi yose bizihiza ijyanwa mu ijuru rya Bikiramariya nyina wa Yezu Kristu.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangaje ko cyamaze gusinya amasezerano n’Ikigo cyo mu Bufaransa ‘Vivendi Group’ gisanzwe kibarizwamo Canal +, yo kubaka no kubyaza umusaruro umudugudu w’umuco ‘Kigali Cultural Village (KCV)’, uherereye ku I Rebero mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali.
Prof Tombola Gustave, umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe amasomo muri Kaminuza y’ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’ubucuruzi (UTB) asanga abantu cyane cyane urubyiruko bakwiye guhindura imyumvire yahozeho ku bantu bakora ibijyanye n’ubukerarugendo. Ashishikariza urubyiruko kubyiga kuko birimo amafaranga.
Mu minsi ishize, umukobwa wa Perezida wa Repubulika, Ange I. Kagame n’umugabo we Bertrand Ndengeyingoma baherutse gukora ubukwe, bemeje ko bagiriye ukwezi kwabo kwa buki mu Rwanda.
Hagati y’1990 n’1994, Parike nkuru y’Akagera yaracecetse cyane. Nta mitontomo y’intare yongeye kuhumvikana. Birashoboka ko zari zarahumuriwe ikibi cyendaga kuzana icurabundi mu Rwanda.
Kuri uyu wa mbere tariki 09 Nyakanga 2019, igihugu cya Kenya cyashyizeho ingamba zigamije kubungabunga inyamaswa ziba mu misozi zo mu bwoko bw’isha zizwi nka Montain Bongo, nyuma y’uko bigaragaye ko ziri gukendera cyane kuko hasigaye izitarenga 100 muri Kenya, ari naho honyine ziri ku isi.
Abakora ibikorwa by’ubukerarugendo ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu hazwi nka Kivu Belt bavuga ko bari gutegura ubukerarugendo bwa Moto nini mu kumenyekanisha ubwiza bw’u Rwanda.
Mu rukerera rwo ku wa 25 Kamena 2019, zishagawe na Polisi y’u Rwanda, inkura eshanu zifite amazina ya Jasiri, Jasmina, Manny, Olomoti na Mandela, zahagurutse ku kibuga cy’indege i Kanombe zerekeza muri Pariki y’Igihugu y’Akagera.
Kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa 25 Kamena 2019 ku i saa sita n’igice, Abanyarwanda n’abaturarwanda bakunda gusura ubutaka butagatifu muri Israel barasubizwa kuko RwandAir, ikompanyi y’u Rwanda ikora ingendo rusange, itangira ingendo zerekeza i Tel Aviv muri Israel.
Inkura eshanu zaturutse ku mugabane w’u Burayi zageze mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 24 Kamena 2019 ziturutse muri Repubulika ya Tchèque.
U Rwanda rugiye kwakira izindi nkura eshanu ziturutse muri Repubulika ya Tcheque muri pariki yitwa ‘Dvůr Králové’ aho zari zarahurijwe guhera mu Kwezi k’Ugushyingo 2018.
Abakora ingendo hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa bari bamaze igihe bategereje ingendo za RwandAir zijya mu Bushinwa basubijwe kuko kuva muri iri joro ryo ku wa mbere tariki 17 Kamena 2019, iyi kompanyi y’indege y’u Rwanda iratangiza ingendo zijya mu Mujyi wa Guangzhou mu Bushinwa.
Mu Ntara y’Uburengerazuba hatangijwe Destination Kivu Belt ikigo gifite inshingano yo guteza imbere ubukerarugendo ku mukandara w ikiyaga cya Kivu kuva mu Karere ka Rubavu, Rutsiro, Karongi, Nyamasheke na Rusizi.
Abaturage b’imirenge ikora ku ishyamba rya Nyungwe barasaba ko iyi parike yazitirwa cyangwa se bakajya bishyurwa imyaka yabo yonwa n’inyamaswa, ikibazo kimaze igihe kinini nk’uko aba baturage babivuga.
Ku cyumweru tariki 19 Gicurasi 2019, wari umunsi udasanzwe ku badipolomate bakorera mu Rwanda, ubwo basuraga Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, bakishimira bimwe ibyiza nyaburanga bahabonye.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yateguye gahunda y’iminsi itatu yo gutembereza abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda.
Umutambagiro mutagatifu ubera i Maka uzwi nka Hijj ni umutambagiro ukorwa n’umuyisilamu ubifitiye ubushobozi mu mutwe, ku mubiri ndetse n’Amafaranga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke n’abakozi bako basuye Pariki y’igihugu ya Nyungwe baravuga ko nta kibazo cy’umutekano kiri muri iyi parike, bakanyomoza ibyavuzwe na bimwe mu bihugu by’ amahanga bisabye abaturage babyo kwitonda igihe basura iyi parike.
Nyuma yo kugaragarizwa ibyerekanywe n’ bushakashatsi ku mibereho y’Abaturage (EICV) bwo muri 2018, bigaragaza ko i Nyaruguru abaturage 52% bari munsi y’umurongo w’ubukene; Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Anastase Shyaka, yabwiye abayobozi b’inzego z’ibanze muri aka Karere ko ubutaka butagatifu budakwiye guturwa n’abakene.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwahaye uburenganzira ikigo cyitwa ‘Imizi Ecotourism Development Ltd’ bwo gucunga no guteza imbere pariki y’Igihugu ya Gishwati-Mukura mu gihe cy’imyaka 25.
Umubare w’Abanyarwanda basaba uruhushya rwo kujya mu bihugu by’i Burayi (Visa ya Schengen), wariyongereye muri 2018, ugereranyije no muri 2017, imibare ikaba igaragaza ko abenshi bayisaba bagamije kujya mu Bubiligi.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ku bufatanye na kompanyi yitwa Kigali City Tour batangije ubukerarugendo buzenguruka mu mujyi wa Kigali hifashishijwe imodoka nini (Bus) ikoze ku buryo bugerekeranye (Double decker bus).
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ku bufatanye na sosiyete ‘Kigali City Tour Ltd’ kuri uyu wa kane tariki 21 Werurwe 2019 batangije ubukerarugendo bwifashisha imodoka igerekeranye (Double – decker bus), izajya ifasha ba mukerarugendo n’abandi bashaka kumenya umujyi wa Kigali.
Pariki y’igihugu ya Nyungwe irageramo amashanyarazi acanira umuhanda Rusizi-Nyamagabe na Pindura-Bweyeye mu gihe kitarenze amezi abiri uhereye muri uku kwezi kwa Gashyantare.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB kiravuga ko imirimo yo gutangira ibikorwa by’ikigo kizitirirwa Ellen DeGeneres, ikigo kizakorera mu mushinga Dian Fossey Gorilla Fund yatangiye mu Kinigi mu karere ka Musanze.
Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda Dr. Peter Woeste, kuri uyu wa mbere tariki 07 Mutarama 2019 yabwiye abenegihugu be basura u Rwanda ko bitewe n’uburyo umutekano wakajijwe muri Nyungwe, amabwiriza yo kugenda bikandagira yakuweho.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwakoze amateka rukorana amasezerano n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza. Ayo masezerano azatuma Arsenal yamamaza u Rwanda mu gihe cy’imyaka itatu.