Amb Nkulikiyimfura yashyikirije igikomangoma Albert II impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Monaco Ambasaderi François Nkulikiyimfura, ku wa Kabiri tariki 07 Ugushyingo 2012, yashyikirije Igikomangoma Albert II wa Monaco, impapuro zimwemerera guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu.
Mu Murenge wa Cyuve, Akagari ka Kabeza mu Karere ka Musanze, haravugwa inkuru y’Umukuru w’Umudugugudu wagerageje kwiyahura akoresheje ishuka, mu ijoro rishyira tariki 08 Ugushyingo 2023, abaturage baratabara.
Perezida Paul Kagame yavuze ko imyumvire y’uko ishoramari muri Afurika rigoye kurikora idakwiye kuko uyu umugabane ufite amahirwe mu ishoramari nk’aboneka ahandi ku Isi ndetse ukagira n’akarusho k’abaturage bari mu nzira y’iterambere.
U Rwanda rwiteguye kuba igisubizo cy’amazi n’amashanyarazi ku batuye umujyi wa Goma waraye mu mwijima nyuma y’uko ipoto ijyana umuriro mu mujyi wa Goma yaguyeho igisasu ikangirika bikomeye mu mirwano yahuje ingabo za Congo FARDC hamwe n’umutwe wa M23 muri Teritwari ya Nyiragongo.
Abagize umuryango w’icyamamare muri Filimi zo gusetsa w’Umunya-Nigeria, John Okafor uzwi cyane nka Mr Ibu, batangaje ko yaciwe ukuguru kubera impamvu z’uburwayi.
Mu Rukiko rwa Rubanda i Bruxelles mu Bubiligi, tariki 6 Ugushyingo 2023, hasubukuwe urubanza rwa Séraphin Twahirwa na Pierre Basabose, baregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni nyuma y’icyumweru cy’ikiruhuko cyagenewe abakora mu rwego rw’ubutabera mu Bubiligi.
Imvura nyinshi yateje imyuzure yica abantu 40 muri Kenya na Somalia, mu gihe abandi ibihumbi bavuye mu byabo nk’uko byatangajwe n’imiryango ifasha abari mu kaga.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” ikomeje imyitozo yo gutegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’isi
Afurika y’Epfo yahamagaje Abadipolomate bayo bari muri Israel kubera intambara icyo gihugu kirimo kurwana na Palestine, biturutse ku gitero cyagabwe n’umutwe wa Hamas, imirwano ikomeje kugwamo abasivili batari bake abandi bagakomereka.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Ms. Rabab Fatima, Umunyamabanga Mukuru w’ishami ry’Umuryango w’Ababibumbye rishinzwe guhuza ibikorwa n’ubuvugizi ku bihugu biri mu nzira y’amajyambere bidakora ku nyanja.
Nyuma yuko shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mukino wa Volleyball ishyizweho akadomo, amakipe acyeneye kwiyubaka yo yamaze guhaha, mu gihe REG VC yo yamaze gutakaza abakinnyi 6 bari inkingi za mwamba.
Ku mugabane wa Afurika ukungahaye mu runyuranyurane rw’imico n’amoko, ntibitangaje kubona ko n’ubuvanganzo buhakomoka, nabwo bufite ubukungu bw’uruhurirane bushingiye kuri uwo mutungo ndangamuco tugenda duhererekanya tubikesheje ibitabo, imyandiko, inkuru n’imivugo byasizwe n’abanditsi b’Abanyafurika.
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarungege, ku wa Kabiri tariki 6 Ugushyingo 2023, rwategetse ko Umunyamakuru Nkundineza Jean Paul ukurikiranyweho icyaha cyo gutukana mu ruhame, guhohotera uwatanze amakuru ku byaha, gukoresha ibikangisho no gutangaza amakuru y’ibihuha, afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro kuri telefone n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye António Guterres ku bijyanye n’ubwiyongere bukabije bw’urugomo rwitwaje intwaro n’amagambo ashingiye ku ivanguramoko mu Burasirazuba bwa DRC.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki 07 Ugushyingo 2023, muri Village Urugwiro, yakiriye Ambasaderi Girma Birru Geda wamugejejeho ubutumwa bwa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Bwana Abiy Ahmed Ali.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli, (RMB) cyatangaje ko mu gihembwe cya Gatatu cya 2023, kuva muri Nyakanga kugeza muri Nzeri, amabuye y’agaciro acukurwa mu Rwanda yinjije arenga miliyoni 241$(Arenga miliyari 243 Frw).
Abantu benshi bamenyereye kurya ipapayi nk’urubuto rufitiye umubiri akamaro, kubera ibirigize birimo za vitamine, imyunyungugu, n’ibindi, ariko hari n’ibindi bituruka kuri ryo nk’utubuto twaryo tw’imbere n’igishishwa cyaryo bifitiye umubiri akamaro.
Abagabo babiri batawe muri yombi bakekwaho kwiba amafaranga ya Perezida w’Africa y’Epfo Cyril Ramaphosa yari abitse mu mwenda w’intebe yariri mu rwuri yororeramo ruherereye ahitwa Phala Phala.
Ikigo Nyarwanda cy’Ubuzima bushingiye ku muco cyateguye umuhango wo kubandwa n’igitaramo cy’imandwa, kizaba tariki 10 Ugushyingo 2023 kikazabera ahakorera iki kigo mu murenge wa Gisozi mu karere ka Gasabo.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yatangaje ko amatora asubikwa mu gihe ingengabihe yayo yateganyaga ko amatora y’Abadepite yari kuzaba mu Ukwakira 2024, naho ay’Umukuru w’igihugu akaba muri Werurwe uwo mwaka 2024.
Inteko Rusange y’Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro yateranye tariki 05 Ugushyingo 2023, irebera hamwe ibyagezweho, ndetse n’ibiteganyijwe mu minsi iri imbere, hagamijwe kwihutisha iterambere.
Byakunze kugaragara ko hari abagore bakenera kujya kubyarira mu mavuriro yigenga, bikaba ngombwa ko bajya za Kigali, ariko ku batuye i Huye baba bagiye kujya bahinira bugufi, ku bw’ivuriro rishyashya ryahafunguye imiryango.
Ikipe ya Kiyovu Sports iri kwishyuzwa amafaranga arenga Miliyoni 20 Frws na rutahizamu w’umunya-Liberia, aho avuga ko ibyo bumvikanye mu masezerano bitubahirijwe
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yagaragaje ukuri ku binyoma Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ikomeje gushinja u Rwanda mu kuyobya uburari ku bibazo bya politiki byayinaniye gukemura.
Iyo havuzwe ubudahangarwa bw’umubiri humvikana ubushobozi bwawo bwo guhangana, no kurinda ibyawutera indwara ziterwa na za bagiteri, virusi n’indiririzi cyangwa imiyege (parasites).
Itsinda ry’Abadage 55 bari bari mu biruhuko ahitwa i Mallorca, muri Espagne, baciye agahigo k’Isi ko kunywa inzoga nyinshi mu gihe gito, aho banyoye byeri zigera ku 1,254 mu masaha atatu gusa.
Abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo bibumbiye muzi za Koperative zihinga ibigori, bashyikirijwe ifumbire mvaruganga ya DAP yo kubagaza ibigori, mu rwego rwo kuzamura umusaruro w’igihembwe cy’ihinga 2024A.
Ikigo BK TecHouse hamwe n’icyitwa Rwanda Telecentre Network (RTN), bitanga serivisi z’ikoranabuhanga, byagiranye amasezerano yo gukoresha aba ajenti (agents) basanzwe batanga servsie zitandukanye z’ikoranabuhanga, harimo n’izo ku rubuga Irembo, kugira ngo baruhure abakoraga ingendo ndende bajya kwishyura amafaranga y’Ishuri.
Umujyi wa Goma utuwe na Miliyoni ebyiri z’abaturage, washyizwe mu icuraburindi n’intambara ibera mu nkenero zawo ihuje abarwanyi ba M23 n’ingabo za Congo, FARDC hamwe n’imitwe izitera inkunga.
Abahanzi batandukanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, barimo umuraperi Drake na mugenzi we, Jennifer Lopez, bifatanyije n’abandi bahanzi benshi basaba ko intambara ikomeje guhitana benshi hagati Israel na Hamas ihagarara.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 batishoboye, barasaba Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), kubasanira inzu batuyemo kuko zimwe zangiritse kubera ko zidakomeye ndetse zishaje.
Ibiganiro byahuje Perezida w’Abadepite, Mukabalisa Donatille ari kumwe na Visi Perezida wungirije, Edda Mukabagwiza kuri uyu wa Mbere tariki 6 Ugushyingo 2023, hamwe n’iryo tsinda rigizwe n’Abadepite n’Abasenateri 16 bo muri Nigeria, bazamara iminsi 4 mu Rwanda, bashimye uburyo u Rwanda rwubahiriza uburinganire mu gushyira (…)
Ahenshi mu duce twubatsemo Kaminuza, harangwa n’iterambere ry’abaturage haba mu mirimo y’amaboko ndetse no mu mitekerereze, ibyo bigaterwa n’ubumenyi abanyeshuri bavana ku ntebe y’ishuri bakagenda babusangiza abaturage.
Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) ku bufatanye na Kaminuza yo mu Bwongereza, Coventry University, yatangiye gukora ubushakashatsi bugamije gukusanya amakuru ku bwoko bushya bw’amashyiga akoresha imirasire y’izuba.
Perezida mushya wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Umurungi Providence, kuri uyu wa Mbere tariki 6 Ugushyingo 2023, yarahiriye kuzuzuza inshingano nshya yahawe, umuhango wabere mu Rukiko rw’Ikirenga.
Ubushinjacyaha bwatangaje ko bwashyikirijwe dosiye ya Emmanuel Gasana wahoze ayobora Intara y’Iburasirazuba nyuma akaza gutabwa muri yombi.
U Rwanda rurateganya kongera serivisi zisaga 200 ku zisanzwe zitangirwa ku rubuga Irembo, rutangirwaho serivisi za Leta zitandukanye, ibyo bikaba bizaba mu mwaka utaha wa 2024, aho Abanyarwanda nibura Miliyoni eshanu basabwa kujya mu ikoranabuhanga, kugira ngo bashobore gukoresha urwo rubuga rw’Irembo nk’uko byatangajwe na (…)
Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro kuri telefoni n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken, cyibanze ku bibazo by’umutekano muke muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Inteko rusange y’Umuryango RPF Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, yateranye maze isimbuza abayobozi batakiri mu nshingano baherukaga gutorwa muri 2019.
Mu gihe bivugwa ko abafite uburwayi bwo mu mutwe bagenda biyongera mu Rwanda, aboherejwe gufasha abafite bene ibyo bibazo mu bigo nderabuzima barinubira kuba bajyanwa mu zindi nshingano, ntibabashe gukora ibyo basabwa.
Urugomero rwa Muvumba Multipurpose Dam, rwatekerejwe kubakwa mu Karere ka Nyagatare mu mwaka wa 2015, ubu noneho hatangiye imirimo yo gusiza aho ruzubakwa, rukaba rwitezweho igisubizo mu kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi binyuze mu kuhira imyaka n’amazi y’amatungo ndetse rukazanatanga umuriro w’amashanyarazi.
Niyitegeka Gracien uzwi cyane nka Seburikoko cyangwa Papa Sava, kubera filime akinamo yitwa ayo mazina, yavuze ikintu cyamushimishije kurusha ibindi mu buzima bwe, ndetse n’icyamubabaje kurusha ibindi.
Umuraperi w’icyamamare, Tupac Amaru Shakur, umaze imyaka 27 yishwe arashwe, yitiriwe umuhanda mu mujyi wa Oakland, muri Leta ya California.
Nyuma y’uko hagiye hagaragara imyitwarire idasanzwe iranga bamwe mu bageni basezerana mu murenge bakanga kumvira ibyo basabwa gusoma bikubiye mu isezerano ndetse abandi bakagaragara basa n’abatebya kandi bafashe ku idarapo ry’igihugu Kigali Today yabakusanyirije amakuru avuga ku myitwarire ikwiriye kuranga abagiye gusezerana (…)
Umukinnyi w’icyamamare muri sinema ya Nigeria (Nollywood) John Okafor, uzwi ku izina rya Mr Ibu, Umuryango we watangaje ko yabazwe inshuro eshanu ndetse ko azajya kuvurirwa hanze y’igihugu cya Nigeria.
Nyuma imirwano yabereye mu bice bitandukanye bya Masisi tariki 5 Ugushyingo 2023, ndetse igasiga uduce dukomeye dufashwe n’abarwanyi ba M23, imirwano ikomeye yubuye muri Teritwari ya Nyiragongo mu gice cya Kibumba ku musozi wa Nyamishwi ku kirunga cya Nyamuragira ahari gukoreshwa intwaro zikomeye.
Abaturage bafite imirima yegereye urugomero rw’amashanyarazi rwa Mukungwa II ruherereye mu Karere ka Musanze bavuga ko bamaze imyaka irenga 10 basaba Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu (REG) kubaha ingurane z’ibyabo byangijwe, dore ko ibyo basabwaga byose babitanze, ariko ntibahabwa iyo ngurane.
Umuhanzikazi Alyn Sano yagaragaje ko abahanzi bari kuzamuka uyu munsi bafite amahirwe yo kuba hari ibikorwa bibashyigikira mu kuzamura impano zabo bitandukanye n’inzira bo banyuzemo kugirango babe bageze ku rwego bariho uyu munsi mu muziki.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 6 Ugushyingo ni bwo hasojwe shampiyona ya Volleyball mu cyiciro cya mbere, aho amakipe ya Rwanda Revenue Authority (RRA VC) mu cyiciro cy’abagore na GISAGARA VC mu bagabo ari yo yegukanye shampiyona.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yatangaje ko azitabira inama y’ingirakamaro ya COP28, yiga ku bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere izabera i Dubai muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, guhera tariki 30 Ugushyingo kugeza tariki 12 Ukuboza 2023.