Mu rwego rwo kurushaho kumenya u Rwanda ndetse n’amateka ashingiye ku muco warwo kuri uyu wa kabiri tariki 21/05/2014 abaje baherekeje abafasha b’abayobozi bitabiriye inama za Banki Nyafurika Itsura Amajyambere zirimo kubera i Kigali basuye ingoro yo mu Rukali iri mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) kibinyujije mu ishyirahamwe ry’abatwara ba mukerarugendo bakanabayobora (RWASAGA/Rwanda Safari Guides Association) bamaze icyumweru mu ntara y’Uburengerazuba n’iy’Amajyepfo mu rugendoshuri kugira ngo babafashe kugira amakuru afatika yatuma bashobora kuganiriza ba mukerarugendo ku (…)
Abaturage bo mu murenge wa Rutare barasaba ko ahashyingurwaga abami b’u Rwanda n’abagabekazi hari muri uwo murenge hashyirwa mu byiza nyaburanga by’u Rwanda kugira ngo hakorerwe ubukerarugendo hinjize amafaranga kandi n’ayo mateka ntiyibagirane.
Ibihugu bitatu, u Rwanda, Kenya na Uganda, byishize hamwe bigashyiraho visa imwe y’ubukerarugendo muri ibi bihugu, byizeye ko izazamura ubukungu muri byo no kubimenyekanisha ku rwego mpuzamahanga.
Igihugu kirangwa n’isuku, gifite amategeko akomeye ahana icyaha cya ruswa, gifite ibyiza nyaburanga byinshi, ndetse kimaze kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ni bimwe mu bintu by’ingenzi Umufaransa Luc COTERELLE yabonye mu Rwanda mu rugendo akomeje kugirira mu bihugu bitandukanye bya Afurika akoresheje moto.
Umufaransa witwa Luc COTTERELLE umaze imyaka ibiri azenguruka ibihugu bya Afurika akoresheje moto yashimye uko yacumbikiwe ku kigo cy’amashuri cya Gihinga II ubwo bwari bumwiriyeho ageze mu karere ka Rutsiro tariki 25/01/2014.
Umuyobozi w’akarere ka Musanze, aravuga ko kuba inkoni y’umwamikazi w’Ubwongereza Elisabeth II yanyujijwe mu buvumo bwa Musanze, ari indi ntambwe akarere ayoboye gateye mu bukerarugendo, kuko bizatuma ubu buvumo burushaho kumenyekana.
Abadepite bagize komisiyo y’ubukungu n’imari baravuga ko n’ubwo hari ibyagezweho na Guest House ya Kinigi kuva yakwegurirwa abikorera mu mwaka wa 2000, urugendo rukiri rurerure.
Bisabwe n’umuyobozi w’akarere ka Rubavu, amazu acumbikira abagenzi atandatu yashyizweho ingufuri kubera agasuzuguro no kudashyira mu bikorwa ibyasabwe n’ubuyobozi.
Byibura abana 4 b’ingagi buri kwezi nibo bavutse mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2013, nk’uko byagaragajwe na raporo y’abashinzwe kubungabunga ubuzima bw’urusobe bw’ibinyabuzima n’inyamaswa zo muri parike.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwafunze by’agateganyo Hotel Golf Eden Rock iri ku nkengero z’ikivu mu karere ka Karongi, igikorwa cyabaye ahagana mu ma sa yine z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 20/12/2013.
Ingabo z’u Rwanda, umutwe w’Inkeragutabara, zashyikirije ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) ubuvumo bwa Musanze nyuma yo kumara amezi 11 zibutunganya, bukaba bwuzuye butwaye miliyoni zisaga 200.
Umusuwisi witwa Jérémie Robyr akaba ari inzobere mu gukora inyigo z’ubukerarugendo n’ibibuga bikorerwaho umukino wa Golf mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyanza tariki 8/011/2013 yasize yijeje ubuyobozi bw’ako ubufatanye mu gushakisha uko ubukerarugendo na Siporo byatera imbere muri aka karere.
Abantu baturutse hirya no hino ku isi mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza (Commonwealth) bagendereye ingoro y’umwami Mutara wa III Rudahigwa iri ahitwa mu Rukali mu karere ka Nyanza tariki 23/10/2013.
Ibintu byinshi ba mukerarugendo bashobora gusura mu Rwanda biri kugenda bitezwa imbere ndetse n’ahadatunganyijwe hatunganywa kugira ngo abahasura bahishimire bityo bininjirize igihugu n’abagituye.
Kuri uyu wa gatanu tariki 27/09/2013, u Rwanda rwifatanije n’isi yose kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ubukerarugendo ufite insanganyamatsiko igira iti “Ubukerarugendo n’amazi: Tubungabunge umurage rusange”. Uyu muhango wabereye mu marembo ya Pariki y’igihugu ya Nyungwe mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke.
Impugucye z’Abadage zakoze igishushanyo mbonera kigaragaza ahashyirwa ibikorwa by’ubucyerarugendo mu mu turere dukikije dukikije ikiyaga cya Kivu (Kivu Belt) zivuga ko gishyizwe mu bikorwa, hakongerwa amahirwe ku bucyerarugendo mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu buratangaza ko ahahoze rya Gishwati nihamara gutunganywa hazagirwa ahantu nyaburanga hakorerwa ubukerarugendo ngo kuko hatunganyijwe neza haba hamwe mu hantu heza hanogera icyo gikorwa.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, butangaza ko ku kirwa cya Cyuza kiri mu kiyaga cya Burera, muri uwo murenge, hari kubakwa inzu abakerarugendo n’abandi bantu babyifuza bazajya baruhukiramo bareba ibyiza bitatse u Rwanda.
Indonesie ni igihugu cyo ku mugabane wa Aziya kigizwe ahanini n’ibirwa bigera ku 17508, muri byo ibigera ku 8844 nibyo bifite amazina, naho ibituwe ku buryo buhoraho ni 922.
Kimwe mu byo akarere ka Musanze kesheje byari bikubiye mu mihigo kagiranye n’umukuru w’igihugu ni ugutangiza ikigo gishinzwe gutanga amakuru arebana n’ubukerarugendo. Aka karere kakaba kishimira ko n’uyu muhigo kawuhiguye.
Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winifrida, aravuga ko mbere ya Jenoside, akamaro ka parike y’ibirunga ku bayituriye kari ako kwica inyamaswa zibarizwamo maze bakazirya gusa, ibintu byahindutse kuri ubu.
Igiko gishinzwe gukora ubushakashatsi ku ngagi KARISOKE Project Center, kiravuga ko cyakira byibura abanyeshuri bari hagati y’100 n’150 ba za kaminuza zitandukanye zo mu gihugu bari mu bushakashatsi ku bijyanye n’ingagi, iyo bari mu bushakashatsi bwabo.
Ubwo basuraga ahantu himikirwaga abami b’u Rwanda (hitwa i Buhanga cyangwa mu Ruhondohondo), abari mu rugendo kwita izina caravan batangajwe n’uburyo aho hantu hafite amateka akomeye ndetse acyubashywe n’abahaturiye.
Ubwo hatangiraga urugendo rugamije kugaragaza ubwiza nyaburanga bw’igihugu buboneka mu bice bitandukanye byo mu Majyaruguru, urugendo ruri gukorwa rubanziriza igikorwa cyo kwita izina, ngo rwashimishije abarwitabiriye, bageze ku biyaga bya Burera na Ruhondo biba akarusho.
Kuva mu mwaka wa 2005 gahunda yo gusaranganya umutungo uva mu bukerarugendo itangiye, aho ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) kimaze gutanga amafaranga miliyali imwe na miliyoni 650 mu makoperative y’abaturage baturiye amapariki.
Icyumweru cy’umuco ‘annual cultural tourism week’ cyatangiye ku cyumweru tariki 16/06/2013 mu karere ka Musanze, mu rwego rwo kwitegura igikorwa cyo ‘kwita izina’ giteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, ngo kigamije kwerekana ko hari byinshi byasurwa na ba mukerarugendo.
Koperative yitwa Friends of Nyungwe (inshuti za Nyungwe) ikorera mu murenge wa Kitabi mu karere ka Nyamagabe yakoze umushinga w’ubukerarugendo bushingiye ku muco w’u Rwanda (Kitabi Cultural Village) werekana bimwe mu byarangaga ubuzima bw’Abanyarwanda bo ha mbere ndetse na bimwe mu bigaragara ubu.
Abana b’ingagi bahawe amazina kuva mu myaka ya za 69, nk’uko amateka y’ingagi zo mu birunga abigaragaza, n’ubwo umuhango wo kwita izina abana b’ingagi, nk’uko tuwuzi ubu ugiye gukorwa ku nshuro ya cyenda.
Abayobozi ba pariki ya Nyungwe biyambaje inzego zitandukanye zo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke dore ko bose bahurira kuriyo Pariki kugirango babafashe gukumira barushimusi bakomeje kubangamira umutekano w’ibinyabuzima bituye muri iyi pariki.