Tuyishime Joshua uzwi nka Jay Polly mu muziki wo mu Rwanda agiye kugaragara ari umukinnyi muri Filimi y’uruhererekane yitwa “Ishyano ry’ikibero” izajya inyuzwa kuri Murandasi n’imbuga nkoranyambaga, aho azajya akina mu isura y’umusore wagiriye ubuzima bubi mu mujyi.
Sebigeri Paul wamamaye ku izina rya Mimi la Rose muri Orchestre Impala de Kigali yavuze bimwe mu byamubayeho ubwo bacurangaga ndetse bikamusigira igikomere mu mutima birimo kuba umugabo wamurushaga amafaranga n’icyubahiro w’umuyobozi yaramuciye inyuma bikarangira anamutwariye umugore.
Umuhanzikazi Sanny Dorcas uri muri Kenya, yatunguranye ubwo yarimo aganira n’abakunzi be ku rubuga rwa Instagram, avanamo imyambaro yose yerekana ubwambure bwe benshi batangira gukeka ko yabikoreshejwe n’ubusinzi.
Sebigeri Paul umwe mu bacuranzi batangiranye na Orchestre Impala yakunzwe na benshi mu Rwanda kugera n’ubu, yabwiye KT Radio amwe mu mateka y’indirimbo zakunzwe cyane z’Impala n’imvo n’imvano yazo.
Umuhanzikazi Femi One wo muri Kenya wamamaye mu ndirimbo ‘Utawezana’ agiye gushyira hanze indirimbo yakoranye na Alyn Sano ndetse banasubiremo indirimbo ‘Kontorola’ imaze iminsi isohowe na Alyn Sano.
Ibihembo ya BET Awards bizatangwa ku cyumweru tariki 29 Kamena 2020, umunyekongo Innoss’B akaba ari mu bahanzi nyafurika bari guhatanira ibi bihembo.
Hagiye gushira umwaka umuhanzi Harmonize wo muri Tanzania asezeye mu nzu ya Wasafi ya Diamond Platnumz, nyamara byagaragaye ko nyuma yo gutandukana n’iyi nzu, Harmonize yateye imbere ku buryo ubu ari umwe mu bahanzi bubashywe muri Afurika akaba yaranabiboneyemo amafaranga.
Minisiteri y’Umuco n’Urubyiruko yavuze ko igiye gufasha abahanzi kubona aho bacururiza ibihangano byabo hifashishijwe ikoranabuhanga kugira ngo ibihangano byabo bibashe kubatunga nyuma yo kubona isomo bahawe n’ibi bihe bya Covid-19 aho gukora ibitaramo bidashoboka.
Umuyobozi wa East African Promoters itegura ibitaramo bya Iwacu Muzika Festival Mushyoma Joseph, asobanura ko muri uyu mwaka ibi bitaramo bizajya bibera kuri Televizi y’Igihugu hakazaba harimo n’abandi bahanzi batari abaririmba bonyine.
Umuhanzikazi Aline Gahongayire yifuza ko indirimbo ze zajya zicuragwa zikanaririmbwa mu nzu z’utubyiniro no mu tubari kugira ngo zibashe kugeza ubutumwa bw’umucyo w’Imana muri izo nzu no kuri abo bantu bazitaramiramo.
Indirimbo yitwa ‘Ya Motema’ ya Nel Ngabo ari kumwe na Platini P iri mu zambere Platini yaririmbyemo agitangira kuririmba wenyine.
Ibitaramo byiswe ‘Iwacu Muzika Festival’ bigiye kuba ku nshuro ya kabiri aho bizahuza abahanzi batandukanye ba hano mu Rwanda, abantu bakaba bazabireba badasohotse hanze kuko bizajya bitambuka kuri televiziyo gusa.
Umuhanzikazi Priscillah umaze igihe atuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yaduhishuriye ko kuba arimo akora cyane muri iyi minsi biri mu mugambi arimo gutegura yo kuza mu Rwanda kuko yifuza kuzaza vuba afite ibihangano bihagije.
Abahanzi ba muzika ya Hip-hop, Rap, na RnB bo muri Afurika, bagiye kugira amahirwe yo gukorana na studio ikaba n’inzu ifasha abahanzi (Label) yo muri Amerika yitwa Def Jam Recordings. Iyi ni imwe mu zizwi cyane ku isi yose mu gutunganya indirimbo zo mu njyana ya Hip-Hop.
Muri Werurwe 2020, umunyamuziki Manu Dibango yapfuye azize COVID-19 ashyingurwa mu irimbi rya Père-Lachaise ariko abafana be kugeza uyu munsi ntibashobora gusura aho ashyinguye.
Umuhanzi Bisangwa Nganji Benjamin wamamaye mu kuvuga Inkirigito, gusetsa no kuririmba mu njyana ya Reggae yatangaje ko yashyize ahagaragara indirimbo yitwa ‘Urwo mu mashuka’ ivuga ku rukundo rushingiye ku busambanyi ndetse anagaragaza uburyo abana bo mu muhanda bashobora kuba intandaro y’ingeso mbi, mu ndirimbo yise (…)
Nemeye Platini, umwe mu bari bagize itsinda rya Dream Boys ryari rimaze imyaka irenga 10 rikora umuziki kuri ubu bakora umuziki buri umwe ku giti cye, avuga ko akumbura uko yakoranaga umuziki na mugenzi we Mujyanama Claude (TMC).
Umuhanzi Juru Ornella uri kwinjira mu buhanzi ngo asanga bamwe mu bakobwa b’abahanzi bashyira imbere ubwiza n’ikimero bakibagirwa kugaragaza impano ibarimo, bikaba ari na yo ntandaro y’uko iyo bagenda basaza n’ubuhanzi bukendera.
Umuhanzi Bisangwa Nganji Benjamin wamamaye nka Ben Nganji afite igihangano yise Inkirigito cyakunzwe n’abatari bake mu minsi ishize, ndetse na n’ubu kikaba kigikunzwe, dore ko yagikoze mu buryo bw’urwenya bityo kigasetsa abacyumvise.
Rukundo Patrick Nyamitari wari umaze igihe ari mu gihugu cya Kenya yagarutse gukorera umuziki mu Rwanda nyuma y’igihe yari amaze ari mu mirimo itandukanye muri Kenya aho yagiye ubwo yari yitabiriye irushanwa ryaTusker Project Fame.
Yvan Buravan ni umwe mu bahanzi bakiri bato wazamutse mu buryo bwihuse mu myaka ya za 2015. Azwi mu njyana ya ‘pop’ akaba yarakunzwe cyane kubera ijwi ryiza ku buryo no mu 2018 yabonye igihembo cya ‘Prix Découvertes RFI’.
Ngarambe François waririmbye ‘Umwana ni Umutware’ ari mu bahanzi nyarwanda bahuriye mu ndirimbo yiswe ‘Corona’ igamije gukangurira abantu kurwanya ikwirakwizwa rya Covid-19, ubutumwa bwe muri iyi ndirimbo bukaba bwibanda ku kuvuganira umwana muri ibi bihe abanyeshuri bari mu rugo.
Nyuma y’uko icyorezo cya Coronavirus gihagaritse ibikorwa by’imyidagaduro, bigahomba amafaranga atari make, Muyoboke Alex, umwe mu bacunga inyungu z’abahanzi (Manager), aravuga ko na we yahombye asaga miliyoni 16 z’amafaranga y’u Rwanda.
Igitaramo kigomba guhuza abahanzi bahoze mu itsinda rya Tuff Gangs kikabera kuri interineti, cyongeye gusubukurwa kuri iki cyumweru nyuma yo gusubikwa inshuro ebyiri zose kubera kutubahiriza amabwiriza ya Covid-19.
Umuhanzi Igor Mabano yiteguye gushimisha abakunzi be bategereje igihe kinini igitaramo yagombaga gukora amurika umuzingo we, mu gitaramo ari bukorere kuri murandasi uyu munsi saa kumi z’umugoroba hamwe na Butera Knowless na Nel Ngabo.
Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben agiye kuririmba mu gitaramo cyiswe ‘Hope for Africa’ kizaba ku itariki 31 Gicurasi 2020 azahuriramo n’abahanzi bakomeye barimo Davido, Mr Flavour, Sarkodie Ykee Benda n’abandi bahanzi bakomeye bo muri Afurika.
Mu gihe abahanzi n’abanyarwenya batandukanye bamaze igihe mu bihombo byatewe n’icyorezo cya covid-19, Alex Muyoboke ucunga inyungu z’abahanzi akanateza imbere impano, aravuga ko atazigera abona amasezerano meza nk’ayo yari amaze iminsi abona icyorezo kitaraduka.
Igitaramo cya Tuff Gang cyongeye gusubikwa ku nshuro ya kabiri nyuma y’uko icyo bari bakoze mbere cyahagaritswe kitarangiye abagize iri tsinda n’abateguye igitaramo bakanarazwa muri Stade ya Kicukiro.
Archie Williams warekuwe muri 2019 nyuma yo kumara imyaka 36 afunze nyamara ari umwere, yakabije inzozi ze yagize afite imyaka 12 zo kuzaririmba mu irushanwa rya America’s Got Talent.
Abahanzi bo muri Tuff Gang batawe muri yombi, igitaramo cyabo kirahagarikwa, kikaba ari igitaramo bari bahuriyemo cyari gikurikiwe n’abarenga 1000 ku rubuga rwa YouTube. Barazira kuba batubahirije amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.