Ngororero: Nyuma y’imyaka 19 atava mu rugo, yabonye igare ryatumye agera ahagaragara

Ntaganzwa Faustin w’imyaka 61 y’amavuko akaba yaracitse akaguru n’akandi kakaba kadakora ndetse n’amaboko yombi ntakore, arashimira ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bwamuhaye igare agenderamo nyuma y’imyaka 19 yari amaze atava mu nzu.

Ntaganzwa aganira n'umuyobozi w'akarere kuri uyu wa gatanu yaje kumushimira ko ubuyobozi bwamuhaye akagare ko kugenderamo.
Ntaganzwa aganira n’umuyobozi w’akarere kuri uyu wa gatanu yaje kumushimira ko ubuyobozi bwamuhaye akagare ko kugenderamo.

Ubwo twamusangaga ku gicumbi cy’akarere ka Ngororero mu gitondo cya tariki 05/04/2013, Ntaganzwa n’ibyishimo byinshi yagize ati:”Ubu ndishimye cyane kuko niboneye Meya n’abandi bayobozi badutekerezaho umunsi ku munsi bakaba baranampaye iri gare ari naryo ryanshoboje kugera hano”.

Iki gikorwa cyabaye nyuma y’uko umukozi ushinzwe kwita ku bantu bafite ubumuga asuye uyu musaza iwe mu rugo akamugezaho icyifuzo cy’uko akeneye igare byibura ryajya rimugeza ahagaragara akanareba imisozi bikamumara irungu, nawe akageza icyifuzo cye ku buyobozi bw’akarere.

Ntaganzwa Faustin ari iwe mu rugo mbere atarabona akagare.
Ntaganzwa Faustin ari iwe mu rugo mbere atarabona akagare.

Umuyobozi w’akarere yadutangarije ko yashimishijwe no kubona Ntaganzwa yizanye ku kicaro cy’akarere kandi atavaga mu nzu, maze amushima ubwo butwari ndetse anavuga ko akarere kazakomeza kumuba hafi ndetse no kumufasha binyuze no mu zindi gahunda z’iterambere.

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

njyewe nifuzako mwazakora ubushakashitsi kubinjyanye nabarozi (ABAROZI) nasanze nabo badindiza Igihugu ndashaka kuvuga ko hari abantu benshi basubizwinyuma nabarozi URUGERO: IBAROZI BICA ABANTU BENSHI UDAPFUSHIJE AMARIRA AMAFARANGA MUKUVUZA UWAROZWE BIGATUMA WAWUNDI WIRIRWA YIRUKA NGO ARIKUVUZA UDUFARANGA TWAMUTEJE IMBERE AKATUMARIRA MUBAPFUMU. NDABINGINZE MUZAGERAGEZE MURAKOZE

Nshimiyimana Pontien yanditse ku itariki ya: 6-04-2013  →  Musubize

ni byiza kwita ku babana n’ubumuga.

Claudine yanditse ku itariki ya: 6-04-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka