Ngoma: Kizito Mihigo yabasusurukije anabakangurira kuzitabira amatora
Abinyujije mucyo yise “umusanzu w’umuhanzi mu burere mboneragihugu ku matora”, umuhanzi Kizito Mihigo ku bufatanye na komisiyo y’igihugu y’amatora, yataramiye Abanyangoma tariki 16/06/2013 abakangurira kwitabira amatora y’abadepite yo muri Nzeri 2013.
Ubutumwa Kizito Mihigo yabutanze mu ndirimbo ze ndetse no mu ijambo yagejeje ku bari ku kibuga cy’umupira cya Paroisse Gatorika ya Kibungo. Mu ijambo rye Mihigo Kizito yabwiye Abanyangoma ko amahoro atari ikintu kizana ahubwo ko aharanirwa, ko buri wese abigiramo ururhare.
Yagize ati “Amahoro abaho kuberako buri wese yagize uruhare mu kuyubaka, buri wese afite ikintu agomba gukora. Amahoro ntiyizana araharanirwa. Kimwe mubyo tugombwa ni ukwishyiriraho abayobozi beza.”

Umuhuzabikorwa w’akomisiyo y’amatora n’uburere mboneragihugu mu turere twa Kayonza na Ngoma, Mukabagirishya Constance, yavuze ko imyiteguro ku gukangurira Abanyangoma kuzitabira amatora bayigeze kure.
Yagize ati “Tumaze guhugura inzego nyinshi, abanyamashyaka, abavuga rikijyana n’abandi kugikorwa cyo kwitabira amatora y’abadepite. Abandi bantu nabo tubakangurira kuzatora ingirakamaro binyuze mu bitaramo nk’ibi bibakurura tukabaheramo ubutumwa.”
Abitabiriye iki gitaramo cyitabiriwe n’abahanzi nk’Ama G The Black, Sofiya ndetse na Kizito nyuma yo guhabwa ubutumwa ku matora n’uruhare rwabo kugirango azagende neza, babajijwe ibibazo bitandukanye maze abatsinze bagahabwa ibihembo.
Jean Claude Gakwaya
Inkuru zijyanye na: Kizito Mihigo
- Iperereza rya RIB ku rupfu rwa Kizito Mihigo ryagaragaje ko yiyahuye
- Kizito Mihigo yapfuye yiyahuye - Polisi
- RIB yemeje ko Kizito Mihigo yatawe muri yombi
- Amashimwe ni yose kuri Kizito na Ingabire Victoire bakijijwe Gereza
- Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bahawe imbabazi
- Kizito Mihigo yasabiwe gufungwa burundu
- Mama wa Kizito Mihigo ntabwo arwaye
- Kizito n’abo baregwana ibyaha by’iterabwoba n’ubugambanyi bakatiwe gufungwa iminsi 30
- Kizito Mihigo nabo bareganwa bireguye ariko bataha batazi niba bazafungwa iminsi 30
- Minisitiri Mitali yagize icyo atangaza ku itabwa muri yombi ry’umuhanzi Kizito Mihigo
- Kizito Mihigo ariyemerera ko yakoranaga na RNC na FDLR
- Umuhanzi Kizito Mihigo arakekwaho ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu
- Kirehe: Kizito Mihigo yakoze igitaramo cyo gutegura amatora y’abadepite
- Kizito Mihigo, Sophia na Fulgence basusurukije Abanyagakenke
- Nyamagabe: KMP irasaba urubyiruko kugira umuco w’amahoro n’ubwiyunge
- Ubumuntu ntibugomba gupfobywa n’ubumuga-Umuhanzi Kizito Mihigo
- Kizito Mihigo yashyize ahagaragara indirimbo yahimbiye ikigega AgDF
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|