Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Oda Gasinzigwa akangurira abagore n’abakobwa kwitabira imirimo ijyanye n’ubukerarugendo kuko ngo itunga abayikora.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera burasaba abikorera gushora imari muri Hoteli irimo kubakwa ku Kiyaga cya Burera, bakanayikoreramo ubucuruzi.
Serena Hotels yateguriye abazitabira inama ya Transform Africa yenda kuba, udushya turimo kubatembereza no kubafasha kuruhukira ku kiyaga cya Kivu.
Ihuriro ry’Abakora mu bukerarugendo mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EATP), biyemeje gukomeza kumenyekanisha ubukerarugendo mu rwego kugira ngo inyungu zihava ziyongere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashimye uburyo umutungo uva mu bukerarugendo usaranganywa abaturage.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB cyatangaje ko umubare w’ingagi mu birunga wiyongere cyane mu gihe cy’umwaka umwe ushize.
Mu gikorwa cyo kwakira ku mugaragaro intare zirindwi muri Parike y’Akagera, zikuwe mu gihugu cy’Afurikay’Epfo, uhagarariye African Parks, yavuze ko ari ikimenyetso cy’uko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu kwita kuri za parike.
Kigali Serena Hotel, Hotel y’inyenyeri eshanu ifite amashami abiri mu Rwanda mu Mujyi wa Kigali no mu Mujyi wa Rubavu yahize andi mahoteli yo ku isi yose mu bijyanye no kunoza ibikorwa by’ubukerarugendo inabiherwa igihembo cyiswe ’’ The World Travel Awards’’.
Ubwo kuri icyi cyumweru kuri Paruwasi ya Congo Nil iherereye mu Karere ka Rutsiro habaga umuhango wo gusoza urugendo rutagatifu ku rubyiruko rwo muri Diyosezi ya Nyundo, urwo rubyiruko rwasabwe kwita ku isengesho bakirinda icyabajyana mu ngeso mbi.
Abahagarariye ibigo bishinzwe ubukerarugendo mu bihugu by’u Rwanda, Kenya na Uganda bihuriye ku muhora wa ruguru (Northern Corridor), basabye abikorera gukangukira kubyaza umusaruro amahirwe yo kuba harashyizweho akarere kamwe k’ubukerarugendo, ndetse no gufasha za Leta kumenyekanisha ibikorwa by’ubukerarugendo.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Nyaruguru barasaba ubuyobozi ko bwakubakira amabuye abiri aherereye mu Kagari ka Nyanza ho mu murenge wa Ngera, aho bakunda kwita ku “kibuye cya Shali” bafata nk’ahantu nyaburanga, kugirango hajye habasha kwinjiza amafaranga.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga butangaza ko mu mwaka wa 2014 abantu babarirwa muri 30 bafatiwe muri iyo pariki bari gukora ibikorwa bitewe biyangiza byatuma urusobe rw’ibinyabuzima biyituyemo bihura n’ingorane.
Minisitiri w’umuco na Siporo, Joseph Habineza yifatanyije na Club Ibisumizi kuri uyu wa 13/12/2014 batangiza ubukerarugendo na siporo ku musozi wa Huye mu rwego rwo kumenyekanisha amateka y’aho hantu nyaburanga.
Ubuyobozi n’abaturage b’akarere ka Nyanza bakomeje gukora ibishoboka byose ngo umujyi waho urusheho gukurura Bamukerarugendo maze bajye bakirwa n’umwuka mwiza wuzuyemo amafu n’amahumbezi aterwa n’ibiti byatewe.
Abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga yo hirya no hino ku isi ikorera mu Rwanda, tariki 31/10/2014 basuye ingoro ndangamateka ziherereye mu Rukali ahubatswe ingoro y’umwami Mutara wa III Rudahigwa, n’ingoro y’ubugeni n’ubuhanzi iri ku Rwesero mu karere ka Nyanza.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwihutisha iterambere (RDB) kimaze iminsi gisaba ababa batunze imisambi mu ngo zabo kuyibashyikiriza kugira ngo bayisubize mu ishyamba. Impamvu y’iki gikorwa, ni ukugira ngo isubizwe ku gasozi bityo ibashe kororoka.
Bamwe mu baturage baturiye Pariki y’Akagera ku ruhande rw’akarere ka Kayonza bavuga ko badatewe impungenge no kuba intare zagarurwa muri iyo Pariki n’ubwo zifatwa na benshi nk’inyamaswa z’inkazi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu bwanyuzwe n’icyemezo cy’uko Gishwati yahinduka Pariki nyuma y’igihe kitari gito bwamaze bwerekana ko Gishwati ari agace keza nyaburanga kakurura benshi mu bakerarugendo bitewe n’imiterere yako myiza ibereye ijisho, inzuri nziza, n’amashyamba ateye ku misozi mu buryo bunogeye amaso.
Isenga rya Nyemana riri mu kagari ka Gihara, mu murenge wa Runda, ho mu karere ka Kamonyi; niho abakobwa bo muri aka gace bajyaga kwigira kuboha, ndetse abakuze bagahabwa inama zo kwita ku rugo.
Umunyamakuru Marie Chantal Nyirabera yamaze gushyira hanze igitabo kivuga ku byiza bitatse u Rwanda acyita “Rwanda For You”.
Kuri uyu wa 01 Ukwakira minisitiri wa Siporo n’umuco Joseph Habineza yasuye ingoro ndangamateka z’umwami Mutara wa 3 Rudahigwa ziri mu murenge wa Mimuli na Nyagatare mu karere ka Nyagatare yongera gushimangira ko amateka ashingiye ku muco adakwiye gucika.
Ubwo yasuraga ingoro ndangamurage y’ibidukikije imaze kuzura mu karere Karongi, Minisitiri w’Umuco na Siporo, Joseph Habineza, yeretswe ahari abwato bunini bw’Abadage ngo basize batabye mu Kivu nyuma yo gutsindwa intambara ya mbere y’isi kugira ngo Ababibiligi batazabwitwarira.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwihutisha iterambere (RDB) cyazaniye imbaga y’abakirisitu bateraniye i Kibeho mu masengesho ya Assomption iba buri tariki 15 Kanama, umuyoboro wa interineti-nziramugozi (wireless).
Ubwo umuyobozi w’intara y’uburengerazuba, Madame Mukandasira Caritas yagendereraga umurenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi tariki 31/07/2014 yasabye abaturage kubungabunga pariki y’igihugu ya Nyungwe, kuko nk’uko yabivuze, bibabaje kubona hari abaturage bamwe bajyamo guhiga inyamaswa bakazica kandi bazi akamaro zifitiye igihugu.
Abaturage bo mu karere ka Nyabihu bishimira isuku n’ubwiza busigaye buranga u Rwanda basanga bihera hasi mu nzego z’ibanze. Ibi babihera ku bwiza bw’imbuga itoshye babona aho banyura hose yaba ku biro by’ubuyobozi, ku mihanda, ku bigo by’amashuri, ibigo nderabuzima n’ahandi hatandukanye hahurira abantu benshi.
Iyo ugeze hagati mu ishyamba rya Nyungwe ugera ahantu hari icyapa kivuga ngo ku Uw’inka, iyo ukomeje ukinjira mu ishyamba uhasanga hoteri nziza ukahasanga ba mukerarugendo benshi bagana ku rutindo runini ruzwi ku izina rya canopy, ndetse bamwe bakahaca bajya gusura ibisimba bitandukanye bigize urusobe rw’ibinyabuzima biri (…)
Ubuyobozi bw’Ikigo k’igihugu gishinzwe kwihutisha iterambere (RDB) gifite no mu nshingano guteza imbere ubukerarugendo butangaza ko mu myaka 10 ishize ingagi ziyongereye binagirira akamaro abaturage baturiye parike basaranganya ku mafaranga ava ku bukerarugendo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) kiritegura gukora igikorwa ngarukamwaka cyo kwita izina abana b’ingagi bavutse. Uyu mwaka hakazitwa amazina abana 18 bavutse mu muhango uzabera mu Kinigi, mu karere ka Musanze nk’uko bisanzwe.
Abakarani bibumbiye muri koperative “Comep turwamye ubukene” ikorera ahitwa ku Ntenyo mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango, yatangije ibikorwa byo gutanganya ahitwa “ku mugina w’imvuzo” hazwi cyane mu mateka kuko ariho umukungu Mirenge wo ku Ntenyo yajyaga amena ibivuzo by’inzoga abagaragu be babaga banyweye.
Mantis bita Dystacta tigrifrutex cyangwa the bush tiger mantis ni ubwoko bushya bw’inigwahabiri (insects) bwavumbuwe ku isi buvumburwa mu ishyamba rya Nyungwe mu mezi make ashize ataragera ku mwaka.