Uretse Akarere ka Nyaruguru katagira ikipe y’abana bafite munsi y’imyaka 15 batozwa umupira w’amaguru, mu tundi turere tugize Intara y’Amajyepfo bafite amakipe ategura abana, bigatanga icyizere ko mu minsi iri imbere amakipe y’u Rwanda azaba akinisha abana barwo gusa.
Muri uyu mwaka wa 2015-2016, Intara y’Iburengerazuba ngo ifite imishinga mirongo irindwi n’itandatu izatwara miliyari miliyari 55 na miliyoni 362 n’ibihumbi 292 na 594 mu rwego rwo guteza imbere imijyi n’imiturire rusange ndetse n’imibereho myiza y’abaturage.
Ubuyobozi bw’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika bwasabye Leta ya Kongo gukuraho amananiza ishyira kuri Monusco bagafatanya kwambura ku ngufu za gisirikare intwaro abarwanyi ba FDLR banze kuzishyira hasi ku bushake kandi bari bahawe ku wa 2 Mutarama 2015 nk’itariki ntarengwa.
Ibitaro by’uturere mu Ntara y’Iburasirazuba birabarura igihombo gisaga miliyoni 120 z’amafaranga y’u Rwanda, nyuma yo kuvura abarwayi ariko bamara gukira, ngo bakabura ubwishyu bwa serivise bababa bahawe. Izi ngorane zo kutishyurwa ibitaro bihura na zo, ngo ahanini zishingira ku baturage batagira ubwisungane mu kwivuza (…)
Mu gihe amenshi mu mavuriro mu Rwanda avuga ko ahangayikishijwe n’ikibazo cy’abaturage bajya kwivuza badafite mituweri babura yo kwishyura bagatoroka batishyuye, Ibitaro bya Muhororo mu Karere ka Ngororero byo ngo byashyizeho agasanduku abakozi babyo bashyiramo amafaranga yo kugoboka ababa babuze kwishyura. Muri iki (…)
Mu gihe muri iyi minsi havugwa ikibazo cy’abaturage bamwe bajya kwa muganga bagatoroka amavuriro batishyuye, uturere tumwe na tumwe mu Ntara y’Amajyaruguru ngo twafashe ingamba zo kugabanya uwo mwenda. Nko ku Bitaro bya Ruhengeri n’ibya Nemba mu Karere ka Gakenke, ngo abo bakekaho ko bashobora gutoroka batishyuye (…)
Ibitaro bitandukanye mu Rwanda biravuga ko bihura n’ikibazo cy’abantu bajya kwivuza bamara gukira bakananirwa kwishura bigatuma bakabigendamo umwenda bikabangamira izindi serivisi zitangirwa kwa muganga. Mu nkuru zicukumbuye zo muri iki cyumweru, Kigali Today irabagezaho uko iki kibazo gihagaze mu ntara zose z’u Rwanda (…)
Mu gihe Akarere ka Rwamagana kamaze kugera ku kigero cya 30% by’abaturage bamaze kugezaho umuriro w’amashayanyarazi, Intara y’Iburasirazuba igeze ku kigero cya 24,9% by’abayafite ariko Guverineri wayo, Uwamariya Odette, akaba atanga icyizere ko bazagera mu 2017-2018 bamaze kugeza amashanyarazi kuri 70% by’abayituye.
Mu gihe mu Ntara y’Amajyepfo Akarere ka Muhanga kaza ku isonga mu kigira igice kinini gifite amatara yo ku muhanda (eclairage public) ku burebure bwa km 25 n’ubwo amenshyi muri yo ngo adakora, Akarere ka Kahuye kaza ku isonga mu kugira ingo nyinshi mu kugira amaturage benshi bafite umuriro w’amashanyarazi n’ikigero cya 21%.
Abatuye mu ntara y’Uburengerazuba bw’u Rwanda basaga 85% bababajwe no kuba batagerwaho n’ibyiza by’amashanyarazi afatwa nk’isoko ya byinshi mu bikorwa by’iterambere n’imibereho myiza.
N’ubwo intara y’Amajyaruguru ari yo iza ku isonga mu kugira ingomero zitanga amashanyarazi nyinshi mu Rwanda, ibipimo biragaragaza ko abafite amashanyarazi muri iyo ntara ari 15% gusa by’abayituye bose.
Abaturage b’imidugudu ya Rwarucura na Ryabega akagali ka Mbare umurenge wa Karangazi bemeza ko ubutaka bwa hegitari ebyiri bwari bwaragenewe isoko bwahawe abantu bishoboye nyuma yo kubeshya bari abatuye mu manegeka.
Nyuma y’aho Kigali Today itangarije inkuru ku cyumba cy’amasengesho cya Rubengera mu Itorero Peresibiteriyeni mu Rwanda (EPR) kivugwamo inyigisho z’ubuyobe, ubuyobozi bw’iryo torero bwahinduye ubuyobozi bw’icyo cyumba cy’amasengesho bunategurira abakirisito amahugurwa ku buhanuzi n’inyigisho z’ubuyobe.
Kubona umubare nyawo w’abaturage bose bambuwe cyangwa batinze kwishyurwa na ba rwiyemezamirimo ntibyoroshye kubera ko ubuyobozi butayatanga akaba ari yo mpamvu mu turere twa Rwamagana na Nyagatare ho nta makuru kuri iki kibazi turabasha kumenya.
Muri iki gice cya gatatu ku nkuru zivuga kuri ba rwiyemezamirimo bambura cyangwa bagatinda kwishyura abaturage bakoresheje turareba uko byifashe mu ntara y’Amajyepfo.
Mu cyegeranyo cya ba rwiyemezamirimo bakoresha abaturage ntibabishyure, ubu turabagezaho uko byifashe mu Ntara y’Uburengerazuba aho bigaragara ko akarere ka Karongi gafite iki kibazo kurusha utundi.
Nk’uko mumaze kubimenyera, buri cyumweru Kigali Today ibagezaho inkuru zicukumbuye. Ubu twabahitiyemo kubagezaho inkuru zijyanye n’ikibazo cya ba rwiyemezamirimo bakoresha abaturage ariko hagashira igihe batarabishyura. Uyu munsi turahera ku ntara y’Amajyaruguru.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 batishoboye barimo imfubyi zirera biteganyijwe ko bagiye kongera guhabwa amazu muri uyu mwaka nyuma y’uko mu mwaka ushize hatanzwe amazu 40 ku batishoboye barimo inshike zitagira abazifasha.
Abakirisito bo mu Itorero Peresibiteriyeni mu Rwanda (EPR) muri Peresibiteri ya Rubengera, Paruwasi ya Rubengera mu Karere ka Karongi ntibavuga rumwe ku cyumba cy’amasengesho kuko ngo gitangirwamo inyigisho bamwe muri bo bita iz’ubuyobe, kandi ngo kikanagandisha abaturage kuri gahunda ya Leta yo kuboneza urubyaro.
Muri iki gice cya kane ari na cyo cya nyuma ku nkuru zerekana imiturire mu gihugu, turabagezaho ibijyanye n’intara y’Amajyepfo. Uretse akarere ka Nyaruguru gafite umujyi udakora ku muhanda wa kaburimbo, utundi turere tugize intara y’Amajyepfo tugaragara ko tugenda dutera imbere mu kugira inyubako zigezweho.
Muri iki gice cya gatatu ku iterambere ry’imiturire mu Rwanda turabagezaho uko byifashe mu ntara y’Uburengerazuba. Muri iyi ntara bigaragara ko uturere dukora ku kiyaga cya Kivu nka Rubavu, Karongi na Rusizi ari two turi imbere y’utundi mu bijyanye n’imyubakire.
Muri iki gice cya kabiri cy’inkuru zijyanye n’imyubakire mu gihugu, turabagezaho uko imyubakire yifashe mu ntara y’Amajyaruguru. Muri iyi ntara umujyi wa Musanze niwo ugaragaramo inyubako nyinshi zigezweho.
Kigali Today yatangiye gahunda yo kubagezaho inkuru zicukumbuye zerekana aho igihugu kigeze mu bintu bitandukanye. Kuri iyi nshuro turahera ku bijyanye n’imyubakire mu ntara zitandukanye, duhereye ku ntara y’Uburasirazuba.
Mu gihe habura amasaha macye ngo dusoze umwaka wa 2014, Kigali Today yabahitiyemo kuwusoza igaruka ku makuru yavuzweho cyane ku bijyanye n’u Rwanda.
Abaturage batuye mu kagali ka Congo-Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, batangaza ko bahinduye imyumvire yo gusesagura amafaranga mu minsi mikuru yabarangaga mu minsi yashize, aho wasangaga abantu bizihiza iminsi mikuru ku buryo budasanzwe.
Leta y’u Rwanda yahagurukiye kuzamura ireme rya serivise zitangirwa mu bitaro byo mu Rwanda, akaba ariyo mpamvu yatangije gahunda zinyuranye zirimo no gusuzuma ibitaro bitandukanye ngo bihabwe ibyemezo byo ku rwego mpuzamahanga (Accreditation).
Filozofiya (Philosophie) ni uburyo bwo kumenya gushyira umubonezo mu mitekerereze, bigafasha umuntu kwimenyereza gutekereza neza kugirango abashe gushyira mu gaciro; (philosophie= Amour de la Sagesse).
Za SACCO zo mu mirenge itandatu y’akarere ka Kayonza zirishyuza Sosiyete y’ubwishingizi ya SORAS miriyoni zikabakaba 90 z’amafaranga y’u Rwanda nyuma y’aho yari yafatiye abahinzi ubwishingizi ku myaka ya bo bakarumbya kandi ntiyishyure.
Abanyeshuri barangiza amashuri muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) barinubira gutunguzwa ikizami cyo gusobanura igitabo kirangiza amashuri kuko gisaba gutegurwa neza kandi kigahabwa amanota menshi.
Mu gihe bamwe mu bana babaga mu bigo by’impfumbyi bavuga ko bari batewe impungenge n’imibereho yabo ubwo Leta y’u Rwanda yafataga icyemezo cyo gufunga ibigo by’impfumbyi abana bakabohereza kuba mu miryango, ubu bavuga ko byabafashishije kuko byatumye bashobora kubana n’abandi mu buzima bwo hanze kandi kuri ubu bakaba (…)