Mu mikino ya shampiyona yabaye ku cyumweru tariki 23/09/2012, Kiyovu Sport yatsinze Espoir FC mu gihe Mukura VS yatsindiwe na AS Kigali mu rugo iwayo i Huye.
Bamwe mu bakobwa bo mu karere ka Rulindo babyariye iwabo bavuga ko akenshi abo babyaranye batabafasha ariko ngo n’iyo bemeye abana babo biragorana kubandikisha mu bitabo by’amategeko.
Mu nama yabaye tariki 19/09/2012 i Addis Abeba muri Ethiopie, Akanama gashinzwe amahoro n’umutekano mu muryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU) kasabye ubuyobozi bwa Leta ya Congo (RDC) gushyira mu bikorwa ibyo isabwa na M23 kugira ngo amahoro agaruke muri icyo gihugu.
Ku kigo cyigisha imyuga cyo mu Irango ho mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye, ntibishimira umubare w’urubyiruko rwitabira amasomo ahatangirwa kuko ari mukeya.
Ubushakashatsi bwa vuba buremeza ko abantu banywa agatabi bafite amahirwe make yo guhanagura ibishushanyo cyangwa inyandiko ku mubiri (tattoo), ndetse n’abafite za tattoo zirimo amabara y’ubururu n’umuhondo irengeje ubugari bwa cm 12.
Abakora umurimo wo gucukura amabuye y’agaciro muri Mine ya Gifurwe, iherereye mu murenge wa Rugengabari, mu karere ka Burera batangaza ko iyo mine yabateje imbere ndetse inateza imbere aho batuye.
Mu rwego rwo kwitegura CECAFA ihuza amakipe y’ibihugu izabera i Kampala muri Uganda ndetse n’andi marushanwa, ikipe y’igihugu Amavubi izakina imikino ibiri ya gicuti na Mamibia.
Nyuma y’urupfu rw’umufana wa Rayon Sport witwa Theoneste waguye mu mpanuka ubwo yaherekezaga ikipe ye yimukiye i Nyanza, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryasabye amakipe yose yo muri shampiyona y’icyiciro cya mbere kuzafata umunota wo kumwibuka.
Umuryango w’abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 biga mu ishuli ryisumbuye rya ESPANYA ( AERG-ESPANYA) riherereye mu karere ka Nyanza wizihije isabukuru y’imyaka 9 umaze ushinzwe kuwa gatandatu tariki 22/09/2012.
Ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umupira w’amaguru yatangiye ku wa gatandatu tariki 22/09/2012, APR FC iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona yatsinze Marine FC mu gihe mukeba wayo Rayon Sport yatunguwe igatsindirwa mu rugo n’Amagaju FC.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye Abanyarwanda baba mu mahanga gukorera igihugu cyabo cy’u Rwanda, batitaye ku barunenga yise ‘detractors’ cyangwa se abanzi.
Ibigo by’imari byose bikorera mu karere ka Rusizi byahuriye hamwe byiga ku kibazo cy’abafata inguzanyo ntibubahirize amasezerano yo kwishyura bigatuma ibigo by’imari bihomba.
Abanyeshuri biga imyuga mu kigo cyigisha imyuga cyo mu Rwabuye bafashwa na JICA barifuza ko bakongererwa igihe cyo kwiga kuko ngo ubumenyi bahakura ntibutuma babasha guhangana na bagenzi babo baba bize mu gihe cy’umwaka.
Abakoze n’abakoresheje amarushanwa y’ubumenyi muri siyansi, yabaye mu gihugu hose kuri uyu wa gatandatu tariki 22/9/2012, baratangaza ko hari icyizere ku Rwanda ku kwikorera imirimo yose irebana n’iterambere ry’igihugu nta bufasha bw’abanyamahanga bubayeho.
Kuwa Gatandatu utaha hateganyijwe ibitaramo bibiri bikomeye birimo icya Patient Bizimana uririmba indirimbo zihimbaza Imana na Man Martin wacyimuriye muri iyo wikendi, nyuma y’aho yabonye ubutumire bwo kujya kuririmba muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Ikipe ya Espoir Basketball Club yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma, mu irushanwa ryo gushyigikira ikigega “Agaciro Development Fund, imaze gutsinda Cercle Sportif de Kigali (CSK) mu mukino wa ½ cy’irangiza wabereye kuri stade ntoya i Remera.
Minisitiri w’ubuzima, Agnes Binagwaho, arasaba abayobozi b’ibitaro bya Remera Rukoma kwihutira gukemura ibibazo bya srivisi mbi zibirangwamo, nyuma y’uko abenshi mu bahivuriza bakomeje kwinubira serivisi bahabwa.
Inteko rusange ya FERWAFA yateranye, yemeje ko Shampiyona y’Umupira w’amaguru mu Rwanda yatangiye tariki kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/09/2012, igomba gusozwa tariki 25/05/2013, ikazitabirwa n’amakipe 14.
Akarere ka Rusizi karatangaza ko katazongera kwihanganira abantu bafata inguzanyo mu ma banki ariko banki ntibubahirize amasezerano yo kwishyura, bikaviramo byinshi muri byo guhomba.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda n’urw’Abakongomani bafatanyije, bizihije umunsi mpuzamahnga w’Amahoro, aho Abanyarwanda berekeje mu mujyi wa Goma n’Abakongomani bakaza mu Rwanda kuwizihiza.
Abanyeshuri biga imyuga mu kigo cy’Amashuli kitiriwe Mutagatifu Kizito, giherereye mu murenge wa Save akarere ka Gisagara, berekanye ubuhanga bw’ibyo bashoboye gukora mu myuga banagaragaza ingorane bagira zibabuza gukora ibirenzeho.
Minisitiri w’intebe, Dr. Pierr Damien Habumuremyi, arasaba abacukuzi b’amabuye y’agaciro bo muri Mine ya Gifurwe kongera umusaruro w’amabuye y’agaciro bacukura, kugira ngo binjize amafaranga menshi yaba mu ngo zabo no mu gihugu muri rusange.
Indwara ya kanseri ishobora kuvurirwa mu Rwanda igakira burundu, cyane iyo ibonetse hakiri kare, nk’uko byemezwa n’abaganga bafite ubunararibonye mu kuvura iyi ndwara ihangayikishije isi kugeza uyu munsi.
Bisi ya KBS yagonze abantu batatu bari kuri moto ku mugoroba wa tariki 21/09/2012 mu Kagali ka Taba mu Murenge wa Kanyinya, Akarere ka Nyarugenge barakomereka bikomeye.
Abashora imari mu bikorwa bashobora kugera ku ntego yabo ari uko biyemeje kugera ku ntego bakabifatira ibyemezo, nk’uko babikanguriwe n’Urugaga rw’Abikorera (PSF), ubwo hatangizwaga y’amarushanwa y’imishinga ku rwego rw’akarere, kuwa kane tariki 20/09/2012.
Abanyarwanda benshi baturutse imihanda yose y’isi no mu Rwanda, bahuriye mu mujyi wa Boston baje mu birori bya Rwanda Day, batumye uyu mujyi uhinduka nko mu Rwanda, kubera usanga mu mihanda yose havugwa Ikinyarwanda, nk’uko intumwa zacu zihatubereye zibidutangariza.
Bamwe mu rubyiruko n’abayobozi bemeza ko igikorwa cyo gukoresha ibizamini by’abifuza akazi bikwiye kongerwamo ingufu kugira ngo bigabanye urwicyekwe mu bagashaka, kugeza n’ubu bakemeza ko hakibonekamo ikimenyane.
Ubwo yifatanyaga n’akarere ka Nyanza muri gahunda yo kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko, Umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuli abanza n’ayisumbuye yatangaje ko ubuyobozi bw’ako karere bufitanye igihango na polisi y’igihugu.
Akoresheje Twitter na Facebook, tariki 19/09/2012, umuhanzi mpuzamahanga Shakira yatangaje ko ari hafi kubyara umwana wa mbere wa Gerard Piqué, umukinnyi wa Barcelone.
Mu nama y’igihugu y’abagore yiyemeje kwegera abagore basiga abana ku muhanda mu mujyi wa Gisenyi bakajya gukora ubucuruzi muri Congo kugira babafashe kwiga imishinga bakorera mu Rwanda bagashobora kurera abana babo.
Urubyiruko ruhagarariye urundi mu murenge wa Kimonyi mu karere ka Musanze, rurasabwa gusobanukirwa neza n’ubibi by’ibiyobyabwenge kugirango rubashe kubyirinda ndetse no kubirinda abo bahagarariye.
Polisi y’igihugu imaze gufata abantu bagera kuri 80 bakurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge mu rwego rwo kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka; nk’uko amasezerano y’igipolisi cy’ibihugu bigize agace k’uburasirazuba bw’Afurika (EAPCO) abiteganya.
Uwimana Anastase utuye mu kagari ka Busanza, mu murenge wa Kanombe, mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali avuga ko kuboha agaseke ari umugabo nta kibazo bimutera kuko ari imirimo nk’indi.
Bamwe mu banyamadini baramagana bagenzi babo bava mu madini nta yindi gahunda bafite uretse iyo gushinga andi abinjirirza inyungu.
Umukecuru witwa Nzamukwereka Mariya Tereza utuye mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana yasabye umugiraneza usanzwe umuha ibimubeshaho ko yabigabanya ariko akamuha amafaranga 500 nawe yatanga mu kigega AgDF.
Nyuma y’aho bigaragariye ko bamwe mu baturage batuye akarere ka Rulindo bitaborohera kugera aho gaherereye, ngo bishyure amafranga abahesha service zimwe na zimwe, ubu habonetse uburyo bworoshye bwo kwishyura ayo mafranga hatarinze gukorwa ingendo ndende.
Biteganyijwe ko Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bagera ku 3000 bateranira mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu gikorwa cyiswe Rwanda Day 2012 gitangira kuri uyu wa gatanu tariki 21/09/2012.
Abagore babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rubavu, kuva tariki 19/09/2012 nyuma yo gufatanwa imisongo hafi ibihumbi 14 na 300 y’urumogi.
Umusore w’imyaka 17 w’Umushinwa witwa Wang wiga mu mashuri yisumbuye yagurishije impyiko ye imwe kugira ngo agure iPhone na iPad.
Itsinda ry’abasenyeri ba Kiriziya Gatorika bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bahuye n’abayobozi b’umutwe wa M23 tariki 19/09/2012 kugira ngo baganire ku ntambara ibera muri kivu y’Amajyaruguru.
Ndayambaje Samuel w’imyaka 25 y’amavuko wari utuye mu murenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare yarashwe n’inzego z’umutekano za Tanzaniya zirinda pariki ubwo we na bagenzi be bari bavanyeyo ibiti by’imishikiri bakunze kwita Kabaruka bagurisha mu gihugu cya Uganda.
Rutahizamu w’umutaliyani ukinira ikipe ya Manchester City, Mario Balotelli, muri iyi minsi ntavuga rumwe n’umutoza we Roberto Mancini kubera imyitwarire mibi.
Nubwo Abanyarwanda bitabiriye imikino Olympique na Paralympique batashye ari nta mudari n’umwe begukanye, Minisitiri wa siporo n’Umuco Protais Mitali asanga baragerageje gukora ibyo basabwaga kuko bakinaga n’abahanga cyane kubarusha.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Karekezi Olivier yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Club Athlétique Bizertin yo mu cyiciro cya mbere mu gihugu cya Tunisia.
Imvura yaguye ku mugoroba wa tariki 19/09/2012 mu karere ka Rubavu yagurukanye ibisenge y’ibyumba by’amashuri bibiri ku ishuri rya Kabirizi mu murenga wa Rugereo hamwe n’ibyumba bitatu ku ishuri rya Rusamaza mu murenge wa Nyundo.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali asaba ababoha uduseke bo muri uwo mujyi kunoza uwo murimo bakora ukabahesha agaciro bikabongerera ubukire kuko agaseke nako gafite agaciro mu muco nyarwanda.
Ubwo yatangizaga ku mugaragaro amarushanwa y’imishinga ku bikorera mu turere kuri uyu wa kane tariki 20/09/2012, umuyobozi w’akarere ka Karongi yashimye urugaga rw’abikorera (PSF) kubera uruhare rukomeye rukomeje kugira mu guteza imbere abikorera muri Karongi.
Mukaniragire Soumaya arashinja abaforomo bo ku kigo nderabuzima cya Gihundwe kumurangarana bigatuma umwana amupfira mu nda ubwo yajyagayo tariki 18/09/2012.
Abaturage bakoze umuhanda Batima-Nzangwa mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bw’ako karere kubishyuriza amafaranga rwiyemezamirimo yabambuye, nyuma y’aho ananiriwe kurangiza imirimo y’uwo muhanda ndetse bakaba baramuburiye irengero.
Abakozi batatu ba Groupe Scolaire de Kigali bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere mu karere ka Nyarugenge kuva tariki 17/09/2012 bakekwaho kwiba ibikoresho bitandukanye by’icyo kigo.