Abantu 12 batawe muri yombi nyuma y’uko ibendera ry’Igihugu ryari ku biro by’Akagari ka Munyana mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke riburiwe irengero.
Ikipe ya Kiyovu Sports yanganyije na APR FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium tariki 02 Ukuboza 2023.
Inkuru y’uko umuraperi Kendrick Lamar azaza mu Rwanda yashimishije benshi mu bakunda iyi njyana, ikibazo cyakurikiye ni ukwibaza undi muhanzi bazajyana kuri urwo rubyiniro.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarusange, umukozi w’Ikigo gishinzwe Ubucukuzi, Peteroli na Mine (RMB) ku rwego rw’Akarere, na Polisi mu Karere ka Muhanga, binjiye mu kibazo cy’ubucukuzi cya kompanyi yitwa EMITRA MINING Ltd n’umuturage witwa Ndagijimana Callixte watanze ikirego avuga ko iyo Kompanyi y’ubucukuzi bw’amabuye (…)
Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima WHO/OMS ya 2023, yagaragaje ko imibare y’abicwa na Malaria muri Afurika yagabanutse muri iyi myaka ibiri yikurikiranya.
Umuhanzi w’umunya-Nigeria, akaba icyamamare mu njyana ya ‘Afrobeats’ Divine Ikubor uzwi ku mazina y’ubuhanzi nka Rema, yatangaje ko ahagaritse ibitaramo byose yateganyaga mu Kwezi k’Ukuboza 2023, kugira ngo abanze yite ku buzima bwe.
Umunyeshuri w’umukobwa w’imyaka 19 y’amavuko, ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) guhera tariki 01 Ukuboza 2023, aho arimo akorwaho iperereza nyuma y’uko hari umurambo w’umwana wabonetse aho bajugunya imyanda muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), Ishami rya Huye. Uwo murambo wabonywe n’abakora isuku mu macumbi (…)
Ubuyobozi n’abatuye mu Karere ka Bugesera, by’umwihariko ababyeyi b’abana bafite ubumuga bwo mu mutwe, barashima uruhare rw’Ikigo cya AVEH Umurerwa, kizwi nko ‘kwa Cécile’ mu kwita ku bana bafite ubumuga.
Mu rwego rwo gukomeza gufatanya n’abaturage bo mu mujyi wa Brazzaville gusukura uyu mujyi, Abanyarwanda batuye muri Repubulika ya Congo, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 02 Ukuboza 2023, bazindukiye mu muganda rusange, mu gace ka Poto-Poto.
Imbwa n’injangwe zatawe na ba shebuja kubera kubura ubushobozi bwo kuzitaho zikomeje kubyazwa umusaruro n’umuryango wiyemeje kuzitaho.
Leta ya Georgia muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahaye icyemezo cy’umuturage w’indashyikirwa Umuhanzi ukomoka muri Nigeria David Adeleke, uzwi ku izina rya Davido.
Umuhanzi Dapo Ayebanjo, uzwi nka D’Banj, yahanaguweho ibirego byose yashinjwaga birimo gufata ku ngufu na ruswa nyuma yiperereza ryari rimaze iminsi rikorwa n’inzego z’umutekano muri Nigeria.
Faustin Twagiramungu wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1994 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yitabye Imana mu gitondo kuri uyu wa Gatandatu tariki 02 Ukuboza 2023 ari i Buruseli mu Bubiligi.
Indege ya Kompanyi ya Lufthansa yavaga mu Mujyi wa Munich mu Budage igana mu Mujyi wa Bangkok muri Thailand yisanze igomba guhagarara by’igitaraganya kubera umugabo n’umugore we bari barimo kuyirwaniramo, Abapilote biyemeza guhagarara byihuse ku kibuga cy’indege cya ‘Indira Gandhi International Airport (IGI)’ mu Buhinde, (…)
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye muri Nouvelle-Zélande bahawe itegeko ryo kudakoresha za terefone kuko biri mu byasubije ireme ry’uburezi inyuma.
Abatuye i Ruhinga mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru bishimira ko ibyo basaba gushyirirwa mu igenamigambi ry’Akarere byitabwaho, ariko bakifuza ko irya 2024-2025 ryazazirikana n’abafite ubumuga.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Dr Vincent Biruta, uri I Dubai yitabiriye inama ihuza bihugu biri mu nzira y’Amajyambere, ibidakora ku Nyanja n’Ibirwa (LLDCs).
Uburezi bukomatanya uburyo busanzwe n’iyakure bworohereje abanyeshuri ndetse n’abarezi mu gutanga no kwiga amasomo yabo. Ibi byatangajwe n’abatumirwa bitabiriye ikiganiro EdTech Monday kivuga ku burezi bukomatanya uburyo busanzwe n’iyakure cyatambutse kuri KT Radio tariki 27 Ugushyingo 2023 aho cyagarutse ku kamaro ko (…)
Raila Odinga, umuyobozi w’ishyaka rya ‘Muungano wa Azimio la Umoja One Kenya’ yemeza ko ubutegetsi wa Ruto bwavumwe n’Imana kubera ko yibye intsinzi ubundi yari iye. Ati ubu " ikintu cyose akozeho kirabora".
Abakozi bashinzwe igenamigambi no gutegura ingengo y’imari mu bigo bya Leta byo mu gihugu bagaragarijwe ko igenamigambi rishingiye ku makuru mpamo n’ibyifuzo by’abaturage ari ingenzi mu kurushaho kugabanya ibyuho bikigaragara ko bituma intego ibyo bigo biba byihaye zitagerwaho uko bikwiye.
Ku wa Gatanu tariki 01 Ukuboza 2023, ikipe ya Rayon Sports yatsinze ikipe ya Bugesera FC mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium igitego 1-0 biyifasha gufata umwanya wa kabiri.
Madamu Jeannette Kagame yasabye abafite inshingano z’ubuyobozi guhuza imbaraga zituma abo bayobora bagira imibereho myiza, no kurushaho kurangwa n’ubumwe n’urukundo.
Equity Group Holdings Plc (EGH) yegukanye bidasubirwaho Cogebanque, nyuma yo kugura imigabane yayo 198.250 ingana na 99,1250%, bituma ikomeza urugendo rwayo rwo kwaguka mu Karere no kuba ikigo cy’imari gikomeye muri Afurika yo munsi y’ubutatyu bwa Sahara.
Banki ya Kigali (BK), yatangaje ko ifite gahunda yo kuzaba yamaze gushyira serivisi zayo zose mu ikoranabuhanga mu myaka ibiri iri imbere, bijyanye n’uko irimo gukora neza yifashishije serivisi zamaze gushyirwa mu ikoranabuhanga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi abantu bane bo mu Itorero rya ADEPR bakurikiranyweho guhimba inyandiko bagamije kweguza Umuyobozi Mukuru w’iri torero.
Perezida Paul Kagame, ku ruhande rw’inama ya COP28, yagiranye ibiganiro anungurana ibitekerezo n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, na Perezida w’Inama y’Umuryango ya EU, Charles Michel.
Kuva kuri uyu wa Gatandatu tariki 02/12/2023 kugeza ku Cyumweru 03/12/2023, mu Karere ka Huye harabera igikorwa cyo gutangiza ku nshuro ya mbere “National Talent Day”.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa gatanu tariki ya 1 Ukuboza 2023 yifatanyije n’abayobozi bakomeye ku rwego rw’isi, mu birori byo gufungura Inama ya Loni yiga ku mihindagurikire y’ibihe (COP28).
Guhera tariki ya 30 Ugushyingo 2023, mu mujyi wa Dubai muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) hatangiye inama ya 28 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ibihe (UNFCCC).
Perezida Paul Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan ndetse n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres mu nama y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ikirere ya COP28 ibera I Dubai.
Ubuyobozi bw’urugaga rw’abikorera mu Karere ka Rubavu butangaza ko hari icyuho mu gutunga inyemeza bwishyu (Facture) kuko benshi mu bakora ubucuruzi bagomba kuba bafiteEBM imashini ikoreshwa mu gutanga inyemezabwishyu yemewe batazitunze.
Itsinda ry’abasirikare b’abofisiye bakuru n’abato baturutse mu ngabo z’u Bushinwa bayobowe na Senior Col You Jian basuye Ingabo z’u Rwanda mu kurushaho gushimangira ubufatanye hagati y’ibisirikare byombi.
Ikibazo cy’ubucucike bw’abana mu mashuri ababyeyi, abana n’abarezi bo mu Kigo cy’Amashuri abanza ya Gashangiro ya II bamaze igihe binubira kuri ubu ngo baba batangiye kugira icyizere cy’uko kiri mu nzira yo kubonerwa igisubizo.
Umunyarwanda Iradukunda Jean Bertrand wakinnye mu makipe menshi yo mu Rwanda ndetse no mu ikipe y’igihugu, yatangaje ko asezeye umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga
Umunya-Brazil Ronaldinho Gaúcho wamamaye mu mupira w’amaguru ategerejwe mu Rwanda mu gikombe cy’isi cy’abakanyujijeho
Mu gihe hasigaye ibyumweru bitatu gusa amatora ya Perezida wa Repubulika muri Congo-Kinshasa akaba, Umuryango w’Ubumwe bw’u Birayi (EU/UE), watangaje ko uhagaritse gahunda yo kuzaba indorerezi muri ayo matora.
Abantu bitwaje intwaro, bivugwa ko ari abavandimwe babiri bakomoka mu Burasirazuba bwa Yeruzalemu, bagabye igetero aho imodoka za bisi zihagarara, batangira kurasa mu bantu bari bategereje imodoka, bica batatu abandi 13 barakomereka.
Abanya-Israel 97 nibo barekuwe n’umutwe wa Hamas ndetse na Israel irekura imfungwa z’Abanye -Palestine zigera kuri 210 mu gahenge k’iminsi itandatu Israel na Hamas byari byemeje yo kuba bahagaritse intambara.
Henry Kissinger, wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Leta ya Richard Nixon wanabaye umwe mu bantu bakomeye cyane muri politiki y’ububanyi n’amahanga ya Leta zunze ubumwe za Amerika mu kinyejana cya 20, yitabye Imana ku myaka 100.
Ikipe ya APR FC na Rayon Sports ziri mu makipe atandukanye azahabwa arenga ibihumbi 50 by’amadolari kubera gukina imikino Nyafurika.
Muri Uganda, umubyeyi w’imyaka 70 y’amavuko, yabyaye abana babiri b’impanga nyuma yo gukorerwa ubuvuzi buzwi nka ‘IVF treatment’ bujyana no kubanza guhuriza intanga muri Laboratwari nyuma, urusoro rugashyirwa mu nda y’umubyeyi kugira ngo rukuriremo kugeza abyaye.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki 30 Ugushyingo 2023, I Dubai yitabiriye ibirori byo gutangiza gahunda yiswe Sustainable Markets Initiative (SMI) cyangwa se amasoko arambye, byateguwe n’umwami Charles III w’Ubwongereza.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) iri mu bukangurambaga busaba abantu gukemura amakimbirane hatisunzwe inkiko, aho abajyayo ahanini ngo baba banga agasuzuguro nk’uko ubushakashatsi bwabigaragaje.
Ambasaderi mushya wa Misiri mu Rwanda, Madamu Nermine El Zawahry, yavuze ko n’ubwo abanyarwanda banyuze mu bihe by’agahinda n’imibabaro batemeye guheranwa nabyo bakiyemeza kongera kunga ubumwe no kwigira.
Umunyamakuru Nkundineza Jean Paul ukurikiranyweho ibyaha birimo gutukana mu ruhame, guhohotera uwatanze amakuru, gukoresha ibikangisho no gutangaza amakuru y’ibihuha kuri uyu wa kane tariki 30 Ugushyingo 2023 yaburanye Ubujurire yongera gusaba Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kumurekura agakurikiranwa adafunzwe.
Guverineri wa banki nkuru y’u Rwanda (BNR) John Rwangombwa, ubwo yamurikiraga Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi raporo y’imari ya BNR y’umwaka w’ingengo y’imari ushize, yatangaje ko umushinga wo gutangiza mu Rwanda amafaranga yo mu buryo bw’ikoranabuhanga ugeze kure.
Abakobwa bo mu Karere ka Ruhango batewe inda batarageza imyaka 18, bavuga ko bahura n’akaga gakomeye karimo gutereranwa, n’ababateye inda, ababyeyi babo n’abavandimwe babo, bikabaviramo kwiyanga kugeza ubwo bumva bakwiyahura.
Abanyeshuri 45 bigaga imyuga n’ubumenyingiro mu ishuri rya Heroes Integrated TSS, baraye batorotse ikigo bose bajya kwiga mu mashuri ya Mpanda TSS, na Sainte Trinité biri mu Karere ka Ruhango.
Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, muri muzika nyarwanda, yashimangiye ko ubufatanye bw’abahanzi mu bikorwa bimenyekanisha igihugu bukwiye kuza mbere y’ibindi byose kurusha ihangana.
Inama y’Abaminisitiri yateranye iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ugushyingo 2023, yagize Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga Ambasaderi w’u Rwanda muri Turukiya.