Akarere ka Ngororero gafatanyije n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo RAB barimo kubaka amakusanyirizo mu murenge wa Muhanda kugira ngo aborozi baho babone isoko ry’amata.
Abacamanza 30 basoje amahugurwa y’iminsi itatu ku kunoza akazi kabo mu bijyanye no guca imanza z’ubucuruzi n’amabanki, kuri uyu wa kane tariki 20/09/2012.
Umukinnyi wa film imaze iminsi iteza akaduruvayo mu bihugu bibamo Abayisilamu kubera gusebya Intumwa Muhammad, yasabye ko YouTube irekeraho kwerekana amashusho ye yafashwe muri iyo film.
Abacuruzi bo mu isoko ryo ku Murindi mu murenge wa Nasho mu karere ka Kirehe, kuwa kabiri tariki 17/09/2012, banze kurema isoko kubera babacaga amafaranga 6000 byo gukodesha aho bacururiza na 3000 by’umusoro.
Umusore witwa Habamenshi Jean de Dieu utuye mu mudugudu wa Arusha mu kagari ka Kankobwa mu murenge wa Mpanga, arwariye mu bitaro bya Kirehe nyuma yo kugerageza kwiyahura akoresheje umuti w’inka ntiyapfa kuri uyu wa 19/09/2012.
Urubuga rwa Twitter rumaze gushyiriraho abarukoresha uburyo bwo gushyira ifoto yabo ku mwirondoro (profile) nk’uko bigenda kuri facebook, ibyo bita cover photo.
Uzamukosha Bellancila w’imyaka 54 wari utuye mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Nyamirambo, umurenge wa Karembo yitabye Imana yiyahuye tariki 18/09/2012. Uyu mugore yiyahuje umuti uterwa mu nyanya witwa “Kiyoda” awunyweye.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama, yatangaje ko icyamamare mu njyana ya Hip Hop akaba n’umugabo wa Beyonce, Jay-Z, azi neza ubuzima bwe.
Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) bwajuririye urubanza rwa Nzabonimana Callixte wari Minisitiri w’urubyiruko n’urwa Capt. Ildephonse Nizeyimana wayoraga ishuri rya ESO rubasabira ko bahanwa n’ibyaha urukiko rwabagizeho abere.
Imvura ivanzemo n’umuyaga yaguye mu murenge wa Shangi mu ijoro rishyira tariki 20/09/2012 yangije amazu y’abaturage mu murenge wa Shangi, aje yiyongera ku zindi nyubako z’amashuri zangiritse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 19/09/2012.
Umuhanzi Jay Polly uherutse kugirana ibibazo n’abanyamakuru kubera amagambo asebanya yavugiye kuri Radio Flash FM nyuma y’uko yanditsweho inkuru y’uko yaba yarafunzwe, nawe yatanze ikirego muri Media High Council.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Gakenke, Musanabaganwa Francoise, atangaza ko abanyamuryango bamaze gukusanya amafaranga agera kuri miliyoni umunani yo kubaka inzu y’ubucuruzi na biro yo gukoreramo.
Ikigo cy’Ubwongereza gishinzwe ubutwererane mu muco (British Council) kigiye kongera ibikorwa byo gufasha Abanyarwanda gukoresha ururimi rw’icyongereza, kikaba cyafunguye ishami rihoraho mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 19/9/2012.
Igikorwa cyo gukura bana mu bigo by’imfubyi cyatangirijwe mu kigo cy’imfubyi cya Orphelinat Noel ku Nyundo mu karere ka Rubavu, tariki 19/09/2012, kandi iki gikorwa kizajyana no kubaka imiryango no kwita ku burenganzira bw’abwana.
Mu rwego rwo gukumira isuri imanuka ku misozi ikiroha mu migezi ikayangiza ndetse ikangiza aho iyo migezi yisuka by’umwihariko mu kiyaga cya Karago, kuri uyu wa 19/09/2012, mu karere ka Nyabihu hakozwe umuganda udasanzwe.
Dusabumuremyi Budensiyana watwitswe n’umugabo we amumennyeho amavuta ashyushye, arahamya ko adashobora kongera kubana na we, kuko ibyo yamukoreye ari ubunyamaswa.
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona giheruka, buratangaza ko bamaze kugura abakinnyi bose bifuzaga, bakaba bakomeje gukaza imyitozo bitegura shampiyona izatangira ku wa gatandatu tariki 22/09/2012.
Kuva kuri uyu wagatanu tariki 21/09/2012 u Bufaransa buzafunga imiryango y’ambasade zayo mu bihugu 20 kubera imyigaragambyo yamagana amashusho atanejeje kuri Mohammed.
Mu rwego rwo kwitegura isabukuru y’imyaka 83 rumaze rushinzwe, guhera tariki 18 Nzeri, Urwunge rw’amashuri rw’indatwa n’inkesha (GSO Butare) rwafunguye imurika ry’igihe cy’icyumweru ku mateka yarwo.
Kapiteni wa Rayon Sport, Karim Nizigiyimana (Makenzi) yishimiye ko ikipe ye yimukiye i Nyanza ndetse ngo na bagenzi be bavuga ko aho bazatura n’imibereho yabo ngo ari nta mpungenge bibateye.
Mananiyonkuru w’imyaka 20 utuye mu murenge wa Cyeru mu karere ka Burera yakatiwe gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu y’amafaranga ibihumbi 500 kubera gutunga no gucuruza ikiyobyabwenge cya kanyanga.
Icyamamare muri cinema Arnold Schwarzenegger umenyerewe ku izina rya ‘Commando’ akaba yarigeze no kuyobora Leta ya California muri USA, ngo yaba agiye kwirongorera umugore w’imyaka 20 y’amavuko.
Mu gihugu cy’u Bufaransa bashyize ahagaragara amazina ababyeyi bazita abana babo kurusha andi mu mwaka utaha wa 2013.
Umushakashatsi witwa Karen King wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko hagaragaye inyandiko yanditswe mu kinyejana cya kane igaragaza ko Yezu ashobora kuba yari atunze umugore.
Akarere ka Ngororero kiyemeje gufatanya n’abafatanyabikorwa ndetse n’abaturage mu gusana inkombe z’utugezi twose tunyura muri Gishwati ari nako twiroha mu mugezi wa Sebeya.
Lt Colonel Muhire Karasira wari wungirije umuyobozi w’umutwe w’ingabo wihariye wigenga ukorera muri pariki ya Kahozi yatashye mu Rwanda nyuma yo kubona ako abo bakorana bagambiriye ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bashaka gukorera Abanyarwanda.
Abacururiza mu isoko rya Nyabugogo bibumbiye muri koperative COCONYA-Berwa bakusanyije inkunga yo gutera ikigega Agaciro Development Fund, maze ku ikubitiro bahita batanga amafaranga agera kuri miliyoni 4,2 ariko biyemeza kuzageza kuri miliyoni 10.
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yamaganye agahato kagaragara ku bayobozi b’inzego zinyuranye, batekerereza cyangwa bagahatira abo bayobora gutanga umusanzu w’ikigega Agaciro Development Fund (AgDF) kugira ngo bese imihigo.
Christopher Kule w’imyaka 10 wiga mu mwaka wa kane mu mashuri abanza ahitwa i Kasese muri Uganda yamenyekanye cyane ubwo hari hamaze kumenyekana ko Perezida Obama uyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamwandikiye akanamwoherereza ifoto ye bwite yashyizeho umukono we.
Uwimana Alexis ufite imyaka 32 yafatanywe udupfunyika tw’urumogi tugera kuri 2223, ubwo yari mu modoka iva mu karere ka Rubavu yerekeza mu mujyi wa Kigali tariki 18/09/2012.
Umugabo witwa Rudasingwa Jean Damascene afungiye kuri station ya polisi mu Kigabiro mu karere ka Rwamagana ashinjwa icyaha cyo gufunga umuntu nta burenganzira abifitiye.
Ngo kirazira ku batwitsi b’amatafari gutera akabariro igihe bakongeje itanura mu rwego rwo kwirinda ko ryapfuba. Kugira ngo hatagira uzabikora bigatuma amatafari apfuba, abatwitsi b’amatafari bose baguma hafi y’itanura buri wese acunga mugenzi we kugeza itanura rihiye.
Nzeyimana Zidan w’imyaka 12 na mushiki we Umuto Uwase w’imyaka 9 bakomoka mu karere ka Rusizi bafite indwara yo gucika ibisebe ku mubiri. Iyo ndwara ngo yabafashe kuva bagifite amezi icyenda.
Abaturage bo mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi basuwe n’intumwa z’urwego rw’umuvunyi tariki 17/09/2012 bakemurirwa ibibazo by’akarengane na ruswa bari bafite.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) riratangaza ko ricyeneye nibura miliyoni 40 z’amadolari yo gufasha impunzi z’Abanyecongo ziri mu bihugu bya Uganda n’u Rwanda.
Habyarimana Anicet, wari utwaye FUSO ifite purake RAB 703 Z yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Nyamasheke atwaye ibiro 2040 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Tin ndetse na Colta mu buryo butemewe n’amategeko.
Resitora izwi ku izina rya ‘‘Contact Restaurant’’ nayo igiye gutangiza Gospel Night kuri uyu wa gatandatu tariki 22/09/2012.
Mu mvura yaguye mu ijoro rishyira tariki 19/09/2012, igiti cy’ingazi cyari kiri hafi y’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri mu mudugudu wa Gikuyu, akagari ka Ninzi mu murenge wa Kagano cyaruguyeho rusenyuka ku gisenge igice kimwe.
Umuhanzi Mani Martin yahinduye itariki yagombaga kumurikiraho alubumu ye kubera ubutumwa bw’igihugu bwihutirwa yoherejwemo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Umugabo witwa Namuhanga Ferederiko wari umaze hafi icyumweru mu bitaro bya Murunda kubera kurya urukwavu rwishwe n’umuti wica imbeba, yitabye Imana tariki 17/09/2012.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Celestin Kabahizi, anenga uburyo mu karere ka Rubavu hari abaturage bubatse mu bibanza by’umusozi wa Rubavu kandi bitemewe, ndetse ngo n’inkeragutabara zagaragaje icyo kibazo ariko nticyakurikiranywa.
Abayobozi b’akarere ka Karongi, ab’umurenge wa Rugabano n’ingabo z’u Rwanda bifatanyije bubakira inzu umusaza utishoboye witwa Murikamahiri Athanase wari utuye mu kabande ahantu yahoraga ahura n’ibibazo by’ibiza.
Nyuma y’imyaka myinshi yibera mu mujyi wa Kigali, Rayon Sport yimukiye mu karere ka Nyanza aho yavukiye ikorewa ibirori bimeze nk’ubukwe mu muhango wabaye kuri sitade y’ako karere ku gicamunsi cya tariki 18/09/2012.
Inyubako zahoze ari iz’ishuri rya gisirikari (ESO) zimu mujyi wa Huye ziri guhindurwamo aho kwigirwa imyuga itandukanye kandi ngo bitarenze Ukwakira uyu mwaka amasomo azaba yatangiye.
Leta ya Zimbabwe yari imaze igihe kirekire ihakana ko Protais Mpiranya aba ku butaka bwayo yemeye ko ifite amakuru y’uko uwo mugabo yaba yihishe muri icyo gihugu, aho agendera ku mazina y’amahimbano menshi.
Umuyobozi wungirije wa Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge, Uwimana Saverina, avuga ko kutishyura imitungo yangijwe mu gihe cya Jenoside ari imwe mu nzitizi z’ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu gihe cya vuba amakoro atazaba akoreshwa mu bwubatsi gusa, ngo ahubwo azabyazwamo ifumbire abantu bazajya bifashisha bafumbira imyaka yabo.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) buvuga ko indwara y’umusonga ari yo iza ku isonga mu guhitana abana benshi batarageza ku myaka itanu, kuko 18% by’abapfa ariwo ubahitana.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James arasaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari guca imanza neza nta bwoba kuko bashyiriweho gahunda yo kubaburanira mu nkiko mu gihe cyose bakurikiranwa.
Kuva mu kwezi kwa Kanama igisirikare cya Congo kiri kwinjiza urubyiruko mu gisirikare mu rwego rwo kuvugurura igisirikare cya Leta kinengwa imikorere.