Shepherd Bushiri, umupasiteri wo muri Malawi yatunguye umwana we ku isabukuru y’amavuko, amuha imodoka ihenze yo mu bwoko bwa Maserati Levante.
Guhera mu mwaka wa 2013 hagaragaye amakuru avuga ko indabo z’amaroza zifite ibara ry’umukara yera gusa ahantu hitwa Halfeti muri Turukiya.
Abakunzi ba avoka ku isi bashyizwe igorora kuko hadutse avoka itagira ikibuto izafasha abakunda urwo rubuto kuyirya uko babyifuza.
Ishusho imaze imyaka irenga 500 bikekwa ko yashushanyijwe n’umunyabugeni w’umutaliyani Leonardo da Vinci yagurushijwe mu cyamunara i New York muri Amerika (USA).
Papa Francis atangaza ko imodoka yo mu bwoko bwa Lamborghini Huracan yahawe nk’impano atazayigendamo ngo ahubwo izatezwa cyamunama bityo amafaranga azavamo afashe abakene.
Uruganda rwitwa Strawtech rutangaza ko rugiye gukemura ikibazo cy’abantu baburaga inzu zo kubamo kuko rwatangiye kubaka inzu nto ziciriritse zimukanwa.
Linda Bootherstone-Bick w’imyaka 72 ukomoka mu Bwongereza, umaze igihe kinini cy’ubuzima bwe azenguruka isi, ahamya ko u Rwanda ari igihugu cyirangwa n’isuku kandi kigendera ku mategeko.
Umugore ukomoka muri Tanzania ufite ubuhanga mu gukina umupira w’amaguru yagaragaye mu Mujyi wa Kigali yarangaje abantu kubera “udukoryo” yakoraga.
Mu gihugu cy’Ubwongereza hari sosiyete yenga byeri ishaka gutanga akazi ko kuzisongongera mbere y’uko zishyirwa ku isoko.
Bamwe mu batuye n’abakorera mu Mujyi wa Musanze byababereye nk’igitangaza ubwo babonaga abantu biziritse imigozi bari gusukura ibirahure by’umuturirwa wa RSSB uri muri uwo mujyi.
Umusambi ni igikoresho gifite agaciro gakomeye mu Karere ka Ngoma kuburyo buri mukobwa wo muri ako karere ugiye gushyingirwa agomba kuwuha nyirasenge.
Abatuye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi bavuga ko ahahoze igiti kizwi "nk’Imana y’abagore" hashyirwa ikirango kigaragaza amateka y’icyo giti.
Umwana w’umuhungu wo mu Karere ka Nyagatare abantu bamwe bamufata nka pasiteri kubera uburyo ababwiriza ijambo ry’Imana bakanyurwa.
Polisi yo muri Zimbabwe irahamagarira abagabo bo muri icyo gihugu kwitonda no kugira amakenga kuko hari abagore badutse bafata abagabo ku ngufu.
Wumvise Uzabakiriho Elisé abwira abantu amakuru wagira ngo ni umunyamakuru wabigize umwuga nyamara ngo ntaho yabyize.
Igiraneza Jean Claude, umukozi w’Ingoro ndangamurage y’amateka kamere izwi nko kwa Richard Kandt ahamya ko yize gutafa inzoka nzima ntigire icyo imutwara.
Umugabo wo mu Murenge wa Jarama muri Ngoma usengera mu idini ry’Abakusi ahamya ko ataba mu nzu irimo umuriro w’amashanyarazi.
Paul Sanyangore, umupasitoro wo muri Zimbabwe yatunguye abayoboke b’idini rye ubwo bari mu materaniro afata telefoni ye igendanwa ahamagara Imana aho iri mu ijuru baravugana.
Apotre Gitwaza Paul, uyobora itorero Zion Temple ku isi, yavuze ko byoroshye ko abana be biga muri Amerika kuruta uko bakwiga mu Rwanda, kuko nta bushobozi afite bwo kubarihira amashuri mu Rwanda .
Hagenda haduka ibikoresho bidasanzwe kandi byiyongera uko ikoranabuhanga ritera imbere, byakoroshya ubuzima n’ubwo mu Rwanda byose bitatugeraho cyangwa byanahagera ntitubimenye.
Ndagijimana Jean Paul w’imyaka 30 y’amavuko wiyita umuvugabutumwa yagaragaye mu Mujyi wa Musanze abwiriza abantu anabasaba amaturo.
Ijakete ikoze mu ruhu yambawe na nyakwigendera Patrick Swayze muri film yitwa Dirty Dancing yagurishijwe $62,500 muri cyamunara yabereye i Los Angeles, muri Leta zunze ubumwe za Amerika mu Mpera z’ukwezi kwa Mata 2017.
Samuel Abisai wo muri Kenya yatsindiye miliyoni 2 z’Amadolari, arenga miliyari 1.6RWf, mu mikino yo gutega (Betting) mu mupira w’amaguru.
Nyiraminani Epiphanie wo murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, yabyaye impanga z’abana bane bamubaze, abahungu batatu n’umukobwa umwe.
Musawenkosi Donia Saurombe ufite imyaka 23 y’amavuko niwe wabaye Umunyafurika wa mbere ubonye Impamyabushobozi y’ikirenga (PhD) akiri muto.
Abakirisitu Gatolika bo mu mujyi wa Huye bakoze inzira y’umusaraba, bakina bigana uko byagenze mu gihe cya Yezu Kristu.
Ibitangazamakuru byo muri Africa y’epfo bikomeje kwandika inkuru y’umukobwa utarufite icyizere cyo kurenza imyaka 14 kubera uburwayi budasanzwe bwitwa Pro-geria, butuma umuntu asaza vuba cyane.
Ahishakiye Elias na Niyigaba Valens, ni impanga zavutse mu 1992, bavukira mu karere ka Gicumbi, bafana ikipe imwe yo mu Rwanda ndetse no hanze bagafana ikipe imwe.
Kuri Nyirangarama muri Rulindo hororewe imbwa, zatojwe mu buryo bwihariye mu gucunga umutekano kuburyo ushaka ikibwana cyazo kimwe yishyura ibihumbi 300RWf.
Umunyafurika y’Epfo yagaragaye ku mafoto yakwirakwiye kuri Internet arira, avuga ko yarizwaga n’urusenda rwo mu Rwanda yagaburiwe mu biryo.