Umurisa Gaudence umubyeyi w’abana babiri avuga ko saa sita z’ijoro tariki 18/06/2012 yahohotewe n’umuhungu bakunda kwita Kazungu aramukubita anamurya inzara mu maso ndetse anamburwa telefone ye ubwo yari ku kazi k’uburaya.
Rutahizamu Sebanani Emmanuel alias Crespo na Serugendo Arafat ntibazakina umukino wa ¼ cy’irangiza mu gikombe cy’amahoro AS Kigali izakina na Mukura kuri stade Kamena tariki 20/6/2012 kubera uburwayi.
Igisirikare cya Danmark kizafasha icy’u Rwanda gushyiraho umutwe w’ingabo zizajya zitabara mu gihe havutse ibibazo by’umutekano cyangwa ibiza mu karere; nk’uko bikubiye mu masezerano impande zombi zasinyanye kuri uyu wa kabiri tariki 19/06/2012.
Kuri uyu wa kabiri tariki 19/06/2012, urugereko rwa mbere rw’iremezo mu rukiko mpana byaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwakatiye Captain Nizeyimana Ildephonse gufungwa burundu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside, ubwicanyi, kurimbura imbaga y’abantu, ibyaha byibasira inyoko muntu n’iby’intambara.
Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’abanyamakuru yashimangiye ko intambara ibera muri Kongo Kinshasa ari ikibazo Kongo yifitiye kidaterwa n’u Rwanda; nk’uko raporo y’Umuryango w’Abibumbye iherutse gutangaza.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ishuri rikuru Gaturika rya Kabgayi (ICK ) guhera mu mwaka wa 2000 kugeza muri 2010, bugashyirwa ahagaragara muri Kamena 2012, bugaragaza ko abaturage ba karere ka Ruhango abagera kuri 93.5 % batabona amazi meza.
Urwibutso rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruherereye mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe ruzatahwa ku mugaragaro tariki 23/06/2012 ubwo hazaba hibukwa inzirakarengane zaguye i Cyanika.
Mu nkunga ya miliyoni eshanu z’amadorali y’Amerika yatanzwe n’ikigega cya OPEC gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (OFID) hazavamo azakoreshwa mu mushinga Global Village Energy Partnership, uzafasha kubaka urugomero rw’amashanyarazi azagezwa ku baturage bo ku Nyundo mu Rwanda.
Ikibazo cy’inzara, icy’icumbi n’umuhanda werekeza ku kigo nderabuzima cya Jomba utakiri nyabagendwa ku binyabiziga ni bimwe mu bibazo by’ingutu abaturage batuye uwo murenge bafite nyuma y’ibiza byagwiriye akarere ka Nyabihu.
Muri koperative y’inyangamugayo za Gacaca zo mu murenge wa Nyabitekeri mu karere ka Nyamasheke haravugwa imicungire mibi y’umutungo aho abanyamuryango bashinja perezida wayo kwiharira umutungo wa koperative.
Niclas Bendtener yahanishijwe amande y’ibihumbi 80 by’amapound anahagarikwa umukino umwe kubera ko nyuma yo gutsinda igitego Portugal tariki 13/06/2012 yerekanye umwenda w’imbere.
Mugabo Eric washinze itorero ryitwa Redmud Gospel Church ndetse n’Umunyamerika witwa Charles wamuteye inkunga ku bikoresho no kubwiriza basubiranyemo none ubuyobozi bahagaritse iryo torero.
Umushinjacyaha mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Hassan Bubacar Jallow, yashyikirije urukiko icyifuzo gisaba kwohereza urubanza rwa Lit. Colonel Pheneas Munyarugarama waboraga ikigo cya gisirikare cya Gako mu gihe cya Jenoside kubanishwa mu Rwanda.
Prof Esiron Munyanziza wigishaga mu ishami ry’ubuhinzi muri kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) yitabye Imana tariki 18/06/2012 ariko icyo yazize ntikiramenyekana.
Ku mugoroba wo ku wa mbere tariki 18/06/2012 abagore bacuruza imboga ku isoko rya Muhanga barwanye bapfa igitunguru cy’amafaranga 50.
Abaturage 15 bo mu kagari ka Cyenkwanzi, umurenge wa Karama mu karere ka Nyagatare bacumbikiwe mu kigo ngororamuco cya Nyagatare nyuma y’umukwabu udasanzwe wabaye mu ijoro rya tariki 16/06/2012 ugamije gufata abacuruzi n’abannywi b’ibiyobyabwenge ndetse n’abakora ibikorwa by’urugomo.
Amande y’amafaranga miliyoni imwe niyo ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi n’umuriro w’amashanyarazi, isuku n’isukura (EWSA) cyaciye akarere ka Ngoma kubera ubujura bw’umuriro bwakorewe ku nyubako y’isoko rikuru rya Ngoma riri mu maboko y’akarere.
Imikino y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Bwongereza (Barclays Premier League) izatangira tariki 18/08/2012. Umukino ukomeye w’umunsi wa mbere Newcastle izakira Tottenham Hotspurs idafite umutoza nyuma yo kwirukana Harry Redknapp.
Umunyamerika witwa Timothy Brown yamenyekanye nyuma yo gutangariza isi yose ko ari we muntu wa mbere wakize icyorezo cya SIDA ariko ubushakashatsi bugaragaza ko amaraso ye akigaragaramo virusi itera iyo ndwara.
Mukandanga Esperance n’umuhungu we Habinshuti Simon w’imyaka 16 bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 17/06/2012 bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Harerimana Samuel w’imyaka 50.
Mu rwego rwo gufasha impunzi zakuwe mu byabo n’intambara kumva ko hari uzitanyeho, Leta y’u Rwanda ifatanyije n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye wita ku mpunzi (UNHCR) barategura kwizihiza umunsi mpuzamahnga w’impunzi uzizihirizwa mu Nkambi ya Gihembe tariki 20/06/2012.
Mu muhango wo gusoza inkiko Gacaca kuri uyu wa mbere tariki 18/06/2012, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rubonye instinzi imbere y’amahanga kubera ubumwe n’ubwiyunge Inkiko Gacaca zagejeje ku Banyarwanda, ndetse n’umubare munini w’imanza izi nkiko zaciye mu gihe gito.
Nsengimana Vedaste utuye mu murenge wa Jenda, akagari ka Rega, umudugudu wa Rega mu karere ka Nyabihu arakekwaho kwica umugore we Nyiraberwa Angelique w’imyaka 24 bari bamaranye imyaka 5 babana badasezeranye byemewe n’amategeko.
Nyuma yaho bigaragaye ko abanyeshuri ba Institute of Commercial Management (ICM) Rwanda badakora ubushakashatsi busabwa n’ubuziranenge bugenga Kaminuza z’Uburayi, umuyobozi wa ICM ku rwego rw’isi, Professor Tom Thomas, yahisemo kuza gusobanurira abanyeshuri b’iyo kaminuza ibisabwa.
Imirwano hagati y’inyeshyamba za FDLR zifatanyije n’umutwe wa Nyatura n’abarwanyi ba Raia Mutomboki mu karere ka Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo yahitanye abaturage batatu mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 17/06/2012.
Ndacyayisenga Patrick w’imyaka 6 na Nishimwe Joyce w’imyaka 3 bo mu mudugudu wa Gacuriro akagari ka Nyakabungo mu murenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango bagwiriwe n’inzu tariki 17/06/2012 umwe ahita apfa undi agwa mu bitaro.
Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR), yasinyanye amasezerano n’Ingabo z’Igihugu (MINADEF) yo kuzogenera abarimu n’inzobere zizajya zitanga amasomo no guhugura mu gukora n’ubushakashatsi mu ishuri rukuru rya Gisirikare ry’i Nyakinama.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka ku cyumweru tariki 17/06/2012, abantu babiri barakomereka ariko umushoferi wari uyitwaye avamo ari muzima.
Hashize igihe kitari gito havugwa cyane imyambarire idashimishije igaragara ku bahanzikazi b’Abanyarwanda mu bitaramo hirya no hino.
Imibiri isaga ibihumbi 44 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 baguye ku biro by’icyahoze ari komini Rwamatamu, ku cyumweru tariki 24/06/2012, izimurwa aho yari ishyinguye maze ishyingurwe mu cyubahiro mu rwibutso rwubatswe mu murenge wa Gihombo.
Umutegarugori Fatou Bensouda ukomoka muri Gambiya, tariki 15/06/2012 yarahiriye kuba umushinjacyaha mukuru w’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rukorera i La Hague mu Buholandi.
Ubushinjacyaha bw’urukiko rwa Versailles mu Bufaransa rwasabiye Claude Makelele igihano nsubikagifungo cy’amezi atanu n’impozamarira y’ibihumbi 90 y’amayero nyuma yo gushinjwa gukubita uwahoze ari inshuti ye witwa Thandi Ojeer ingumi mu majigo.
Umugore witwa Nyarambanjineza Marceline yatawe muri yombi na polisi ikorera mu karere ka Nyamasheke tariki 14/06/2012 akurikiranyweho kujugunya umwana we mu musarane.
Umunyarwanda witwa Shumbusho Jacques w’imyaka 23 ukekwaho kwica umukobwa w’imyaka 19 witwa Munyana Colette yashyikirijwe polisi y’u Rwanda tariki 16/06/2012 akuwe mu Burundi.
Umuvugizi w’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki (FPP) Dr Mukabaramba Alvera atangaza ko igikunze gukurura amakimbirane mu mitwe ya politiki ari abantu bashaka gushyira imbere inyungu zabo kurusha inyungu rusange.
Itangishaka Fils wari utuye mu mudugudu wa Mucubi, akagari ka Ntenyo, umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, yaguye mu mugezi witwa Ururumanza tariki 18/06/2012 mu gihe cya saa sita z’amanywa ahita apfa.
Umunsi w’umwana w’umunyafurika ku rwego rw’akarere ka Nyanza wizihirijwe mu murenge wa Mukingo mu kigo cy’abana bafite ubumuga cya HVP Gatagara bakangurirwa kumenya uburenganzira bwabo.
Abaturage batuye umurenge wa Save mu karere ka Gisagara barishimira ko bahawe kaminuza kuko izatuma iterambere rirushaho kwihuta kuko uretse kwihangira imirimo iyo kaminuza ibafasha kubona amafaranga ibaha imirimo.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yemereye itsinda ry’abanyamategeko bo mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ibyo risaba ko ubutabera muri ibyo bihugu bugomba kwigenga kandi bugatangwa n’abaturage babyo, aho gutangwa n’inkiko mpuzamahanga.
Igikorwa cyo kwizihiza umunsi w’umwana w’umunyafurika, Akarere ka Huye kagikoreye muri ADAR-Tubahoze, ishyirahamwe ry’abantu 11 biyemeje kurera abana bafite ubumuga bwo mu mutwe. Abakora iki gikorwa bagaragaje ko bakeneye ko Leta ibashyigikira mu kurera aba bana akenshi ababyeyi babo baba badashaka.
Ikipe y’u Rwanda (Amavubi) yatsinzwe na Nigeria ibitego bibiri ku busa mu mukino wabereye i Calabar muri Nigeria ku wa gatandatu tariki 16/6/2012, bituma isezererwa mu guhatanira itike yo kuzajya mu gikombe cya Afurika kizabera muri Afurika y’Epfo umwaka utaha.
Abakozi ba Banki y’abasirikare izwi ku izina rya Zigama Credit Saving Society ( ZIGAMA CSS), tariki 16/06/2012, bagabiye inka eshanu abapfakazi ba Jenoside yakorewe abatusti batuye mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza.
Uwitwa Monique wari usanzwe abana n’ubumuga bwo mu mutwe yagongewe na moto ahitwa Nyabisindu mu kagari ka Mahembe mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango tariki 16/06/2012 saa kumi n’igice z’umugoroba ahita yitaba Imana.
Arsenal yemeye ko ushaka kugura kapiteni wayo, Robin Van Persie, yakwitwaza miliyoni 30 z’amapound. Van Persie yanze kongera amasezerano kandi asigaje umwaka umwe ngo arangire.
Kidumu, umuririmbyi w’Umurundi wari watumiwe mu muhango wo “Kwita Izina” abana b’Ingagi wabaye tariki 16/06/2012 mu karere ka Musanze, yatangaje ko yishimiye ako karere. Ngo ntiyari azi ko gafite ahantu heza nk’aho yabonye.
Umugabo witwa Nzeyimana Fidele wo mu kagari ka Gasarenda ko mu murenge wa tare mu karere ka Nyamagabe yatemye umuturanyi we witwa Gasimba Vincent amushinja ko amurogera inka zikaramburura.
Abantu batatu bakomerekeye mu mpanuka yabereye mu isantere ya Kidaho, mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 17/06/2012 ubwo “Taxi Mini Bus” yo mu bwoko bwa HIACE yagongaga “Bus” nini ya KBS (Kigali Bus Services).
Kiliziya Gatolika mu Rwanda ifatanyije na Minisiteri y’Uburezi yashoje icyumweru cy’Uburezi Gatolika mu muhango wo gusoza iki cyumweru ku rwego rw’igihugu wabereye mu karere ka Nyamagabe kuwa Gatandatu tariki 16/6/2012.
Abana b’Ingagi 19 bakiri bato nibo biswe amazina, mu muhango wo “Kwita Izina” wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 16/06/2012 mu Kinigi, mu karere ka Musanze mu ntara y’amajyaruguru.
Abayobozi bakuru ba Leta zunze ubumwe za Amerika baravuga ko bagiye guteza imbere ibikorwa byabo ku mugabane wa Afurika, muri iki gihe isi yugarijwe n’ikibazo cy’ubukungu, kuko uyu mugabane ariwo usigaranye amakiriro.