IHS Rwanda yateye inkunga gahunda ya ‘Imbuto Foundation’ yo gufasha abana b’abanyeshuri baturuka mu miryango itishoboye (Edified Generation Scholarship Programme).
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ugushyingo 2023 habaye impanuka yahitanye abantu batatu ndetse n’inka zigera kuri 18 zihasiga ubuzima.
U Rwanda rwakiriye abimukira n’abasaba ubuhungiro 169 baturutse muri Libya bakomoka mu bihugu bitandukanye birimo Eritrea, Sudani, Ethiopia, Somalia na Sudani y’Epfo.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, umutwe w’Abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille, yitabiriye inama ya 16 ya Biro y’abahagarariye Inteko zishinga Amategeko mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ndetse n’Inteko Ishinga Amategeko y’uyu muryango (EALA).
Abaturage batuye muri Teritwari ya Nyiragongo n’umujyi wa Goma bakoze imyigaragambyo yo kwamagana abarwanyi ba Wazalendo kubera ibikorwa by’ubwicanyi n’ihohoterwa barimo gukorera abaturage, abagize imiryango ya sosiyete sivile bakaba basaba Leta kubakiza ababahungabanyiriza umutekano.
Akarere ka Musanze kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ugushyingo 2023 karaberamo umuhango wo gutanga Impamyabumenyi ku banyeshuri barangije muri Kaminuza y’u Rwanda. Mu gihe haburaga amasaha make, imirimo yo gutunganya Stade Ubworoherane y’Akarere ka Musanze uwo muhango uberamo yari irimbanyije.
‘YB Foundation’ ni umuryango wiritiriwe nyakwigendera Burabyo Yvan, wari uzwi cyane ku izina ry’ubuhanzi nka Yvan Buravan, witabye Imana tariki 17 Kanama 2022, azize kanseri y’impindura.
Mu Murenge wa Gisozi mu Kagari ka Musezero, Umudugudu wa Gasharu, habereye impanuka y’imodoka yarenze umuhanda, igonga inzu irayisenya.
Abahinzi ba Kawa bo mu Murenge wa Rusasa mu Karere ka Gakenke, bujurijwe inzu mberabyombi bagiye kujya bifashisha mu guhugurirwamo uburyo bwo kwita ku gihingwa cya Kawa, gucunga imari ikomoka ku buhinzi bwayo, uburyo bunoze bwo gukora ubushabitsi n’ibindi bizafasha kongera umusaruro mu bwiza no mu bwinshi.
Umugabo witwa Bavakure Gerard yagwiriwe n’ikirombe ubwo yarimo asana inzira zikiganamo, bimuviramo gupfa. Iki kirombe cya Kampani yitwa COMIKAGI, giherereye mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Gikingo mu Murenge wa Ruli, Akarere ka Gakenke.
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi, Nyarwaya Innocent uzwi ku izina rya Yago Pon Dat, yavuze ko atajya acibwa intege n’abantu bamurwanya ko adashoboye mu muziki, kuko mu buzima bwe aharanira gukora ibiganisha ku byiza gusa.
Ababyeyi bo ha mbere bari bafite uburyo batangamo uburere ku bana babo babicishije mu migenzo n’imiziro bigafasha abana babo kugira uburere buboneye bidasabye kubagenzura no kubahozaho ijisho kuko umwana yabaga yaratojwe ibyo agomba kuziririza mu myitwarire ye muri icyo gihe.
Umunyarwenya akaba n’umunyamakuru, Arthur Nkusi, umuhanzikazi Ariel Wayz, na Dj Toxxyk umaze kwamamara mu kuvanga imiziki, biyongereye ku rutonde rw’abazafatanya n’umuraperi Kendrick Lamar Duckworth mu gitaramo cy’amateka kizabera mu Rwanda.
Umwe mu barinda Pariki y’Igihugu y’Ibirunga witwa Ntegerejimana Christophe w’imyaka 37, yarashe mugenzi we witwa Irakoze Kevin w’imyaka 32, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2023.
Banki ya Kigali yatangije gahunda izafasha abakusanya umusaruro w’ibihingwa bitandukanye kuwugeza ku isoko, bakoresheje uwo musaruro nk’ingwate hagamijwe kuborohereza ndetse no kwagura ubucuruzi bwabo, mu rwego rwo kubafasha kurushaho kwiteza imbere.
Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping kuwa Gatatu tariki ya 15 Ugushyingo yagiranye ikiganiro cy’imbonekarimwe na mugenzi we wa USA Joe Biden mu buryo bw’imbona-nkubone.
Abaturage bambuwe amafaranga bagenewe na Leta ku ngurane ijyanye n’ibyangijwe mu kubaka umuhanda Rwintare-Gitanda-Muvumo mu Karere ka Rulindo, bavuga ko batewe igihombo no kwamburwa nyuma y’imyaka hafi itatu bamaze barakuwe mu byabo.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2023, Polisi yamennye ibiyobyabwenge iheruka gufatira mu Mujyi wa Kigali, byo mu bwoko butandukanye byafashwe mu gihe cy’amezi atatu.
Perezida Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2023 yayoboye Inama Nkuru ya Gisirikare.
Harrison Tare Okiri uzwi ku izina rya Harrysong ni umuhanzi uririmba injyana ya Afrobeat ukomoka mu gihugu cya Nigeria aherutse gukora agashya katangaje benshi ubwo yakoranaga ubukwe n’abakobwa 30 mu munsi umwe.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ugushyingo 2023, Urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare, rwategetse ko CG (Rtd) Emmanuel Gasana, afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe guteza imbere ingufu (EDCL), butangaza ko Leta y’u Rwanda yashyizeho nkunganire ku bantu bagura amashyiga arondereza ibicanwa, mu gukumira iyangizwa ry’ibidukikije no kurinda Abanyarwanda imyotsi itera indwara z’amaso n’iz’ubuhumekero, benshi bakaba barabyishimiye.
Mu mukino w’umunsi wa mbere wo gushaka itike y’igikombe cy’isi wabereye kuri Stade Huye, Amavubi anganyije na Zimbabwe 0-0.
Umuvugizi wa guverinoma yatangaje ko u Rwanda rubabajwe n’icyemezo cy’urukiko rw’ikirenga rw’U Bwongereza cyo guhagarika kohereza mu Rwanda abimukira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero burihanagiriza abaturage bangiza ibihingwa, birimo ibigori n’indi myaka bakabyahirira matungo, kuko ibyo ari ibyaha bihanwa n’amategeko.
Muri Kenya umushoferi wa Taxi ukora ku giti cye, yafashe icyemezo cyo kujya yogosha abakobwa cyangwa se abagore, mu gihe batamwishyuye amafaranga y’urugendo bumvikanye.
Kuri uyu wa gatatu ni bwo urukiko rw’ikirenga mu Bwongereza rutangaza umwanzuro ku cyemezo cyo kohereza mu Rwanda abimukira binjiyeyo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ku wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, amakipe y’u Rwanda abagabo n’abagore arimo gukina Igikombe cy’Isi cya Sitting Volleyball mu Misiri, yasoje imikino yayo y’amatsinda abagore bagera muri 1/4 naho abagabo bakazahatani umwanya wa cyenda.
Ibihugu bigize umuryango wa Commonwealth birahamagarirwa guhuza imbaraga mu guhangana n’imbogamizi z’ibihe Isi irimo, byiganjemo imihindahurikire y’ibihe.
Ku wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, mu nyubako y’imikino ya BK Arena, hatangiye irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wa Volleyball rihuza amakipe yo mu karere k’iburasirazuba, aho amwe mu makipe yo mu Rwanda yitwaye neza.
Umutoza Haringingo Francis ukomoka ni we wagizwe umutoza wa Bugesera FC, akaba yasimbuye Eric Nshimiyimana waraye utandukanye n’iyi kipe
Ikamyo yo mu bwoko bwa Howo yagonze imodoka yari irimo Abadepite batatu, ari bo Hon. Dr. Frank Habineza, Hon. Germaine Mukabalisa na Hon. Annoncé Manirarora ku mugoroba tariki 14 Ugushyingo 2023 i Gahanga mu Karere ka Kicukiro, bakaba berekezaga mu Karere ka Bugesera, ku bw’amahirwe ntihagira uhasiga ubuzima.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi n’Itorero rya EAR mu Ntara y’Amajyepfo, mu mushinga waryo witwa (RDIS), barashishikariza abahinzi kuhira hifashishijwe ingufu zituruka ku mirasire y’izuba, kuko Leta ibunganira kugura ibijyanye nazo.
Igihugu cya Burukina Faso cyatangaje ko igitero giherutse kugabwa muri iki gihugu, cyahitanye abantu 70 biganjemo abana n’abageze mu zabukuru.
Visi perezida wa Sena y’u Rwanda, Hon. Espérance Nyirasafari, yagaragaje ko ihame ry’uburinganire hagati y’umugabo n’umugabo, ari imwe mu nkingi u Rwanda rwubakiyeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, nibwo abaturage bo muri Liberia bazindukiye mu gikorwa cy’amatora y’Umukuru w’igihugu.
Mu rubanza ruregwamo Pierre Basabose na Seraphin Twahirwa, rurimo kubera mu Rukiko rwa rubanda mu Bubiligi, ku wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, abaganga bagaragaje raporo ivuga ko Basabose afite ibibazo byo mu mutwe. Bavuga ko ubwenge bwe bwahungabanye ku buryo agenda atakaza ubushobozi bwo kuba we ubwe (être lui même).
Mu gihe abagenzi n’abatwara ibinyabiziga bo mu Karere ka Gakenke bamaze igihe binubira akajagari k’abagenzi n’ibinyabiziga bigaragara ahategerwa imodoka mu isantere ya Gakenke kubera ko nta gare yubakiye ihari, ubuyobozi buvuga ko igisubizo kiri mu nzira yo kuboneka.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Ibuka, yatangaje ko bidashimishije kuba Aloys Ndimbati yarapfuye atagejejwe imbere y’ubutabera kuko yarimbuye Abatutsi mu yari Perefegitura ya Kibuye.
Umukecuru w’imyaka 67 witwa Uwimana Venantie wo Mu Kagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze, yishwe n’umuriro w’amashanyarazi, ubwo yacomokoraga radiyo, mu ma saa sita zo ku wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023.
Guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023 mu Rwanda hatangiye Inama y’iminsi ine y’ihuriro ry’inzego z’imitegekere y’Igihugu mu muryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth).
Abatuye mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu batangaza ko bashima Leta y’u Rwanda, yaborohereje kubona icyangombwa cyambukiranya umupaka bitabagoye, kuko igiciro cyacyo cygabanyijwe cyane.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, yakanguriye abanyamakuru gutanga kandidatire mu matora ateganyijwe, yo kuzuza inzego z’ubuyobozi bwa Leta, haba mu kuyobora Akarere cyangwa gushyirwa mu yindi myanya idafite abayobozi.
Perezida Paul kagame, yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, ubwo yakiraga indahiro z’abacamanza n’Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha barimo Consolée Kamarampaka, Umunyamabanga Mukuru wungirije wa RIB.
Aloys Ndimbati wahoze ari Burugumesitiri wa Komini wa Gisovu yitabye Imana nk’uko byatangajwe n’urukiko mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda.
Mu Kagari ka Rwambogo, Umurenge wa Musanze Akarere ka Musanze, haravugwa inkuru y’abagore babiri bafunzwe, nyuma yo gufatirwa mu gipangu biba umunyeshuri w’umunyamahanga wiga muri INES-Ruhengeri, witwa Nelson Fredericko Angelo.
Abantu bakoresha Terefone na Mudasobwa ‘Computer’ bagirwa inama y’uburyo bwo kwicara bemye kugira ngo bitangiza amagufa y’ibikanu n’urutirigongo.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), ryasabye Israel guhagarika byihuse ibitero bikomeje guhitana imbaga muri Gaza, nyuma yo kurasa ku bitaro bibiri bikomeye muri iyi ntara hagapfa abarwayi n’abaganga, ndetse abandi benshi bakabura uko bahunga.
Bubinyujije mu Itangazo ryasohowe n’ibitaro bya Nyarugenge, byagaragaje ko byanenze imyitwarire y’umukozi ushinzwe umutekamo kuri ibi bitaro washyamiranye n’umuturage waje agana ibitaro.
Uwari umutoza wa Kiyovu Sports Petros Koukouras yamaze gutandukana n’iyi kipe nyuma yo kuyitoza iminsi 10 gusa ya shampiyona