Rayon Sports ndayisinyira imyaka ibiri - Abdourahman wakiniraga Amagaju FC

Kuri uyu wa Gatanu, umukinnyi Rukundo Abdourahman wakiniraga ikipe ya Amagaju FC yemeje ko agiye kuba umukinnyi mushya wa Rayon Sports bamaze kumvikana byose hasigaye gusinya.

Rukundo Abdourahman wakiniraga ikipe ya Amagaju FC, vuba araba ari umukinnyi wa Rayon Sports
Rukundo Abdourahman wakiniraga ikipe ya Amagaju FC, vuba araba ari umukinnyi wa Rayon Sports

Ibi uyu musore w’imyaka 24 yabitangaje nyuma yo kugera ku Kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali avuye iwabo i Burundi aho yavuze ko ubuyobozi bw’Amagaju FC bwamaze kumvikana na Rayon Sports ko ayisinyira imyaka ibiri.

Ati "Mvuye mu Burundi nje kuganira n’abayobozi ba Rayon Sports kuko bamaze kuvugana n’abayobozi b’Amagaju FC. Rayon Sports ndayisinyira igihe kingana n’imyaka ibiri."

Rukundo Abdourahman yavuze ko yishimiye gukinira Rayon Sports anashimira abo bakoranye mu Amagaju FC.

Muri shampiyona ya 2023-2024 yatsindiye ikipe ya Amagaju FC ibitego 12 anatanga imipira 11 yavuyemo ibitego kuri bagenzi be.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka