Nyabihu: Abo barokoye muri Jenoside barabifuriza kuzajya mu ijuru

Sinangumuryango Moise na Ndagijimana Jean Bosco bamwe mu baturage b’akarere ka Nyabihu bagize ubutwari n’umutima wa kimuntu wo gufasha Abatutsi mu gihe cya Jenoside, ubu abo bafashije baracyariho kandi barabifuriza ngo Imana izababahembere.

Abo yafashije muri Jenoside ubu bakaba bararokotse bahobeye Sinangumuryango barira, bamwifuriza kuzajya mu ijuru banamushimira ubutwari n’umutima w’impuhwe we na bagenzi be bagize.

Abo Sinangumuryango yafashije muri Jenoside bamuhobeye barira bamushimira ubutwari n'umutima w'impuhwe we na bagenzi be bagize.
Abo Sinangumuryango yafashije muri Jenoside bamuhobeye barira bamushimira ubutwari n’umutima w’impuhwe we na bagenzi be bagize.

Sinangumuryango na Ndagijimana bavuga ko atari ku bwabo ahubwo Imana ariyo yabibafashijemo ikita ku bana bayo baziraga ubusa, ari inzirakarengane.Yongeraho ko burya umuntu akora ikiza Uwiteka nawe abimufashamo.

Aba bagabo bombi bavuga ko bishimira cyane kubona abo bafashije bakarokoka Jenoside baganira. Bati “Ubu ni imiryango yacu myiza itunezeza”.

Sinangumuryango Moise na Ndagijimana Jean Bosco bashimiwe ko bagize umutima wa kimuntu bakarokora Abatutsi bahigwaga muri Jenoside.
Sinangumuryango Moise na Ndagijimana Jean Bosco bashimiwe ko bagize umutima wa kimuntu bakarokora Abatutsi bahigwaga muri Jenoside.

Umuyobozi wa IBUKA mu karere ka Nyabihu, Juru Anastase, umuyobozi w’akarere ka Nyabihu ndetse n’uhagarariye ingabo, n’abandi bagiye bafata ijambo mu ijoro ryo kwibuka, bashimiye aba bagabo bagize ubutwari bwo gufasha Abatutsi mu gihe cya Jenoside.

Babasabye gukomeza ubwo butwari n’uyu mutima mwiza, banasabwa kutazabyihererana ahubwo bakanabitoza abandi Banyarwanda bityo benshi bakabigiraho bakajya barangwa n’umutima w’impuhwe.

Sinangumuryango ufite micro, ashagawe na bake mu bo yabashije gufasha agahisha muri Jenoside none bakaba bakiriho.
Sinangumuryango ufite micro, ashagawe na bake mu bo yabashije gufasha agahisha muri Jenoside none bakaba bakiriho.

Safari Viateur

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka