Sina Gerard ni umushoramali umenyerewe mu bucuruzi bw’ibiribwa n’ibinyobwa bitandukanye birimo imitobe, urwagwa, amandazi ibisuguti n’ibindi.
Ubuyobozi w’ikigo gishinzwe imihanda no gutwara abagenzi i Dubai, bwatangaje ko guhera muri Nyakanga hazatangira gukora taxi zigendera mu kirere nk’indege.
Abanyeshuri 10 b’abakobwa bo ku kigo cy’amashuri cya GS Mpanga, muri Kirehe, bari kwa muganga nyuma yo gufatwa n’indwara itaramenyekana.
Imyaka 11 irashize mu Rwanda hakorera amashyirahamwe y’abaryamana n’abo bahuje igitsina benshi bita “Abatinganyi”. Kurikira ikiganiro gicukumbuye ku gituma aya mashyirahamwe akorera mu bwihisho:
Abageni 12 bari gusezeranira mu Murenge wa Karama muri Kamonyi babuze ubasezeranya bituma badakora ibirori by’ubukwe nk’uko bari babiteganyije.
Gacamumakuba Francois w’i Matimba muri Nyagatare arasaba ubufasha nyuma yuko umugore we amutanye abana umunani akisangira undi mugabo, agasiga anatwaye imyaka yose bari bejeje.
Abaturage bo mu Karere ka Rusizi bavuga ko byababereye nk’igitangaza kubona imodoka ndende yo mu bwoko bwa Hummer ya Limousine (Hummer Limousine) igera mu karere kabo.
Izabayo Marie Grace ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’Akagari ka Rukaragata 2017, mu Murenge wa Mushishiro, mu Karere ka Muhanga.
Abaturage bo mu Kagari ka Rukaragata mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga bagiye kongera gutora Miss w’Akagari kabo.
Abasore babiri bivugwa ko bari bambaye nk’abasirimu bakoresheje amayeri biba ibihumbi 75RWf umukobwa ukorera mu mujyi wa Musanze, bahita baburirwa irengero.
Kugira neza ni ukuguriza Imana kandi ngo iyo ikwishyuye, ibikora mu buryo bwayo ndetse igakuba inshuro zitabarika.
Mu masaha akuze yo ku wa 31 Ukuboza 2016, muri gare ya Nyabugogo hagaragaye abantu ibihumbi n’ibihumbi bateze imodoka ariko bakazibona bigoranye.
Indaya y’ahitwa mu Gahenerezo yacuje imyambaro umugabo asigara yambaye ubusa, imuziza ko yabuze ayo kuyishyura nyuma yo kurarana nayo.
Nyirangaruye Dafrose utuye mu Kagari k’Akagarama, Umurenge wa Rurenge muri Ngoma avuga ko atotezwa n’abaturage bamwita umuvubyi wabujije imvura kugwa.
Mfitumukiza Vestine amaze kwamamara mu Karere ka Musanze kubera gukora umwiyereko w’akarasisi (Parade) mu birori mu buryo bunogeye ijisho.
Ku nshuro ya mbere muri Kenya hagiye gutorwa Rudasumbwa na Nyampinga mu bafite ubumuga bw’uruhu mu rwego rwo kurushaho kwimakaza uburenganzira bwabo.
Polisi y’igihugu ikorera muri Rubavu yatabaye umugore abaturage b’akagari ka Mbugangari bashaka gutera amabuye bamushinja kuba umucuraguzi.
Mu nteko y’abaturage mu Karere ka Kamonyi bamwe mu baturage bahisemo kwandikira umuyobozi w’ako karere batinya ko bashobora kwimwa ijambo.
Umuturage witwa Niyitegeka Emmanuel wo mu Murenge wa Shyogwe, mu Karere ka Muhanga arashinja umukuru w’umudugudu kumutwarira televiziyo yahaweho impano.
Abaturage bo muri Huye bavuga ko indaya basigaye bazita “Ibiryabarezi” kubera ko zirya amafaranga ya bamwe mu bagabo bagataha imbokoboko.
Mu kwizihiza umunsi wa Eid Adhuha muri Nyagatare, hari abiyambitse umwambaro w’Abayisilamu kugira ngo bahabwe inyama z’inka zatanzweho igitambo.
Abaturage bo mu Mujyi wa Norilsk, mu Burusiya, batangajwe no kubona amazi y’umugezi witwa Daldykan yahinduye ibara agasa n’amaraso.
Ingoto ni igice cy’umubiri kigirwa n’abagabo, ariko kuba cyariswe Adam’s apple cyangwa Pomme d’Adam bishobora kugira aho bihurira n’ibyanditswe muri bibiliya.
Umusore wo mu Karere ka Karongi yafashwe n’abaturage mu rugo rw’abandi bamushinja kuza kuhasambanyiriza umugore wa ny’iri urwo rugo.
Ndazigaruye Faustin, wo mu Mudugudu wa Cyenjojo mu Murenge wa Rwempasha muri Nyagatare bamusanganye itaka ry’inzu n’iryo mu murima we arishyiriye umupfumu ngo wamubwiye ko byarozwe ndetse ngo inzu ayitashye yahita apfa.
Umubyeyi witwa Nzamwitakuze Brigitte wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke yabyariye mu Bitaro bya Ruli kuri uyu wa 22 Kanama 2016, bukeye bamubeshya ko umwana yapfuye bamupfunyikira igipupe.
Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko bimwe mu bihugu bya Afrika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara byugarijwe n’ikibazo cyo gukoresha imiti nabi, bityo igatakaza ubushobozi bwo gukiza indwara.
Abasore bo muri Burera batuye mu gace k’amakoro batangaza ko kubaka inzu bikora umugabo bigasiba undi kubera itaka ryaho rihenze.
Uko buri mwaka ushize ni ko hasohoka terefone nziza kandi z’agatangaza, ariko izi terefone 25 ni zo zakunzwe kurusha izindi kuva terefone ngendanwa zatangira gukorwa.
Wang Shi, Umushinwakazi, yagiye mu gitabo cy’abaciye uduhigo ku isi “Guinness World Record” kuko amaze amazi 17 atwite.