Urubyiruko rurangije mu kigo ry’imyuga cya Rukoma, giherereye mu karere ka Kamonyi, baributswa ko bagomba kwirinda abashukisha ibikoresho bakeneye, akenshi bagamije kubashora mu busambanyi.
Nyuma y’uko hasohotse amakuru avuga ko terefoni zigendanwa zitujuje ubuziranenge zizwi Ku izina ry’inshinwa zishobora gukurwa ku murongo, abazitunze bo mu karere ka Ngororero batangiye kuzigurisha abandi ngo zitazabahombera.
Nyuma y’aho abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rwa G S Indangaburezi mu Ruhango, bavuze ko bamaze iminsi baterwa n’amajyini, akabaniga, ubuyobozi bw’iri shuri bwafashe bamwe mu bantu barara batera amabuye, imisenyi n’ibindi mu macumbi y’abanyeshuri.
Ishuri rikuru ryigisha ubuvuzi (KHI) rimaze amezi abiri rikora inyigo yiswe “KHI graduates tracer study”, igamije kumenya icyo abaryizemo bakora n’aho bakora, mu rwego rwo gusuzuma ireme ry’uburezi ryatanze kuva mu myaka 16 rimaze rishinzwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buraburira abakorera ubucuruzi mu mujyi wa Goma kwigengesera kubera ko uyu mujyi watangiye kugenda uhagarika ibicuruzwa bimwe bivuye mu Rwanda.
Ku munsi wa gatanu wa shampiyona ya Basketball, ESpoir BBC yakomeje kwitwara neza ubwo yatsindaga CSK ku wa gatanu tariki 19/10/2012, bituma ikomeza gushimangira umwanya wa mbere.
Nyuma y’uko umugezi wacaga mu ruganda rwa Bralirwa rukawubakira inyuma y’uruganda wangirije imiryango igera kuri 40 mu kwezi kwa Nzeri, tariki 18/10/2012 wahitanye abana batatu baburirwa irengero ndetse wangiza ibitari bicye.
Abagore batuye mu mudugudu wa Ngona, akagari ka Rubona, umurenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo, bishyize hamwe binyuze mu mugoroba w’ababyeyi bifuza gukora uruganda rukora inzoga.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Ruhango zavumbuye aho insore sore zirirwa zitunganyiriza urumogi zishaka kubarwanya umwe araharasirwa undi atabwa muri yombi abandi baracika.
Abahanga mu buvuzi bavuga ko Asipirine igabanya ibyago byo kurwara kanseri z’ubwoko butandukanye, ukanagabanya kwiyongera kwazo mu mubiri, mu gihe umuntu agiye afata Asipirine ku rugero ruto.
Umugabo witwa Gary Norton w’abana bane yifuje kuba umugore ageza n’ubwo abazwe ngo ahindurirwe igitsina ariko kuri ubu avuga ko ari ryo kosa rikomeye yakoze mu buzima bwe.
Joy Kamikazi, Umunyarwandakazi wiga kaminuza mu Buhinde, yinjiye muri muzika ku ndirimbo ye ya mbere yise “Nyakira” yakozwe na Producer Bruce, Umunyarwanda nawe wiga mu Buhinde.
Ku cyumweru gitaha tariki 28/10/2012 kuri Sport View Hotel hazabera igitaramo cya Rehoboth Ministries yise “Praise and worship explosion” guhera saa cyenda z’amanywa kugeza saa mbiri za nijoro.
Abadepite mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EALA), kuwa 19/10/2012, basuye umupaka wa Rusumo mu rwego rwo kureba aho igikorwa cyo kubaka one Stop Border Post n’imyiteguro yo kubaka ikiraro cya ku Rusumo bigeze.
“Depression” tugenekereje mu kinyarwanda byakwitwa “agahinda gakabije” ni kimwe mu bibazo uyu munsi bihangayikisjije ku isi, kuko ari indwara imaze kugera mu bantu benshi kandi ikanatera abantu kwiyambura ubuzima akenshi.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 20/10/2012, nibwo hatangira irushanwa rihuza amakipe ane yabaye aya mbere muri shampiyona ya volleyball (Carre d’As) mu bagabo no mu bagore.
Ku cyumweru tariki 21/10/2012 niwo munsi wo gusoza amarushanwa ya Rwanda Inspiration Back Up yateguwe mu rwego rwo kurushaho gukangurira urubyiruko kwihangira imirimo.
Igitaramo Beer Fest kiba kuri uyu wa gatandatu tariki 20/10/2012 kirabera i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha (Expo-Ground). Kwinjira ni amafaranga 10000 ariko abagura amatike mbere baratanga 8000 gusa.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) hamwe n’akarere ka Rubavu tatiki 19/10/2012 bahuye n’ubuyobozi bwa Diocese ya Nyungo kugira ngo babafashe kubona ahimurirwa urwibutso rwa Nyundo rwangijwe n’amazi.
Umukobwa w’imyaka 19 witwa Philomene Tuyisenge yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Nyarugenge tariki 17/10/2012 akurikiranweho kubikuza cheque y’ibihumbi 200 ya nyiri iduka rya Quincallerie Eco-Marche.
Kayitesi Felicité w’imyaka 22 wiga mu mwaka wa gatandatu ku Ishuri Ryisumbuye rya Nkunduburezi rya Janja yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke tariki 18/10/2012 akurikiranweho gukuramo inda ku bushake.
Itsinda ry’intumwa za rubanda zo muri komisiyo y’ubukungu mu nteko ishinga amategeko zimaze iminsi itanu zumva ibibazo abaturage bafite ku bijyanye n’ubutaka n’imiturire mu karere ka Kayonza.
Ncunguyinka Emmanuel na mugenzi we Nambajimana bose bafite ipeti rya kaporari basesekaye ku butaka bw’u Rwanda ku mupaka wa Rusizi ku mugoroba wa tariki 19/10/2012, nyuma y’imyaka 18 bibera mu mashyamba ya Congo mu mutwe wa FDLR.
Urukiko rukuru rwa gisirikare rwahanishije private Baziruwiha Donath igihano cyo gufungwa burundu no kwamburwa impeta za gisirikare nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abigambiriye Gihozo Mignone tariki 07/10/2012.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye urubyiruko rw’abanyeshuri biga muri za kaminuza n’amashuri makuru byo mu Rwanda no mu bihugu bituranyi, kwiga ibibashoboza kwibeshaho, badategereje inkunga y’ahandi, ifatwa nk’intandaro yo gusuzugurwa kw’Abanyafurika.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Binagwaho Agnes arahamagarira abakozi bo muri serivisi z’ubuzima kurushaho gutanga serivisi nziza anasaba ababyeyi n’abana guhora bazirikana isuku ku mubiri.
Nubwo ikipe y’u Rwanda yatsinzwe igitego 1-0 mu mukino ubanza wabereye i Gaborone, umutoza wayo Rchard Tardy afite icyizere cyo gutsinda Botswana mu mukino wo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika uzabera kuri stade Amahoro tariki 20/10/2012.
Mu gihe shampiyona ya Basketball mu rwego rw’abagabo igeze ku munsi wa gatanu, shampiyona y’abagore yagombaga gutangirira rimwe yo kugeza ubu ntabwo iratangira kubera ibibazo bitandukanye harimo n’icy’ibibuga byo gukinirwaho.
Nyuma yo kutitwara neza mu gikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 cyabereye muri Mozambique muri Kanama uyu mwaka, Ishyirahamwe ry’umukino wa basketball mu Rwanda (FERWABA) ryafashe icyemezo cyo gusezerera umutoza Nenad Amanovic.
Ku mugoroba wa tariki 18/10/2012, imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya sosiyete itwara abagenzi ya Kigali Safaris yagonze umunyegari mu Kagali ka Rusagara, urenze gato Umujyi wa Gakenke, ahita yitaba Imana.
Samsung yatsinze Apple mu rukiko rwo mu bwongereza nyuma y’uko Apple itanze ikirego ko Samsung yiganye iPads zayo igakora Galaxy Tab zisa nayo. Apple yategetswe gusaba imbabazi ibinyujije mu kwamamaza.
Bamwe mu baturage baturiye imihanda inyura mu makaritsiye agize akarere ka Gasabo, bagira uruhare rwo gutuma imihanda yabo yangirika bitewe no kudatega amazi y’imvura amanuka mu mazu, nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi w’akarere ka Gasabo, Willy Ndizeye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu by’umwihariko umurenge wa Gisenyi buranenga igikorwa cy’amasosiyete yamamaza ibikorwa byayo akoresheje gusiga amarangi y’ibara ryayo ku mazu aho buvuga biri guhindanya umujyi ndetse bikaba n’uburyo bwo gukwepa umusoro utangwa ku byapa byo kwamamaza.
Ubusanzwe Abanyarwanda bakunze kurangwa n’umuco wo gutabarana, ariko bitewe n’amafaranga uyu muco urasa nkaho ugenda uyoyoka mu duce tumwe na tumwe tw’igihugu.
Macumi Azalias w’imyaka 26, yashatse gutema abapolisi n’abaturage tariki 18/10/2012 ubwo ba muhigaga aho yari yihishe mu ishyamba ariko ntibyamuhira kuko yahise araswa akagwa aho.
Umkinnyi wa filime, Sylvia Kristel, wamenyekanye cyane ku izina rya Emmanuelle yitabye Imana mu ijoro rishyira tariki 18/10/2012 ku myaka 60 y’amavuko azize indwara ya kanseri yo mu muhogo.
Kigali Bus Services yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikipe ya Etincelles FC mu gihe cy’umwaka yatangiye tariki 18/10/2012.
Hakizimana Vianney w’imyaka 48 na Sinzinkayo Felix w’imyaka 41 bafatiwe mu murima w’urumogi ufite ubuso bwa metero kare eshatu mu kagari ka Kizura, murenge wa Gikundamvura mu karere ka Rusizi tariki 17/10/2012.
Inzu abana b’uwitwa Maniraho Joseph basigiwe na se wari utuye ahitwa mu Gahenerezo mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye yatejwe cyamunara hagamijwe kwishyura uwitwa Nyiratabaro Veronika ku bw’urubanza yaburanye na se mbere y’uko yitaba Imana.
Ubushakashatsi bwakozwe na Intégrale sur les Conditions de Vie des ménages (EICV) bwagaragaje ko akarere ka Bugesera kari ku isonga mu kugira abantu bake batazi gusoma no kwandika bakuze.
Abagenzi bakoresha umuhanda Rusumo-Ngoma-Kigali batega imodoka za Sotra barinubira ko hari imdoka z’iyi agence zigenda zihagarara mu nzira zishyiramo abagenzi nka twegerane.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Binagwaho Agnes, yashimye ubuyobozi bw’ibitaro bikuru bya Kibuye kubera isuku isigaye ibiranga na serivisi zihatangirwa.
Inzego z’umutekano mu karere ka Rubavu zihangayikishijwe n’ikibazo cy’ingabo za Congo zigabije ubutaka butagira uwo buharirwa hagati y’imipaka y’ibihugu bwitwa zone neutre.
Kuri uyu wa 18/10/2012, U Rwanda rwatorewe guhagararira Afurika mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi, muri manda izamara imyaka ibiri. Ako kanama niko gafata ibyemezo bikomeye mu kubungabunga amahoro ku isi yose.
Kuri uyu wa kane tariki 18/10/2012, Urukiko rw’ikirenga rwanzuye ko amategeko ahana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside atanyuranije n’itegeko nshinga, nk’uko Victoire Ingabire yari yarabijuririye mu rukiko rukuru bigatuma urubanza rutinda kurangira.
Mu ishuri rya Gisirikare i Gako mu karere ka Bugesera kuwa 18/10/2012 hafunguwe ku mugaragaro imyitozo ziswe Ushirikiano Imara izamara ibyumweru bibiri yitabiriwe n’abasirikare, abapolisi ndetse n’abasivili bo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC).
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibidukikije (REMA) kigiye gushyiraho stations 22 zizafasha mu bikorwa byo gupima iteganyagihe mu gihe kirambuye. Izo stations nshya zizaba zifite ubushobozi bwisumbuye ugereranyije n’izisanzwe mu gihugu.
Abayobozi b’indendembo z’itorero rya ADEPR mu Rwanda hose ndetse n’ubuyobozi bw’iri torero barasaba Leta ko yabafasha guca abiyita abahanuzi biyitirira iri torero kandi ataribo.
Uwera Marcelline wo mu Murenge wa Rusatira yishimira jumelage (ubufatanye) bw’umurenge avukamo n’igihugu cy’Ububirigi kuko bwamubashishije kurangiza amashuri yisumbuye na kaminuza, none ubu ni umwarimukazi mu rwunge rw’amashuri Kacyiru II.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuli abanza n’ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias ngo yatangiye kwimenyereza umwuga wo kwiga kogosha abitewe nuko ngo nta mwuga n’umwe usuzuguritse ubaho.