Imyaka myinshi y’akazi ke, Hon. Tito Rutaremara, kuri ubu ufite imyaka 76, yibanze ku bikorwa bya politiki. Nyamara kimwe n’abandi agira ubuzima busanzwe mbere cyangwa nyuma y’akazi.
Major John Mbale wo mu ngabo za Zambia, umwe mu basirikare 47 bari mu masomo mu ishuri rikuru rya Gisirikare i Nyakinama, yagaragaye mu birori byo kumurika umuco yambaye ijipo, atungura benshi bajyaga bibaza ko ijipo ari umwambaro ugenewe abagore.
Nyuma y’uko muri iyi minsi hagaragara ubujura bwifashisha uburiganya n’ubutekamutwe, Kigali Today yifashishije amakuru yakuye mu bantu batandukanye ibakusanyiriza bumwe mu buryo bukoreshwa n’abatekamutwe kugira ngo abantu babisobanukirwe bajye birinda, banashishoze mbere yo gufata icyemezo.
Binyuze mu gusenga no kwerekwa, Imana ngo ni yo yasabye Ndayitegeye Aaron kurongora Mukeshimana Josée, ufite ubugufi bukabije unarusha umugabo we imyaka 26 y’amavuko.
Umugore w’imyaka 29 y’amavuko umaze imyaka 10 ari muri koma mu kigo cya Hacienda i Phoenix muri Leta ya Arizona muri Amerika, yabyaye akiri muri koma. Ubu harashakishwa uwamuteye inda.
Ku wa Gatandatu tariki 29 Ukuboza 2018 Sibomana Donath na Mukamuganga Monique bari biteguye gushyingiranwa imbere y’imana nyuma yo gusaba no gukwa ariko ntibyakunda kuko Pasiteri yanze kubasezeranya nyuma yo kubura amafaranga ibihumbi 15 nk’amande yo kutubahiriza isaha.
Urupapuro rusanzwe rwanditsweho amagambo n’ikaramu rwanditswe na Albert Einstein mu myaka 64 ishize rwaraye rugurishijwe akayabo ka miliyari 2,5 z’amanyarwanda, mu igurikagurisha ryabereye I New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Abashakashatsi bo mu Bwongereza bagaragaje ko imbwa zatojwe neza, zishobora kwifashishwa mu kumenya umuntu urwaye malariya, zihunahunnye amasogisi yambawe n’uyirwaye.
Urwandiko umusizi w’Umufaransa wo mu kinyejana cya 19 witwa Charles Baudelaire yanditse avuga ko agiye kwiyahura rwaguzwe ibihumbi 267$ ahwanye na miliyoni zisaga 230Frw.
Umunyamategeko akaba n’umunyamakuru, Edward Mubalaka yashyizeho umunsi ngarukamwaka w’amasengesho azajya ahuriramo abemera Imana y’abakurambere b’u Rwanda.
Umwana w’imyaka 14 wo Mu Murenge wa Gashaki Akarere ka Musanze, wasambanijwe n’umuturanyi wabo, ubu yamaze kwibaruka.
Ngenzahimana Bosco uzwi ku izina rya Rwarutabura yavuze atebya ko yatangiye gufana Rayon Sports akiri mu nda ya nyina, ngo n’umugore we ni umufana ukomeye wambara n’umwenda w’imbere w’umweru n’ubururu.
Umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro wahuzaga ikipe ya Mukura na Rayon Sports wagaragaye ho agashya k’umufana wari wisize irangi ry’amavuta ryagenewe gusigwa inzu.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutabera Evode Uwizeyimana, aranenga ibigo by’imari binyuranye bikorera mu Karere ka Rulindo kudakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda muri serivisi zigenewe abaturage.
Abari bitabiriye inama yateguwe na Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) batunguwe no kubona injangwe igendagenda mu cyumba cy’inama yari yitabiriwe na Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye.
Pasitoro Kayumba Fiston wayoboraga itorero Revelation Church Nyamatete ryo mu Karere ka Gatsibo yaburiwe irengero nyuma yo gutera inda umwana w’impfubyi irera barumuna bayo babiri.
Shepherd Bushiri, umupasiteri wo muri Malawi yatunguye umwana we ku isabukuru y’amavuko, amuha imodoka ihenze yo mu bwoko bwa Maserati Levante.
Guhera mu mwaka wa 2013 hagaragaye amakuru avuga ko indabo z’amaroza zifite ibara ry’umukara yera gusa ahantu hitwa Halfeti muri Turukiya.
Abakunzi ba avoka ku isi bashyizwe igorora kuko hadutse avoka itagira ikibuto izafasha abakunda urwo rubuto kuyirya uko babyifuza.
Ishusho imaze imyaka irenga 500 bikekwa ko yashushanyijwe n’umunyabugeni w’umutaliyani Leonardo da Vinci yagurushijwe mu cyamunara i New York muri Amerika (USA).
Papa Francis atangaza ko imodoka yo mu bwoko bwa Lamborghini Huracan yahawe nk’impano atazayigendamo ngo ahubwo izatezwa cyamunama bityo amafaranga azavamo afashe abakene.
Uruganda rwitwa Strawtech rutangaza ko rugiye gukemura ikibazo cy’abantu baburaga inzu zo kubamo kuko rwatangiye kubaka inzu nto ziciriritse zimukanwa.
Linda Bootherstone-Bick w’imyaka 72 ukomoka mu Bwongereza, umaze igihe kinini cy’ubuzima bwe azenguruka isi, ahamya ko u Rwanda ari igihugu cyirangwa n’isuku kandi kigendera ku mategeko.
Umugore ukomoka muri Tanzania ufite ubuhanga mu gukina umupira w’amaguru yagaragaye mu Mujyi wa Kigali yarangaje abantu kubera “udukoryo” yakoraga.
Mu gihugu cy’Ubwongereza hari sosiyete yenga byeri ishaka gutanga akazi ko kuzisongongera mbere y’uko zishyirwa ku isoko.
Bamwe mu batuye n’abakorera mu Mujyi wa Musanze byababereye nk’igitangaza ubwo babonaga abantu biziritse imigozi bari gusukura ibirahure by’umuturirwa wa RSSB uri muri uwo mujyi.
Umusambi ni igikoresho gifite agaciro gakomeye mu Karere ka Ngoma kuburyo buri mukobwa wo muri ako karere ugiye gushyingirwa agomba kuwuha nyirasenge.
Abatuye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi bavuga ko ahahoze igiti kizwi "nk’Imana y’abagore" hashyirwa ikirango kigaragaza amateka y’icyo giti.
Umwana w’umuhungu wo mu Karere ka Nyagatare abantu bamwe bamufata nka pasiteri kubera uburyo ababwiriza ijambo ry’Imana bakanyurwa.