Filozofiya (Philosophie) ni uburyo bwo kumenya gushyira umubonezo mu mitekerereze, bigafasha umuntu kwimenyereza gutekereza neza kugira ngo abashe gushyira mu gaciro, bityo ubwo bumenyi bukamugira inshuti y’ubuhanga, (philosophie est l’Amour de la Sagesse).
Nyuma yo kwerekana ukuntu “Abakurambere b’intwari bitanze batizigama”, bahanze u Rwanda kugeza ubwo ruvamo “ubukombe”, reka nkomeze nerekane n’abandi “bakurambere b’intwari” bivugwa ko “batsinze ubukoroni na mpatsibihugu”.
Ubwo Umwami Mutara III Rudahigwa yagiriraga uruzinduko mu Bubirigi mu 1949, yagarukanye amakuru atari azwi ku migambi y’Abakoloni ku Rwanda, maze ahamagara bamwe mu bakozi be b’abizerwa, arababwira ati “ntabwo abakoloni badukunda, ariko n’igihe naba ndahari muzashyireho ishyaka ry’ubumwe bw’abanyarwanda.”
Mu gihe twizihiza umunsi w’Intwali z’igihugu, abazikomokaho bakomeje gutanga ubuhamya bugaragaza ko igihe ababyeyi babo bicwaga imiryango yabo yasigaraga mu itotezwa rikomeye.
Ibyiciro by’urubyiruko, inzego za Leta n’ababyeyi, baragaragaza ko abana bitwara nabi, babikomora ku kuba bataragiriwe inama bakiri bato mu burere, kandi ko imyitwarire mibi y’umwana ayikura mu bice byinshi, haba mu muryango, ku ishuri aho akorera n’aho atemberera no mu iterambere ry’ikoranabuhanga.
Abacuruzi batandukanye mu Gihugu hamwe n’abakiriya babo bakomeje kwinubira igihombo batewe no kudakora kw’ihererekanya ry’amafaranga hakoreshejwe MTN Mobile Money (MoMo), byatumye bamwe mu bakiriya bafatirwa aho batse serivisi, abandi bagenda batishyuye.
Avuga ko ikibazo cya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo-DRC ari icyayo bwite, ariko ubu kikaba kimaze guhinduka icy’akarere, mu gihe abatuma kidakemuka barimo ababiterwa n’inyungu zabo bwite by’umwihariko ibihugu by’ibihangange ku Isi bizwi n’amazina.
Minisiteri ya Siporo iri muri Minisiteri zifite umwihariko mu guhinduranya ubuyobozi kenshi, aho imaze kuyoborwa n’Abaminisitiri 10 kuva mu 1994, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Bamwe mu baturage n’abakora umwuga w’itangazamakuru muri iki gihe, bashimira cyane abakoze uwo mwuga mu myaka yo hambere aho babafatiraho urugero rw’abanyamakuru beza. Abo bahoze mu mwuga w’itangazamakuru bo bavuga ko ibanga ryo gukora neza itangazamakuru ari ukugira urukundo n’ubwitange mu kazi, kwicisha bugufi, n’ibindi.
Abahebyi ni izina ry’abakora ubucukuzi bw’amabuye butemewe mu Karere ka Muhanga, kubera ko ubwabo basa nk’abanga ubuzima bwabo, kuko ingaruka za mbere bakura muri ubwo bucukuzi ari impfu za hato na hato.
Umwaka wa 2023 hari abawutangiye ntibawurangiza, bamwe bagenda bazize indwara, abandi bazira impanuka n’ibindi. Dore bamwe mu bantu bari bazwi mu bice bitandukanye by’ubuzima harimo, Politiki, uburezi, imyidagaduro… bapfuye mu 2023.
Umushakashatsi mu by’ubukungu w’Umwongereza ukorera Ikigo ‘Adam Smith Institute’, Rebecca Lowe arasaba ibihugu kuvugurura amasezerano mpuzamahanga agenga imicungire y’isanzure (Outer Space Treaty, OST), kugira ngo abatuye Isi bagire ubutaka n’uburenganzira bw’aho bita ahabo ku yindi mibumbe igize isanzure, harimo no ku Kwezi.
Umwaka wa 2021 kimwe n’uwawubanjirije wa 2020 yabaye imyaka itoroshye ku Banyarwanda no ku batuye Isi muri rusange, kuko bari bahanganye n’icyorezo cya Coronavirus.
Hashize iminsi mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, humvikana amakuru avuga ko uwitwa Shyaka Gilbert yashimuswe cyangwa yishwe. Ni amakuru yatangiye kumvikana kuva muri Mata 2021 ndetse bamwe babifata nk’ukuri mu gihe amakuru KT Press yagerageje gucukumbura agaragaza ko bitabayeho.
Agace ka Gikondo karebana n’ahitwa kuri MAGERWA mu Mujyi wa Kigali, ni mu Mudugudu witwa Marembo II, mu Kagari ka Kanserege, mu Murenge wa Gikondo w’Akarere ka Kicukiro, ariko izina rizwi na benshi kuva kera rikaba ari Sodoma.
Abafundi n’abayede bakorera mu Mujyi wa Kigali baravuga ko bahangayikishijwe n’igihombo baterwa n’ubucuruzi bukorerwa ahakorerwa ibikorwa by’ubwubatsi (chantier) buzwi nka “Pourcent”.
Indishyi zigendanye n’impanuka zo mu muhanda ziribwa na bamwe mu bunganira abandi mu by’amategeko, ku bufatanye n’abakomisiyoneri (abahuza), bafatirana ubumenyi buke bw’abakoze impanuka. Akenshi abakoze impanuka ntibaba bazi amategeko abarengera, impamvu ituma bakinirwaho uburiganya.
Umwaka wa 2020 uzakomeza kugarukwaho nk’umwe mu myaka yabaye mibi muri rusange biturutse ku cyorezo cya COVID-19 cyahitanye abantu hirya no hino ku isi ndetse kigasubiza inyuma ubukungu, ariko hakaba n’abapfuye bazize izindi mpamvu zitandukanye.
Hari zimwe mu nkuru Kigali Today yagejeje ku basomyi mu bihe bishize, ariko hari izo abantu bagaragaje ko bakeneye kongera kuzisoma muri iki gihe u Rwanda rwizihiza ku nshuro ya 26 isabukuru yo Kwibohora. Muri izo nkuru harimo iy’abaganga n’abaforomo bagize uruhare mu kubohora u Rwanda, yanditswe tariki 08 Nyakanga 2015. (…)
Abarinzi b’igihango bo mu Karere ka Karongi bavuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bakoze uko bashoboye ngo batabare abahigwaga, bagera hafi yo gupfana na bo aho kubatanga.
Mu Mujyi wa Kigali hagaragara iterambere ry’ibikorwa remezo birimo bigaragaza iterambere ry’umujyi, aho usanga inyubako zisigaye zizamurwa ari ndende kandi ngari ugereranyije no mu myaka yashize.
Mu mwaka ushize mu biganiro bitegura amakuru muri Kigali Today hari umunyamakuru wagaragaje ko hari ikibazo cy’ubujura bukomeye kandi bukorwa mu ibanga mu kwiba abaguzi bahaha isukari, umunyu n’umuceri.
Guhera tariki ya 09 Werurwe 2019, mu Rwanda haratangira umwiherero wa 16 w’abayobozi bakuru. Ku nshuro ya 16, abayobozi bazamara iminsi ine mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare i Gabiro mu Karere ka Gatsibo, baganira ku ngingo zitandukanye zigamije iterambere ry’igihugu.
Rujugiro Tribert ni umuntu ukunda gushora imari mu nganda zikora itabi mu bihugu bitandukanye bya Afurika, gusa mu myaka mike ishize, hagiye humvikana amakuru y’ uko uwo mucuruzi yaba akora ishoramari ririmo uburiganya, akwepa imisoro n’ibindi byaha bitandukanye.
Benshi mu rubyiruko rusoza amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro bagaragaza imishinga myiza y’ikoranabuhanga, ikamurikwa igashimwa ariko nyuma ntumenye irengero ryayo.
Abantu batandukanye bakoresha imoso batangaza ko bahura n’ibibazo bitandukanye mu buzima, bituruka ku kuba bafatwa nk’abadasanzwe cyangwa se nk’abafite ikibazo.
Mu mwaka wa 2006, Ishyirahamwe ry’imodoka nini zitwarira abantu hamwe (KBS) ryatangiye gukora mu mujyi wa Kigali. Icyo gihe yatangiranye imodoka 10 gusa. Gusa mu mezi macye izo modoka zatangiye kugenda zigira ibibazo bya hato na hato byasabaga ko zikoreshwa mu igaraji (garage) gusa byari bihenze.
Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga mu buzima bw’inyamanswa, bugaragaza ko inyamanswa zifite ubushobozi bwo kumva ko agace ziherereyemo hari ibiza biri hafi kuhaba zigahunga.
Dodani (Dos d’Ane/Humps) ni utuntu tumeze nk’udusozi twubakwa mu mihanda cyane cyane ihuriramo abantu benshi nko mu mihanda yegereye ibigo by’amashuri, amavuriro, amasoko, insengero, ibibuga by’imikino n’ahandi, hagamijwe ko ibinyabiziga bihanyura bigabanya umuvuduko kugira ngo bidateza impanuka kubera urwo rujya n’uruza (…)